Mu karere ka Gasabo, umurenge wa Gatsata, Akagari ka Nyamabuye hari Ruhurura yatewe n’isuri imanuka iva mu ishyamba rya Jari ikaba ibangamiye abayituriye.
Ikinyamakuru IGIHE cyaganiriye na bamwe mu baturage bahaturiye, bavuga ko ikibazo cy’iyo ruhurura kimaze igihe kinini cyane kandi ntacyo abayobozi bagikoraho.
Umwe mubo twaganiriye utarashatse ko tumutangaza izina yagize ati : ”Nk’ubu jyewe maze imyaka igera kuri 14 ntuye aha ariko kuva nahaza narayihasanze gusa uko yarimeze siko ikimeze ahubwo igenda yiyongera uko imvura iguye.”
Twegereye umwe mu baturiye iyi Ruhurura akaba ari nabo bigaragara ko ishobora kuzagiraho ingaruka nyinshi kuko igenda icukuka yerekeza ku nzu batuyemo atubwira ko nta kintu na kimwe bajya bayikoraho. Abajijwe niba hari ibikorwa bajya bahateganyiriza nk’umuganda, yasobanuye ko nta na rimwe bari bahakorera.
Ikibazo cy’iyi ruhurura kandi giteye inkeke cyane cyane kubyerekeranye n’isuku nke kuko ubu bayigize nk’ingarane (ikimoteri) abaturage bamenamo imyanda kuburyo usanga byatera indwara. Urugero nk’indwara ya Malariya, mu gihe hari bihuru umubu ushobora kwihishamo.
Mbarushimana Corneille, umuhuzabikorwa w’Akagari ka Nyamabuye, abajijwe ingamba bahafatira yatubwiyeko bigoye cyane kuhubaka ngo kereka Akarere kabihize mu mihigo y’umwaka utaha kuko ariko gateganya ingengo y’imari.
Yagize ati : “Biragoye kuhubaka ariko ubu turi gukora urutonde rw’abatuye nabi bose kugira ngo turebe uko twabikemura”. Akomeza avuga ko ibi byose biterwa n’imiturire mibi akaba ari nayo mpamvu bafashe ingamba zo kubimura bakabatuza aheza.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
|
Kigali : Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye barinubira ibihano byo gukubitwa inkoni
18.05.2013 |
|
Ese koko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bikorwa nyuma y’imyaka itanu ?
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |