Ku itariki ya 25 Ugushyingo 2012, mu karere ka Ngororero ni bwo bizihije isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR Inkotanyi umaze ushinzwe, ibirori bibera mu murenge wa Kabaya.
Inzego zitandukanye z’umuryango FPR Inkotanyi harimo abaturutse ku rwego rw’igihugu, Intumwa za Rubanda Amiel Ngabo na Christine Mukarubuga, umukuru w’umuryango mu rwego rw’akarere Gédeon Ruboneza, bari muri ibi birori.
Nyuma y’ibirori byaranzwe n’imikino y’ababana n’ubumuga, imbyino z’itorero n’iz’abahanzi batandukanye, habaye imurikabikorwa rya bimwe mu bimaze kugerwaho n’Umuryango ryateguwe n’urugaga rw’abikorera mu karere ka Ngororero. Habayeho no kuremera abatishoboye, bahabwa inka enye.
Muri byinshi byagaragajwe ko byagezweho, harimo inzu zubakiwe abatishoboye, amatungo yatanzwe, amashuri n’imihanda yubatswe, Guest House, ibishushanyo mbonera by’umujyi w’akarere n’imidugudu, amazi meza kugeza ubu ari kuri 65% no gutura mu midugudu biri kuri 53%.
Umukuru w’umuryango ku rwego rw’akarere Ruboneza Gedeon yasabye abanyamuryango kurangwa n’ubufatanye, asaba kandi inzego zibakuriye kujya zihora zibagira inama zabafasha kurushaho kwiyubaka.
Intumwa ya Rubanda Amiel Ngabo, yasabye abanyamuryango gukomera ku gaciro no kurushaho kubaka umuryango, ariko kandi barushaho kubaka abanyarwanda muri rusange.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |