IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Rubavu : Abanyamakuru n’abayobozi biyemeje kuzuzanya hagamijwe iterambere


Yanditswe kuya 10-08-2012 - Saa 08:10' na Maisha Patrick

Abayobozi n’abanyamukuru baruzuzanya mu nshingano zabo kuko bose barengera uburenganzira bw’abaturage, ibi ni byavugiwe mu mahugurwa y’umunsi umwe yahuje abanyamakuru n’abayobozi batandukanye b’Akarere ka Rubavu.

Kuri uyu wa kane tariki 9 Kanama mu cyumba cy’isomero rya kaminuza y’Ubukerarugendo n’Amahoteri ishami rya Gisenyi( RTUC), Abanyamakuru n’abayobozi bakorera mu Karere ka Rubavu bahawe amahugurwa y’umunsi umwe, yateguwe na ambasade ya Leta Zunz’Ubumwe z’Amerika mu Rwanda.

Aya mahugurwa yari agamije kumenya imikorere y’itangazamakuru mw’iterambere, guhuza abanyamakuru n’abayobozi b’Akarere ka Rubavu hakarebwa imikoranire hagati yabo mu kazi ka buri munsi.
Jean de Rugira, Umuyobozi wa Radio y’abaturage ivugira mu karere ka Rubavu, yavuze ko bigaragara ko aya mahugurwa yazanye umusaruro mwiza kuko hari igihe abayobozi bagiraga urwikekwe bagafata abanyamakuru nk’abanzi babo, ariko bakimara gukurikirana aya mahugurwa hari icyo bakuyemo kuko wabonaga batari basobanukiwe neza ibyerekeye itangazamakuru.

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,
Nyirasafari Rusine Rachel nawe wari witabiriye aya mahugurwa, aganira na IGIHE yagize ati “Twishimye cyane ko tubonye umwanya wo guhabwa amahugurwa turi kumwe n’abanyamakuru, tukaba dukuyemo byinshi. Twamenye amategeko agenga itangazamakuru natwe ntitubereyeho kwica amategeko ahubwo ndasaba yaba abayobozi n’abaturage kujya batanga amakuru kuko ari uburengenzira bw’umuturage, n’umunyamakuru akagira uburenganzira bwo gutara amakuru.”

Dr Christopher Kayumba umwe mu batangaga amahugurwa, yavuze ko itangazamakuru rifitiye abayobozi akamaro rikamenyekanisha ibikorwa byabo, avuga ko banuzuzanya mu nshingano zabo kuko bose barengera uburenganzira bw’abaturage.

Haba abanyamakuru n’abayobozi, baboneyeho umwanya wo kubaza ibibazo, icyagaragaye nuko abanyamakuru bahuraga n’imbogamizi zo kubona amakuru ku bayobozi , nabo bavuga ko ibyo bitazongera. DR Kayumba yasabye abanyamakuru batagira imyifatire myiza ko bidakwiye nk’umunyamakuru w’umwuga, ahubwo ko bagomba kurangwa n’ikinyabufpura no gukunda umwuga wabo.

IBITEKEREZO
Amahugurwa ahuza abanyamakuru na Leta ! Funny ! Icyakora iyo mikoranire myiza dear journalists, mutyishyireho imipaka, naho ubundi, it will not work. Make sure you don't get in their trap. Imikoranire myiza....hahahaha ! Nta n'ahandi nayumvise mu bihugu biriho. Gusa, iyo havugwa ibyiza, ok, ubwo muba muri kumwe, ariko iyo ugiye hirya gato ku bitagenda, uba ugiye mu mubare w'abarwanya gahunda nziza za Leta, abavuga ibitagenda, so, iyo mobanire muri gu promotinga muyihe imbibi, mutazasanga muri gukora PR instead of professional reporting
Musubize11.08.2012 saa 02:33
Jean

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!