IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Perezida Kagame yasoje amasomo y’abasirikare bakuru 308


Yanditswe kuya 19-11-2012 - Saa 20:32' na Mathias Hitimana

Perezida wa Repuburika y’u Rwanda akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda Paul Kagame, yasoje amahugurwa y’abasirikare bakuru 308 ku Ishuri rya Gisirikare ry’i Gako (Rwanda Military Academy) ku wa 19 Ugushyingo 2012.

Abasirikare barangije imyitozo ya gisirikare, bari bamaze umwaka wose bahabwa amasomo yo kuba barwanira igihugu, n’amasomo y’amateka y’u Rwanda, barangije ari 308, harimo ab’igitsina gore 27.

Abarangije Perezida Kagame yabahaye ipeti rya Second Lieutenant.

Perezida Kagame yasabye abarangije ko bagomba kurangwa n’indangagaciro ziranga igisirikare cy’u Rwanda (RDF), harimo umuco n’ikinyabupfura.

Perezida Paul Kagame

Yabibukije ko amasomo bahawe, azafasha Umuryango Nyarwanda gukomeza inzira y’iterambere, badahugiye gusa mu by’umwuga wa gisirikare batojwe. Ati “ku rwego rw’ubuyobozi bagezeho ntabwo bagiye mu kazi k’umwuga gusa wa gisirikare, bakwiriye gushingira ku byo bize bubaka umuco w’igihugu cyacu, umuco wa politiki."

Ikindi kandi mu kazi k’umwuga batojwe, Perezida Kagame yiabibukije ko bitazagirira akamaro u Rwanda gusa, harimo no kubaka Umugabane wa Afurika, bishingiye ku muco, kamere n’amateka y’ingabo z’u Rwanda mu gihe bibaye ngombwa ko boherezwa kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi. Ikindi kandi bagakomeza kuzagaragaza amasomo bize.

Ati “muzerekane ubwanyu ko muri urugero rwiza rw’abasirikare b’umwuga, n’abayobozi beza.”

Akarasisi k'abasirikare barangije ikosi

Mu gusoza hari n’abasirikare bakuru 8 baturuka mu bihugu byo mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bigishirijwe mu ishuri ry’Igisirikare cy’u Rwanda i Gako.

Thomas Ritchie witwaye neza kurusha abandi ku ikosi ari kumwe na se Joe Ritchie
bambara ipeti rya Sous Lieutenant

Foto : Village Urugwiro

IBITEKEREZO
Muzahe buruse nibura abasirikare 100 ba Congo, mubigishe kwanza igihugu ni iki ? igisirikare gishinzwe iki, gikora gite ? muzaba mutanze umusanzu ukomeye. Bitari ibyo tuzahora muri rwaserera z'urudaca mu baturanyi b'akavuyo gusa, gutera imbere bidindire.
Musubize22.11.2012 saa 09:08
citoyen
CONGULATURATIONS TO ALL CADETE OFFICERS NEXT IS OURS WE ARE ALREADY
Musubize20.11.2012 saa 06:59
BYASCO
M23
Musubize20.11.2012 saa 03:52
Karibu
nonse Richie n umunyarwanda ?
Musubize20.11.2012 saa 03:08
JACKSON
Ritchie se nawe ni RDF soldier ??congz
Musubize20.11.2012 saa 01:57
lionel
Hi, Mbanje gushimira Abanyamakuru b'Igihe badahwema kutujyezaho amakuru meza kandi kugihe, IMANA IBAHE UMUGISHA. gusa njyewe nibarizaga umuntu wese waba ubizi ambwire ibisabwa kugirango umuntu ajye kwiga muri ririya shuri kuko mubuzima bwanjye numva nzaba Umusirikare w'uRwanda nanjye amaboko yanjye akaRwitangira. ubu ndabura 2 years ngo ndangize kaminuza hanze y'uRwanda, ariko intego ni ukuba Umupolice cy Umusirikare kuko niho numva nagira icyo marira igihugu cyanjye nk'umubyeyi wanyibarutse nkanagihesha Agaciro (benshi mubazungu bahora baharanira kutwambura). uzi ibisabwa byose yambwira kuko ubu na KArate nzijyeze kure kugirango ntazagora abazampa imyitozo. Muraba mukoze ! niba uzi n'umushahara umwoficiye afata umbwire kuko nabyo akenshi bitera courage bitewe n'amashuri umuntu aba yarize.
Musubize20.11.2012 saa 01:07
Manzi
congs
Musubize20.11.2012 saa 00:56
isi
Mbega kuberwa !! aba officers b'abakobwa cg se abategarugori baraberewe cyaneeeeee !!!!!!!!!! ; imbere ya nyakubahwa rwose. nimukomereze aho disi. aba fiancés n'abagabo banyu abarahiriwe kabisa. cong. so much.
Musubize20.11.2012 saa 00:29
jj kamy
Mukomereza aho, nta kwirara !
Musubize20.11.2012 saa 00:26
x
Aboba, ba offier bamezeneza. cyane !! kuko natwe tura byishimiye cyane nkabanyarwanda twese muri rusange. imana izabibafashemo kumahugurwa bavanye ahonaho ku gicumbi cy'umuco. bazaduhe urugero rwiza kugiranga natwe tuzabashe kugerayo bidatinze. muzagire akazikeza murakoze.
Musubize20.11.2012 saa 00:05
kwizera
Congratulations !!!!!!!!!!!!!!!!! ariko ndabona harimo za Nyapeya ninshyi cyane !!!!!?
Musubize19.11.2012 saa 23:59
ukweli
nyapeya ni iki ?
20.11.2012 saa 04:10
Jack
Congratulations
Musubize19.11.2012 saa 23:51
Physicist
Aliko H.E rwose muli ino minsi ntugakunde kujya mubugesera rwose !! jya woherezayo abandi .
Musubize19.11.2012 saa 23:28
g2
kubera iki ? wari uziko ko wakora byinshi kandi ushaka bikaguhira, mais ntawe uwurenga (umunsi} niyo byagenda gute
20.11.2012 saa 13:29
sibose
MAGAYANE !!!!
20.11.2012 saa 18:21
Mpamo
Congratulations our Defense ! Let continue our journey despite vuvuzelllllllllllla. We preserve our culture, our dignity and this is the right way to work together as Rwandans to develop our country. In all nations, only citizens decide to develop not their wealth, petrol, gold, etc. It is our decision to take Rwanda from hell of poverty to Country of prosperity in Africa and on the whole Globe.
Musubize19.11.2012 saa 22:32
Kaka
hello
Musubize19.11.2012 saa 16:03
hello
Haaa ! Njye ndareba comments zanyu nkabona murangaye !!!! Nkotanyi mwe, murantangaza cyane : Buriya kwigisha igisirikare umunyamerika ntimubone ko byoroshye, mwitege aho ririya shuri muzunva ryageze ku rwego mpuzamahanga !!! Ese buriya, yoherejwe na Leta y'iwabo ? Ni shughuri ze bwite ? Ni iz'u Rwanda ? Erega buriya bivuze ko amapeti y'igisirikare cy'u Rwanda angana n'ayo muri Amerika (Usa) !!! sinibagiwe n'abandi banyafurika bari kumwe nawe n'agaciro biha igisirikare cy'u Rwanda n'u Rwanda ubwarwo !!! Geshi la Rwanda songa mbere !!!!!!!!!!!!!!
20.11.2012 saa 01:17
vava

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!