Loni yakomeje gushinja u Rwanda gutera inkunga umutweM23, u Rwanda na rwo rukabihakaba rwivuye inyuma ko ari ibihuha, ubu bimaze gushyirwa ahagaragara na bamwe mu bakuru b’ingabo za Congo, ko imitwe yitwaje intwaro irwanya Leta ya Kinshasa ikorera mu Burasiraziba, ikura intwaro imbere mu gihugu, aho zahishwe bakiri muri CNDP.
Ibi byashyizwe ku mugaragaro n’ingabo za Congo Kinshasa zavuze ko ziherutse kwigarurira agace ka Mpati muri zone ya Masisi mu mirwano ikaze yamaze iminsi ibiri, yabahanganishije n’inyeshyamba za M23 zashakaga kujya mu gace kahoze kayoborwa na CNDP gufata intwaro basize bahishe.
Nk’uko bitangazwa na Col. Olivier Hamuli, Umuvugizi w’akarere ka 8 k’ingabo za Congo (FARDC) muri Kivu y’Amajyaruguru, yavuze ko bigaruriye agace ka Mpati muri zone ya Masisi, ubwo ingabo za M23 ziyobowe na Col Badege zashakaga kwerekeza mu gace kahoze kayoborwa na CNDP.
Mu kumenya icyo ubuyobozi bwa M23 bubivugaho, ku murongo wa Telefoni tuvugana n’Umuvugizi w’uwo mutwe, Col. JMV Kazarama yabeshyuje ayo makuru, avuga ko nta ngabo bafite mu gace ka Masisi, ko ari ibinyoma.
Col Kazarama akomeza avuga ko uwitwa Col Badege atari uwo muri M23, ko afite umutwe ayoboye udafitanye isano n’uwabo ; akomeza avuga ko aherereye muri Masisi mu gihe M23 ibarizwa mu gace ka Rutshuru.
Ku makuru avugwa ko ingabo za M23 zaba zatangiye kugota Umujyi wa Goma, Col Kazarama agira ati "Mu minsi ishize twari twatangaje ko tuzafata Umujyi wa Goma kubera ubwicanyi bwari bumaze iminsi buhavugwa none bwarahagaze, nta mpamvu yo gufata Goma kandi ubwicanyi bwarahagaze."
Ku byari bimaze iminsi bivugwa ko Col Kazarama yaba yararashwe, yagize ati "Ndahari, ntabwo narashwe ibyo n’ibihuha."
Ibi bibaye mu gihe mu mujyi wa Goma hari abasirikari icumi barimo Lt. Col Solinoko n’umupolisi mukuru bakatiwe imyaka icumi y’igifungo tariki 15 Ukwakira 2012, bazira kugurisha intwaro.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |