Abaturage batuririye ishyamba rya Gishwati mu gace gaherereye mu murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu, barasaba ubuyobozi kubarenganura kubera ikibazo cyo kuba baraheze mu gihirahiro batimurwa cyangwa ngo bemererwe gukora indi mirimo aho batuye.
Bavuga ko bahagaritswe guhinga, kandi ubuyobozi bukaba bwarabahakaniye ko butazabimura.
Aba baturage bavuga ko batarwanya gahunda za Leta, ahubwo ko ubuyobozi bwabasezeranyije ko batazigera bimurwa ahubwo bazabakorera amaterasi mu duce tumwe na tumwe ahandi hakaba urwuri nyuma y’igihe gito bagatangazwa no kubona imyaka yabo irandurwa n’abantu baturutse muri Minisiteri y’ubuhinzi bakora mu mushinga wo gutunganya ishyamba rya gishwati ariwo Gishwati Water and Land Development Management.
Umwe muri aba baturage witwa Bisengimana Patrick avuga ko bagiye bahagarikwa kenshi kugira icyo bakora batategujwe, kuko byageze n’aho intumwa za Ministeri y’ubuhinzi zirimo uwitwa Mugabo Floriyani baje bakabwira aba baturage ko bazakomeza gutura muri ako gace.
Izi ntumwa ngo zabasabye gutera umucaca aho batuye, bakibaza niba bazatungwa n’uwo mucaca kandi bari basanzwe ari abahinzi.
Sebikari Jean, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanama, aganira na IGIHE yavuze ko ikibazo cy’abaturage kizwi kandi ko ubuyobozi bw’umurenge bwakiganiriye n’umushinga wo gutunganya ishyamba rya Gishwati.
Uyu muyobozi yongeraho ko abakozi b’umushinga baba barakoze amakosa, kuko bari bahaye abaturage igihe kingana n’icyumweru kimwe ngo babe bakemuye iki kibazo ariko nyuma abaturage bagatangazwa no kubona uyu mushinga utangira kurandura imyaka y’abaturage nta gisubizo babahaye yewe n’icyumweru kitararangira.
Ibi rero ngo byateye abaturage kwihagararaho birukana ababaranduriraga imyaka, ariko ubuyobozi bw’akarere bukaba bwaravuze ko bugiye gukurikirana iby’iki kibazo n’ubwo kugeza ubu abaturage bagitegereje.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |