IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Nyuma y’umujyi wa Kigali, urubyiruko rwo mu Majyepfo rwabonye umuterankunga


Yanditswe kuya 13-08-2012 - Saa 09:53' na Deus Ntakirutimana

Nyuma yo gukorana n’urubyiruko rwo mu mujyi wa Kigali urubyiruko rwo mu Ntara y’Amajyepfo rwabonye umuterankunga EDC Akazi Kanoze umushinga w’Abanyamerika wita ku burezi no kwihangira imirimo, ugiye gukorana na rwo mu myaka 2 mu bikorwa byo kwihangira umurimo no kwiteza imbere.

Mbere yo gutangira ibikorwa byawo muri iyi ntara, uyu mushinga wahuguye urubyiruko ruzahugura urundi hagamijwe kwiteza imbere.

Urubyiruko ngo rwagiye rukunda kubona abaterankunga batandukanye babizeza gukorana nabo muri byinshi nyamara ngo batangiranaga gukorana ibikorwa bimwe na bimwe mu minsi mike bigahagarara.

Mizero Jean Felix, umwe muri uru rubyiruko avuga ko urubyiruko rurangwa no kuvanga imishinga myinshi kandi ntirugire icyo rugeraho ariko ngo afite inzozi zo kubona inzu mu minsi mike ahereye ku bworozi bw’inkoko buzamugeza ku kubona inka ari nayo izamufasha kugera ku nzu yifuza ariko ngo mbere yumvaga yazahera ku nka nyamara nta bushobozi bwayo yari afite.

Melanie Sany, umuyobozi wa EDC Akazi Kanoze mu Rwanda avuga ko baje gukorana n’urubyiruko rukivana mu bukene ariko na rwo rugasabwa kwivanamo ubwoba bwo kutitabira imishinga rutinya guhomba, rugatinyuaka gukorana hagati yarwo no kwitabira guhanga udushya.

Imishinga ikorana na EDC Akazi Kanoze ivuga ko usanga nayo igiye guhaguruka igafatanya n’uru rubyiruko ndetse n’ababyeyi barwo kuko usanga ikibazo bafite atari amikoro ahubwo ko babura uko bayabyaza umusaruro.

Urugero ngo ni umushinga HPA uvuga ko ugiye gukorana n’abavumvu muri Nyaruguru aho ubuki bajyaga bagurisha 2000 bagiye kubutunganyirizwa mu nganda nto bazashyirirwaho muri buri murenge bukava ku 2000 bukagurwa 25,000.

EDC Akazi Kanoze yatangiye gukorera mu Rwanda muri Mutarama 2009, itangirira mu mujyi wa Kigali aho ubu wafunguye ishami ryawo mu ntara y’Amajyepfo aho uzakorana n’uturere rwa Nyanza, Nyaruguru Huye, Gisagara na Nyamagabe muri iyi Ntara ndetse n’Uturere twa Rusizi na Nyamasheke Iburengerazuba.

Uyu mushinga urateganya gukorana n’urubyiruko rugera ku 15,000 aho umaze gukorana n’urugera ku 8,000 nyamara urugera ku 3,000 umaze kuruhuza n’ababaha akazi mu gihe abandi bashyizwe hamwe bakoroherezwa kubona inguzanyo mu bigo biyitanga.

Ibikorwa by’uyu mushinga bizakorwa mu Rwanda kugeza muri 2014.

IBITEKEREZO
@Mizero,umushinga wose ugomba kubanza gukorerwa inyigo bita "faisability study" ;ubworozi bw'inka buragoye kuko busaba urwuri runini ndetse n'ubushobozi butubutse ;ubw'amatungo magufi busaba ahantu hato n'uburyo budakanganye. Ntekereza ko nk'inkoko 1.000 zoroshye korora kandi zigatanga umusaruro utubutse kurusha inka 1 ya Firizone. N'ingurube ngo zisaba ibintu bike kandi zikororoka vuba. Muri gahunda yo kwihangira umurimo,Urubyiruko rukwiye kwibumbira mumakoperative rukorora amatungo magufi,rugahinga imbuto,imboga ...Leta itekereze uburyo yarufasha mu kurumenyereza umwuga,iyi gahunda ikaba yakorerwa hamwe n'ingando. Hatekerezwe ibigo bimeze nka IWAWA muri iyo gahunda. NYAMRA IBYO GUKORA BIRAHARI NGO UMUNTU YIKURE MU BUKENE.
Musubize14.08.2012 saa 04:54
Rangira

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!