Kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Ukwakira 2012, Perezida Kagame yagiranye ikiganiro n’abanyeshuri bo muri za Kaminuza n’amashuri makuru 32 yo mu Rwanda aho yabibukije ko batagomba kuba amafarasi ahubwo bagomba guharanira kuyagenderaho.
Iki kiganiro cyiswe "Meet The President" gifite insanganyamatsiko igira iti "Umurage wo kwishakamo ibisubizo" (A Legacy of Self Reliance) cyatekerejweho n’abanyeshuri bo muri za Kaminuza n’amashuri makuru yose yo mu Rwanda binyuze mu mashyirahamwe yabo.
Mu ijambo rye Perezida Kagame yabanje gushimira uru rubyiruko kuba rwaragize iki gitekerezo kandi bagahitamo insanganyamatsiko ifite icyo ivuze gikomeye.
Yababwiye ko ari bo bayobozi b’ejo hazaza kandi bagomba kwita ku bivugwa k’u Rwanda bakaba aba mbere kuvuga ukuri ku bibera mu Rwanda.
Yagize ati "Mugomba guharanira kugendera ku ifarasi aho kuba yo. Ntimukemere ko muba abaturage b’isi bo ku rwego rwa kabiri ngo mutume abo munganya ubushobozi n’ubumenyi babatsikamira."
Perezida Kagame yibukije urubyiruko ko ntawe ubarusha igihugu cyabo dore ko abakivuga uko bashatse ahanini baba kuri yacyo, bityo abasaba gufata iya mbere mu kubamagana kandi bakishakamo ibisuzizo ubwabo badategereje ababafasha.
Mu bitabiriye iki kiganiro harimo kandi abanyeshuri baturutse mu bihugu nka Haiti, u Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Sudani y’Epfo biga mu Rwanda.
Abitabiriye iki kiganiro bagize umwanya wo kubaza ibibazo bitandukanye ndetse n’abatari muri Petit Stade babashije kunyuza ibibazo ndetse n’ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga za Twitter na Facebook.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |