IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Nyanza : Uruhinja rumaze amezi 3 rucumbikiwe mu bitaro kubera nyina ufite uburwayi bwo mu mutwe


Yanditswe kuya 19-08-2012 - Saa 00:46' na Kwizera Emmanuel

Mu bitaro bya Nyanza harimo uruhinja ruhamaze hafi amezi atatu, aho rucumbikiwe n’ibi bitaro ku mpamvu z’uko nyina warwibarutse uzwiho uburwayi bwo mu mutwe yari yaratangiye kurufata nabi, dore ko ngo yari yaranatangiye gushaka kujya aruha urwagwa rukimara kuvuka.

Uyu mwana w’umuhungu yabyawe na Murekatete Mariya ku itariki 26 Kamena 2012, nyuma ngo yatangiye kujya amufata nabi amuha ibyo adakwiriye guhabwa, bituma ibi bitaro bigira icyifuzo cyo kumurera mu gihe nyina agifite ubwo burwayi nk’uko Umutesi Placidie Ushinzwe Umutungo n’Abakozi muri ibi bitaro abyemeza.

Uyu mwana arererwa mu bitaro mu gihe agitegereje umugiraneza wahamukura

Mu kiganiro na Umutesi yagize ati : “Umwana dufite ntabwo yigeze atabwa ahubwo nyina wamubyaye kuko agira uburwayi bwo mu mutwe(abana nabwo), yashatse kumujyana tubonye atangiye kumuha inzagwa n’ibindi turamumusaba tumugumana mu bitaro kugira ngo tumufate neza, mu gihe tugitegereje ko hagira umuntu waza kumusaba ngo amurere nk’uko bisanzwe bigenda no ku bandi. Yaramubyaye aramusohokana, turamumwaka biba ngombwa ko tumumukuraho twe turamugumana ubu turamufite nta kibazo afite”.

Yitabwaho n'abaforomokazi

Akomeza avuga ko uyu mwana uri mu maboko y’ibitaro, ahabwa ibyo akeneye byose n’ibi bitaro birimo kuba ahabwa amata, gukingizwa no gukorerwa ibindi byose by’ibanze umubyeyi akorera umwana aho yitabwaho n’abaforomokazi, ariko kuko atabikuriramo niyo mpamvu basabye Akarere ka Nyanza ko kabashakira umuntu ufite ubushake n’ubushobozi bwo kumurera atajyanywe mu kigo kirera abana.

Photo : K2D

IBITEKEREZO
Imana ibahe umugisha kandi mwinshi cyane !!none mwatubwira ibisabwa kugirango umuntu wifuza kuba yarera uwo mwana abe yamuhabwa mudufashe dufashanye turere u Rwanda !!!please muduhe adress zanyu ????
Musubize21.08.2012 saa 01:42
#####
Mwagize neza mwa mfura z'i NYANZA mwe ! Imana ikomeze ibasenderezeho imigisha myinshi.
Musubize20.08.2012 saa 12:57
Mfuranzima
Aba baforormo nibatubwire niba baributse gufasha Mariya ngo atazongera kubyara umwana adashobora kurera, niba bitarakozwe ndabibukije !!!
Musubize19.08.2012 saa 18:07
######
Nubwo igikorwa atari kibi ariko ibitaro bya Nyanza bigomba gushaka igisubizo kirambye kuko ibitaro bidasimbura umuryango : *niba nyina afite uburwayi bwo mu mutwe uwo mwana afite se, nashakishwe ku bufatanye na polisi amurere ni inshingano ye ; *igihe se agishakishwa Mariya afite umuryango avukamo kandi urazwi, abo nibo baza bwa 2 mu kumubera umubyeyi akarererwa mu muryango kuko ari naho hari umutungo(isambu) wari kumufasha kumurera iyo atagira uburwayi.
Musubize19.08.2012 saa 18:03
######
Mubyukuri bakoze igikorwa cyiza.
Musubize19.08.2012 saa 11:38
Leo
Imana ibahe umugisha kandi mbonyeko murwanda hakiri abantu bafite imbabazi nari nziko ntabakibaho none muranejeje namwe izabibuke
Musubize19.08.2012 saa 09:52
ngweso
ni ibihe bikenerwa cg ngomba kuba nujuje kugirango umuntu abe yamuhabwa munsobanurire uko bigenda,murakoze
Musubize19.08.2012 saa 09:39
pamela
ntakindi nabifuriza uretse umugisha w'Imana
Musubize19.08.2012 saa 02:09
didi
ntakindi nabifuriza uretse umugisha w'Imana
Musubize19.08.2012 saa 02:09
didi

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!