IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Nyamagabe : Abahinzi bataburuye imbunda ebyiri


Yanditswe kuya 29-10-2012 - Saa 08:22' na Emmanuel Kanamugire

Mu cyumweru gishize, mu mudugudu wa Nyamigina, Akagari ka Gakoma mu murenge wa Tare, abaturage bataburuye imbunda ebyiri mu murima ubwo barimo bahinga.

Kamasa Ignace, Umukozi ushinzwe umutekano mu karere ka Nyamagabe, yatangaje ko izi mbunda zo mu bwoko bwa SMG, zari hamwe na magazine zazo ebyiri zuzuye amasasu n’andi 70 afunze mu ishashi zabonywe n’uwitwa Nzeyimana Félécien w’imyaka 57 na Shumbusho w’imyaka 38.

Kamasa yavuze ko zavumbuwe mu murima w’uwitwa Hafashimana Cyriaque uherereye mu gishanga cyo muri uwo mudugudu, ubwo aba bagabo barimo bahinga.

Nk’uko urubuga rwa inteneti rw’Akarere ka Nyamagabe rwabitangaje, nyir’uyu murima nawe ntiyari azi ko izi ntwaro zitabye mu murima we kuko ataherukaga kuwuhinga vuba.

Kuba ibice bikoze mu giti bigize izi mbunda byari byaraboze, kuba kandi ingese zarariye izi mbunda ku buryo nomero zazo zitagaragaraga, ni bimwe mu bimenyetso byerekanye ko zishobora kuba zari zimaze igihe kirekire zitabye.

Izo ntwaro zashyikirijwe Burigade ya 307 ikorera mu karere ka Nyamagabe.

IBITEKEREZO
Imana ishimwe ubwo zashyikirijwe ababishinzwe
Musubize29.10.2012 saa 10:35
kk
Ubwo muzi ibyakoraniye ku Gikongoro mu 1994 (dore ko hari Reta yigenga) ? Imbunda zari nyinshi bica bagakiza
Musubize29.10.2012 saa 09:14
Las
Iyi Nkuru Irashaje
Musubize29.10.2012 saa 08:42
ryanga

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!