IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Rubavu : Abantu batatu bahitanywe n’umugezi wa Burehe


Yanditswe kuya 21-10-2012 - Saa 02:53' na IGIHE

Nyuma y’imvura imaze igwa mu karere ka Rubavu na Nyabihu bigatuma imigezi yuzura, mu murenge wa Nyamyumba, abana batatu batwawe n’umugezi wa Burehe.

Nk’uko ikinyamakuru Izuba Rirashe cyabitangaje abana batwawe n’umugezi baburiwe irengero, harimo uwitwa Niyonshuti, Uwamahoro na Mukandayisenga bose bari hagati y’imyaka 12 na 18 y’amavuko.

Abaturage baturiye uyu mugezi bavuga ko abo bana babuze bagiye kuvoma ku iriba riri mu mudugudu wa Buhogo ku gicamunsi cyo ku wa kane taliki ya 18 Ukwakira 2012. Ubwo bambukaga umugezi bajya ku iriba hakurya y’umugezi, amazi amazi n’ibitaka byamannutse mu mugezi birabatwara baburirwa irengero. Uwo mugezi wiroha mu kiyaga cya Kivu.

Ingabo na Polisi zirwanira mu mazi, ku bufatanye n’abaturage, bakaba bakomeje gushakisha imirambo y’abo bana, ariko nta murambo n’umwe uraboneka.

Nyirarume w’umwe mu bana babuze yabwiye ikinyamakuru Izuba Rirashe ko bamenye amakuru y’ibura ry’abo bana babibwiwe n’abaturanyi, gusa ngo bazi neza ko abo bana bitabye Imana hakaba hasigaye gushakisha imirambo.

Ikibazo cy’uyu mugezi ukomeje kwangiza imitungo n’ubuzima bw’abaturage, ngo cyaba gikomoka ku kuba uyu mugezi warahoze unyura imbere mu ruganda rwa Bralirwa, nyuma urwo ruganda rukawimurira inzira nk’uko bitangazwa n’abaturage.

Umukuru w’Umudugudu wa Rambo Habimana François, avuga ko umugezi wacaga hagati mu ruganda, kubera kuzura ugateza umutekano muke mu ruganda, ndetse n’ingo zirukikije, uza kwimurirwa inzira kuko urwo ruganda rwigeze no kumara igihe kinini rudakora kubera amazi menshi, gusa ngo kuwimura ntacyo byakemuye ahubwo ngo byatumye urushaho kugira ingaruka ku baturage.

Umukozi ushinzwe ubuhinzi mu Murenge wa Nyamyumba witwa Kazungu Vedaste, akaba ari nawe uri gukurikirana iby’iki kibazo by’umwihariko, yabwiye ikinyamakuru Izuba Rirashe ko umuhanda wakozwe nabi na VUP, bityo bikaba byongera ingorane.

Aha yagize ati “ uyu muhanda wakozwe mu rwego rwa VUP, hari na rwiyemezamirimo wawupiganiye, ariko mu itangira ryawo havuzwe ko inyigo yawo yakozwe nabi, kuko hari ahagombaga kubakwa ku buryo umugezi utazajya uca mu muhanda, ngo ugere no mu baturage”.

Kugeza ubu ibimaze kwangizwa n’uyu mugezi wa Burehe ni byinshi, birimo umuhanda uva Brasserie werekeza i Nkora wacitse bigatuma nta modoka ishobora kuwunyuramo, hari kandi amazu 15 yasenyutse, imitungo inyuranye hamwe n’imyaka y’abaturage kugeza ubu itarabarurwa.
Kugeza ubu, abaturage bangirijwe nta butabazi barabona nk’uko byatangajwe n’umukozi ushinzwe ubuhinzi mu Murenge wa Nyamyumba.

Akarere ka Rubavu kakaba gakomeje kwibasirwa n’ibiza, dore ko mu minsi ishize, amazi yinjiye mu ruganda rw’ikawa rwa SOPECAF, akangiza ibigera kuri miliyoni 670 z’Amanyarwanda.

Izuba Rirashe

IBITEKEREZO
R.I.P kandi ababyeyi babobana twifatanyije nabo mukababaro tuboneyeho nogusaba reta yacu idatezuka kubungabunga ubuzima bw,abaturage gukurikirana uriya muhanda ugasubirwamo kuko abawukoze bawukoze nabi !
Musubize21.10.2012 saa 14:49
fiello thadee

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!