Mu ruzinduko agirira mu Rwanda, Umukuru w’igihugu cya Gabon Ali Bongo Ondimba ku mugoroba wo ku wa gatanu yasuye Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), mu rwego rwo kwigira ku Rwanda byinshi cyane cyane ibikorwa by’iterambere n’uburyo bigerwaho, ashima byinshi yiboneye.
Nyuma yo gusura RDB, Ali Bongo yatangaje ko Gabon igiye kugirana umubano udasanzwe n’u Rwanda, cyane cyane mu bijyanye n’ubuhinzi, kuko ngo yasanze ubuhinzi mu Rwanda buri ku rwego rushimishije ugereranije n’ubwabo.
Ikindi Perezida wa Gabon avuga yabonye kidasanzwe mu Rwanda ni uburyo abashoramari batagira impungenge z’ibikorwa byabo mu Rwanda, kandi bakaba biyandikisha bakanandikisha ibikorwa byabo bakoresheje ikoranabuhanga bitagombye kubatwara igihe cyabo bajya kwiyandikisha, ahubwo bakabikorera aho bari. Ibi ngo byamubereye nk’inzozi kuko iwabo batarabigeraho.
Clare Akamanzi, Umuyobozi Mukuru wa RDB, avuga ko nka RDB bemereye Gabon umubano wihariye, kandi ko bifuza ko uzaramba kuko nk’uko Perezida wa Gabon yabyifuje ngo mu minsi iri imbere u Rwanda ruzajya rugemura umusaruro w’ibihingwa bitandukanye muri Gabon kuko bagiye kubishakira amasoko nyuma yo gusoza uru ruzinduko.
Ibi bikazafasha Gabon kuzamura ubukungu bwayo kuko izajya imenya neza uburyo ubuhinzi bukorwa mu Rwanda, na ho ku ruhande rw’u Rwanda ngo nta mbogamizi na nke babibonyemo kuko sosiyete y’igihugu itwara abantu mu ndege ’Rwanda Air’ izajya ibafasha kubijyana, dore ko inagirira ingendo muri Gabon.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |