IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Nyabugogo : Ishyari n’uburakari byamuteye guta umwana wa mukuru we mu ruzi


Yanditswe kuya 1er-10-2012 - Saa 06:30' na Gaston Rwaka

Mu murenge wa Kanyi, Akagari ka Nzove, umukobwa w’imyaka 20 y’amavuko yataye umwana wa mukuru we w’imyaka igera kuri 2 mu ruzi rwa Nyabugogo na we ashaka kumukurikira mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Ukwakira.

Abasore bakiniraga ku ruzi rwa Nyabarongo ni bo babaye urwa mbere kubona umukobwa usa n’aho yarohamye ariko nyuma ye babona n’umufuka w’umweru ureremba hejuru y’urwo ruzi.

Bahise bihutira gukuramo uwo mukobwa bitegereje uwo mufuka w’umweru bahita babona n’umurambo w’umwana ukiri muto.

Abo basore bakimara kubona ayo mahano bahise batabaza Polisi y’igihugu n’ubwo yasanze uwo mwana witwa Shaniya amaze gushiramo umwuka.

Uwo we mukobwa yajyanywe mu bitaro agifite umwuka wose.

Abaturanyi babonye ayo mahano batangarije IGIHE ko umukobwa wataye umwana mu ruzi yari asanzwe afitanye amakimbirane na mukuru we kuko ngo yamucaga inyuma agakorana imibonano mpuzabitsina n’umugabo we.

Abo baturanyi bavuga kandi ko umukobwa ashobora kuba yabitewe n’uburakari bwaturutse ku mpamvu z’uko mukuru we aherutse kumwiyama amuhora kumuca inyuma aryamana n’umugabo we.

IBITEKEREZO
ndagirinama abagabo bose muri rusange mwige kunyurwa n'abafasha banyu (abadamu banyu) ibyo bizabafasha kugabanya imvururu mungo zanyu bibubakire imiryango aho kuyimarira muruzi hejuru y'akamanyu k'umutsima ubu se uyu muziranenge ntazize ubusa kweri ?mwabakobwa mwe, namwe mugerageze kwiheshagaciro selon Muzehe,gusa ako kamalayika imana igahe iruhuko ridashira.
Musubize28.10.2012 saa 04:29
IIIIIIIIIIIII
Abagore bagira ingeso yo gukurura barumuna babo aho bashatse mungo zabo nyamara wowe mugabo ntu shobora kuzana mushikiwawe murugo .umugore arara amumenesheje wava kukazi ibirego bya mushikiwawe or murumuna wawe bikagutanga kurugi .ukagira ngo niyo karibu umugore yakaguhaye .ubundi iyo umugabo ashaka kwirukana murumuna wumugorewe .aramusambanya .umugore iyo abibonye ntakindi akora nukumwirukana .agasigarana .amahoro murugorwe uwose yaramwiyamaga none icyo yungutse nicyo .gusa tubabajwe nurwo ruhinja rwinzira karengane .imana izaruhe ijuru
Musubize2.10.2012 saa 08:45
BBBB
abagore bafata ibyemezo bahubutse imana ikwiye kubaba ba rira kuko baba ngamira abana bere yabyose
Musubize2.10.2012 saa 03:17
jafonda
Aliko se ko mutatubwira amazina yaba bagore nuyu mugabo. Iyi nkuru ntabwo isobanutse neza, kuko batatubwiye amazina yaba bantu, ngo tubamenye ndetse tujye tunabitondera.
Musubize1er.10.2012 saa 08:06
GASAGARA Venant
uyu mugabo se we uheheta muramu we koko ubu yungutse iki ? afite umugore we yarangiza akanandavura kuri murumuna we kandi ariwe wakabaye amuha impanuro, none bikubitiyemoo kubura numwana we yibyariye kubera ubuhehesi, isubireho ureke ibyo, kimwe nabandi bose bakora nkawe....
Musubize1er.10.2012 saa 07:32
reka ubusambanyi
Bantu mu kigendera mu ngeso z'ubusambanyi mushatse mwabireka kuko ubusambanyi buteza amakimbirane, inzangano, ibyago n'ubwicanyi. Abari muri iyo ngezo mbi, musabe Umwami Yesu ababohore iyo ngoyi ya Satani. Kandi nanone unesheshe iki icyiza. Yankoreye ibi na njye nzamukorera ibi, ushobora kumwitura inabi akaba ari wowe igaruka undi yigaramiye. Mukizwe wa banyabyaha mwe, agakiza ni ubuntu.
Musubize1er.10.2012 saa 07:01
Jean Paul
nubwo umugabo we yamuca inyuma ntabwo yahohotera uwo mwana wimyaka 2 kuko ntacyo abazi ninzirakarengae kd uwo mukuruwe na bashobora kuba bafitanye andi makimbirane atari umugabo gusa ? ntabwo wambwira ko bapfuye umugabo gusa niwe uryoherza kurusha abandi !!!!!!!!!!!!!!!, ni muvuge izana ryange.
Musubize1er.10.2012 saa 06:46
mutabazi clement
kontabona comment maze kubandikira ?
28.10.2012 saa 04:33
iiiiiiiiiiiiiiiiii

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!