Hano hari amata na fanta bikonje ku giciro cyiza, aha hari capati n’ibishyimbo bya make, ducuruza amatelefoni agezweho kandi ahendutse, ibi byapa byanditseho ibi ni bimwe mu birebwa n’amabwiriza ajyanye no gusoresha ibyapa mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.
Ubuyobozi bw’aka Karere buratangaza ko abakoresha ibyapa byamamaza n’iminara y’itumanaho biri aho bakorera ko bagomba kubyishyurira imisoro. Aya mabwiriza arareba za butiki, resitora, alimentations, n’izindi nyubako z’ubucuruzi.
Abacurazi bo bemeza ko batari bazi ko ibyo byapa bisanzwe bisorerwa, uretse ibyapa binini basanzwe babona byamamaza kenshi ibikorwa by’amasosiyete akomeye.
Amakuru dukesha ORINFOR, avuga ko kuri uyu wa Kabiri aribwo abakozi b’Akarere ka Nyarugenge babyukiye mu gikorwa cyo kwibutsa abafite ibikorwa bw’ubucuruzi bafite ibyapa byamamaza n’abafite iminara y’itumanaho hejuru y’inyubako zabo, ko batangira babisorera.
Abafite ibyo bikorwa bisoreshwa, batangaje ko batunguwe n’iki cyemezo, kuko bemeza ko batari bazi ko bagomba gusorera ibyo byapa cyangwa iminara yabo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge Uwimana Jean Pierre, yasobanuye ko iki cyemezo kigamije gushyira mu bikorwa Iteka rya Perezida ryo mu mwaka wa 2012, rishyiraho urutonde kandi rikagena ibipimo ntarengwa by’amahoro ku byapa n’iminara, n’andi mafaranga yakirwa n’inzego z’ibanze, bityo bagasanga abaturage batari bakwiye gutungurwa n’izi mpinduka kuko iyo itegeko ryasohotse mu Igazeti ya Leta nta muntu wavuga ko atarizi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge butangaza ko ibyapa biranga aho abacuruzi bakorera byo bitazajya byakwa amahoro, keretse ibigaragara nkaho byamamaza service zihakorerwa.
Mu busanzwe iminara y’itumanaho yasoreshwaga, ni iminara ishinze ku butaka ariko guhera ubu hagiye kujya hasoreshwa n’iminara imanitse ku nyubako.
Biteganyijwe ko amahoro ku cyapa agomba kwishyurwa ku mwaka amafaranga y’u Rwanda agera ku ibihumbi 20 kuri metero kare 1 y’ubuso bw’icyapa. Naho icyapa kitujuje ubuso bungana na metero kare gisora amafaranga ibihumbi 10 ku mwaka.
Ku bijyanye n’amahoro y’iminara, biteganyijwe ko inyubako imanitseho umunara izajya ibarirwa amafaranga y’u Rwanda igihumbi kuri buri metero y’uburebure (hauteur), naho igice cy’umunara kirenga ku nyubako kibarirwe amafaranga ibihumbi bibiri kuri buri metero.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |