Nyuma y’aho bigaragariye ko Intara y’Uburengerazuba ariyo yanyuma mu kuboneza urubyaro, mu Karere ka Rubavu hatangijwe gahunda y’ubukangura mbaga mu bakora umwuga w’uburaya n’abahoze bawukora aho basabwe kwirinda kubyara abo badashoboye kurera, kwirinda Virusi itera SIDA, no gukangukira ibikorwa bibateza imbere.
Depite Mporanyi Théobard, yavuze ko impamvu Intara y’Uburengerazuba iza ku mwanya wa nyuma mu kuboneza urubyaro, ari uko ihana imbibi n’igihugu cya Congo, no kuba hakigaragara ubuharike, n’uburaya. Yasabye Akarere ka Rubavu gufata ingamba zikomeye.
Ku Ruhande rwa Karere ka Rubavu Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Nyirasafari Rusine Rachel, yavuze ko mu ngamba bafite harimo guca umwuga w’uburaya, babakangurira kwibumbira mu makoperative kugira ngo biteze imbere.
Ku ruhande rw’abakora umwuga w’uburaya n’abawuretse bari aho, batanze ubuhamya bavuze ko bibumbiye mu makoperative babifashijwemo n’umuryango Ihorere Munyarwanda, abenshi bakaba bamaze kwivana mu bukene cyane cyane abavuye mu mwuga w’uburaya bakaba bamaze no kwiyubakira amazu.
Ku Ruhande rw’uhagarariye Umuryango Ihorere mu Nyarwanda Mwananawe Aimable, yavuze ko abahoze mu mwuga w’uburaya bagera kuri 511, uyu muryango ukaba ubafasha kwirinda SIDA, kubaha inguzanyo zibafasha kwiteza imbere, kubabafasha mu bworozi buciriritse, kubaha amahugurwa, ndetse n’inkunga y’amafaranga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, bwiyemeje ko bugiye gufatanya n’Umuryango Ihorere Munyarwanda, mu kurushaho gukangurira abaturage muri rusange gukomeza gahunda yo kuboneza urubyaro, no kureka umwuga w’uburaya.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Gakenke : Gahunda yo guhuza ubutaka yavanyeho ubusuhuke
18.05.2013 |
|
Ku bufatanye bwa CNLG na RGB hateguwe imikino yo kwibuka abakunzi ba siporo bazize Jenoside
18.05.2013 |
|
INATEK yafunguye ishami mu karere ka Rulindo
18.05.2013 |
|
Hari byinshi Rwanda Day imaze kugezaho abanyarwanda
18.05.2013 |
|
Rulindo hagiye kubakwa ikigo cy’amahugurwa kizafasha gukora ubuvumvu bw’umwuga
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |