Kurwanya ibiyobyabwenge ni urugamba rwa buri wese yaba umukuru cyangwa umuto, hagamije kubica burundu, ntawe ukwiye kurebera ababinywa cyangwa se ababikwirakwiza.
Iyi gahunda yiswe “Ijisho ry’umuturanyi” yo mu karere ka Rusizi, yatangijwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage, NIRERE Françoise, kuri uyu wa kabiri tariki ya 04/09/2012 ; akaba yavuze ko ari gahunda igamije guhanahana amakuru, kuva ku rwego rw’umudugudu kugera ku rw’akarere ku cyo ari cyo cyose gifitanye isano n’ibiyobyabwenge, hagamijwe kubica.
Iyi gahunda yaturutse ku bushakashatsi bwakozwe na Minisiteri ishinzwe Urubyiruko n’ikoranabuhanga, bugaragaza ko ikibazo cy’ibiyobyabwenge giteye inkenke cyane cyane mu rubyiruko ; ndetse ubu bikaba bisigaye ari n’intandaro y’amakimbirane mu ngo, n’impfu zikomeje kujya zigaragara hirya no hino mu gihugu, cyane cyane mu bashakanye.
Mukacyubahiro Assoumpta, umwe mu bagize Komite ishinzwe kurwanya Ibiyobyabwenge ku rwego rw’igihugu, akaba yari n’umushyitsi mukuru muri iyo nama yari yatumiwemo, abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye, abakozi bashinzwe uburezi mu mirenge ndetse n’abashinzwe irangamimerere, yasobanuye ko gahunda yiswe "Ijisho ry’umuturanyi" izafasha gukumira ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge, hakurikijwe insanganyamatsiko igira iti “Dushyire hamwe twese twubake u Rwanda ruzira ibiyobyabwenge.”
Uretse kuba hatangijwe ku mugaragaro, hanashyizweho Komite ishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ku rwego rw’akarere, hakaba hagiye gushyirwaho n’izindi komite kugera ku rwego rw’umudugudu, na ho mu kwezi kw’Ukwakira 2012, hakazatangizwa Ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge mu baturage b’ingeri zose.
Iyo komite yatowe igizwe n’abagize sosiyete Sivile, urubyiruko, abarezi n’abanyamakuru, basabwe gutegura gahunda ihamye yo gucengeza amahame yo gurwanya ibiyobyabwenge mu baturage b’ingeri zose, bafatanije n’inzego z’ubuyobozi bwa Leta.
Jean Pierre Niyibizi/Ushinzwe Itangazamakuru mu Karere ka Rusiz
Ifoto : uturutse ibumoso, Vice Mayor Nirere Françoise na Mukacyubahiro Assoumpta
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |