Kuri uyu wa Gatatu kuri sitasiyo ya Polisi ku Kicukiro, herekanywe abagabo batandatu bafashwe bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umucuruzi w’Umugande, Tunyinondi Dickson, uheruka kwicirwa mu Rwanda ku wa 17 Mutarama 2012.
Abo bagabo ni Munaba Joseph w’imyaka 34, Nyakagaragu Come w’imyaka 33, Bazirake Albert wakoranaga na Tunyinondi w’imyaka 65, Nzamurambaho wari umushoferi wa Tunyinondi w’imyaka 20, Ntakirutimana Francois w’imyaka 27 na Harerimana Shabani w’imyaka 25.
Bane muri abo bafashwe bemera ko bagize uruhare mu kwica Tunyinondi.
Mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru buri wese mu bafashwe ashyira icyaha kuri mugenzi we, mu gusoza bose bashinja babiri batarafatwa, harimo uwitwa Musirikare na Mubiligi Fiston.
Nzamurambaho Jean Pierre, umushoferi watwaraga uyu mucuruzi Tunyinondi, avuga ko ariwe wamugambaniye afite gahunda yo kumwambura amafaranga, ngo ntiyashakaga kumwica. Ngo yibaza icyo bagenzi be bafunganye bamuhoye.
Harerimana Shabani, umwe mu bafashwe, avuga ko igikorwa yakijyanywemo na shebuja Ntakirutimana, kuko ngo yakoraga akazi ko kwikorera imizigo atakoraga akazi ko kwica abantu.
Mu kwisobanura Ntakirutimana nawe yavuze ko ibyo kwiba Dickson yabibwiwe na Mubirigi Fiston, gusa we ngo yabitewe na shitani.
Abafashwe bemera bashyikirije Polisi 3 830 by’amayero, miliyoni eshatu z’amashilingi ya Uganda, na miliyoni icumi n’ibihumbi 194 by’amafaranga y’u Rwanda bacuje uwo umucuruzi bamaze kumwica.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Sup Theos Badege, avuga ko Polisi ikomeje gukurikirana abatarafatwa barimo Musirikare ndetse na Fiston, akemeza ko aho bari hose baza gufatwa nyuma ikaza gushyikiriza amadosiye ubutabera.
Badege yavuze ko nta muntu n’umwe ukwiye kuba icumbi ry’ubugizi bwa nabi, ati “Abantu bakwiye gushakira ubukungu mu gukora bakirinda igihemu.”
Tunyinondi Dickson yishwe mu ijoro ryo kuwa 17 Mutarama saa mbiri z’ijoro (8:00 pm ) bamutsinze aho bita Rwafandi muri Rutare nyuma baza no kumutwikira mu modoka.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |