IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Nyagatare : Urujijo ni rwose ku ntandaro y’urupfu rwa Maniragena Olive


Yanditswe kuya 15-10-2012 - Saa 02:43' na IGIHE

Ikizamini cya muganga cyonyine ngo nicyo kiribukemure impaka ku cyabaye intandaro y’urupfu rwa Maniragena Olive w’imyaka 27 y’amavuko wabonywe mu gitondo cyo kuwa 13 Ukwakira yapfuye n’ubwo yari yaraye mu buriri bumwe n’umugabo we. Ibi abaturage b’umudugudu wa Mirama ya 2 babishingira ku kuba uyu nyakwigendera ku munsi wabanjirije urupfu rwe yari yiriwe mu kazi ndetse agataha ari muzima.

Nk’uko byemezwa n’abaturanyi ndetse n’abari birirwanye nawe, uyu nyakwigendera yiriwe mu kazi ndetse agera mu rugo iwe ari muzima. Murebwayire Diane nyiri inzu uyu nyakwigendera yabagamo yemeza ko uru rupfu rwamutunguye kuko ngo mbere y’uko bajya kuryama bavuganye ndetse akamusiga hanze atetse ahagana mu masa mbiri z’ijoro.

Kuba yaririwe ari nta burwayi afite kandi byemezwa n’umugabo we Twagirayezu J.Claude wivugira ko yageze iwe saa mbiri z’ijoro agasanga umugore atetse. Gusa ngo baganira yamubwiye ko arwaye umutwe ndetse akagira n’isereri.

Uyu nyakwigendera rero ngo yaje guheka umwana we yonsoga ajya ku buriri ariko ngo nyuma y’akanya gato umugabo nawe yumva agize isereri asanga umugore mu buriri. Ngo ahagana saa munani z’urukerera nibwo uyu mugabo yicuye akura umwana mu mugongo wa nyina ariko ntiyamenya ko nyina yashizemo umwuka. Gusa ngo iyi ndwara yayigiraga n’ubwo bitari kenshi.

N’ubwo umugabo we yemeza ko hashize igihe umugore we ndetse n’umwana barwaye indwara nk’iyi akeka ko ari amarozi byo nta bivugaho rumwe n’abavandimwe ba nyakwigendera kuko bo bemeza ko niba ibi byarabaye ngo ubwo byatangiye ari uko ashatse. Hari ariko n’abemeza ko ari rwangendanye kuri uyu muryango dore ko ngo n’umugabo adasiba gukora impanuka za moto akoresha nk’umumotari.

Aya marozi akekwa cyangwa uburwayi bw’isereri ndetse n’umutwe, bwo ntibuvugwaho rumwe n’abaturanyi b’uyu muryango. Aho bo bahamya ko bategereje igisubizo cya muganga nyuma yo gusuzuma umubiri wa nyakwigendera.

Twashatse kumenya niba nta makimbirane yarangwaga muri uyu muryango ariko yaba abaturage ndetse n’ubuyobozi bose baraduhakanira. Ari nayo mpamvu urupfu rwa nyakwigendera rwakomeje gutera urujijo.

Habimana Twayib uzwi ku izina rya Job, Umuyobozi w’Umudugudu wa Mirama ya kabiri avuga ko akimenya uby’uru rupfu yihutiye kuhagera ariko ngo ibyo yabwiwe byose nta gisobanutse cyarimo. Naho kubijyanye n’amarozi ngo nawe arabyumva uretse ko atabyemeza.

Ku Gatandatu umubiri wa nyakwigendera wari wagejejwe ku bitaro bya Nyagatare kugira ngo usuzumwe hamenyekane icyamwishe, naho umwana we w’umuhungu w’umwaka 1 yapfuye ahetse kuri ubu ari kuvurirwa kuri ibi bitaro. Maniragena Olive apfuye afite imyaka 27 y’amavuko akaba asize abana 2 umukuru akaba afite imyaka 2 n’igice ndetse n’umugabo.

Orinfor

IBITEKEREZO
Nibyo koko ko iyo umuntu apfuye urutunguranye nkurwo hakwiye gukorwa ibizami bigaragaza ikimwishe. Ariko societe yacu imaze kwangirika cyane. Birasanzwe kandi ntaho bitaba ko umuntu ashobora kuryama ari muzima bugacya yapfuye. Umubiri ukora ukwawo. Ikibabaje ni uko aho kugira ngo bafate mu mugongo uwabuze umufasha bihutira kumusonga bamushinja urupfu rwe kandi nyine ibizamo byo kwa muganga bitaragaragaza icyo umuntu azize. Ibyo bizana urwikekwe rukabije cyane mu muryango no mu baturanyi, ku buryo nubwo ibizami byaza bigaragaza ko uwapfuye yazize urw' ikirago umuryango utaba ucyongeye kubana neza. Ni ngombwa cyane ko abaturage twigishwa naho ubundi twazashiduka byaradukomeranye.
Musubize16.10.2012 saa 05:30
h
Njyewe icyo nabwira abanyarwanda : tugomba kureka iriya mitekerereze ishaje y'amarozi. ntabwo mpakana ko amrozi atabaho. ariko kuvugako TWAGIRAYEZU jean claude yahoraga akora impanuka ya moto kubera amarozi ntabwo mbyemera ( ashobora no kuba ari umusinzi ! ).naho biriya byo kurara uhetseumwana byo birantangaje ntanubwo byumvikana.tubirekere abaganga bazatubwira icyishe MANIRAGENA olive.
Musubize15.10.2012 saa 13:26
papy
Umuntu se ashobora kuryama ahetse numwana gute ?!!!!!!!!!! Mwabyanditse nabi cyangwa nibyo mwabwiwe koko ! uwo mugore ndumva yaba adasanzwe cg hari ibindi byaba bimukoresha !
Musubize15.10.2012 saa 06:02
df
Birashoboka cane ! Abagore twaragowe hari igihe umwana anga kurama ari kwiriza kdi nawe unaniw ukamuheka ukaba wrambitse mu buriri ariko icyo gihe wubika inda !!!!
15.10.2012 saa 14:57
ana
Barebe ibyo bari bafunguye uwo musi. Niba umugabo n'umugore baragize isereri bashobora kuba barariye ibyahumanyijwe(intoxication alimentaire).
Musubize15.10.2012 saa 05:58
Dusabe
Mbere ya byose musabiye impuhwe n' imbabazi by'uhoraho amubabarire amwakire mu be, kdi Imana yorohereze abo bana babaye imfubyi ari ibibondo ndetse nu wo mugabo wiyangane kdi akomere ni yo nzira ya twese.
Musubize15.10.2012 saa 05:29
Liliane
Ko numva uru rupfu ari urijijo, ngo yahetse umwana ajya kuryama ? ngo ahagana murukerera umugabo yakuye umwana mu mugongo wanyina asanga nyina yashizemo umwuka, nonese umu mama ashobora kuryama ahetse umwana ? Ikindi ngo Umugore yagize iseseme, ngo nyuma n'umugabo agira iseseme, yewe byakizwa na muganga naho ubundi n'akumiro pe !
Musubize15.10.2012 saa 04:15
sentama
arikose icyidashoboka niki ?
15.10.2012 saa 07:27
eugene ngarukiye
Buriya rero kubura umuntu birababaza, kandi ikindi iyo bagukekera ko wamwivuganye, bibabza kurushaho. nihakorwe iperereza ariko abaturage ntibakihutire gukwiza inkuru no gukekakeka bataramenya impamvu. None se uwo mwana we uvurwa yaba arwaye iki ?
Musubize15.10.2012 saa 03:28
Mahoro
AYA YO NI AMAYOBERA KUKO MU CYARO BIRAZWI KENSHI KO BAROGA ARIKO NA NONE NTA WABYEMEZA.GUSA IMANA IMUHE IRUHUKO RIDASHIRA.
Musubize15.10.2012 saa 03:20
ALINE

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!