IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Rwabuze gica muri ADEPR : Komite Nyobozi ebyiri, ibyemezo bya RGB na byo byatewe utwatsi


Yanditswe kuya 17-09-2012 - Saa 00:34' na Olivier Muhirwa

Nyuma y’aho Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere kirukanye Usabimana Samuel ku mwanya w’Umuyobozi akaba n’Umuvugizi w’itorero ry’Abapantekoti mu Rwanda, hamwe n’umwungirije, ubuyobozi bw’iri torero bwatangaje ko ubuyobozi bwaryo bugihari nk’uko bwatowe, kuko ngo bwujuje ibisabwa, hagati aho ariko hamaze kujyaho Komite nshya igomba gusimbura aba bahagaritswe.

Pasitori Sibomana Jean ni we watorewe kuri iki Cyumweru kuba Umuvugizi w’Agateganyo w’Itorero rya Pentekoti mu Rwanda (ADEPR). Yatowe n’abayobozi b’indembo muri iryo torero bahuriye mu nama yari igamije gushyiraho ubuyobozi bushya bwo kuyobora by’agateganyo, mu gihe hategerejwe ko Inteko Rusange izatora ubuyobozi bwa ADEPR ku rwego rw’Igihugu.

Abashyizweho kuri iki cyumweru ni 6 bagize Biro Nyobozi y’agateganyo ya ADEPR. Abandi barimo Pasitori Rwagasana Tom Umuvugizi w’Agateganyo Wungirije ushinzwe ubuzima bw’itorero. Ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Agateganyo hatowe Mutaganzwa Viateur. Ushinzwe ubukungu n’imari ni Mutuyemariya Christine, Umujyanama w’Agateganyo ushinzwe ubuzima bw’itorero ni Pasitori Ntibarikure Jean, na ho ku mwanya w’Umujyanama w’agateganyo ushinzwe ubukungu n’imari, hatowe Nkuranga Aimable.

Kuri uyu wa 15 Nzeri 2012 hatambutse itangazo ku maradiyo amwe n’amwe akorera i Kigali rivuga ko Umuvugizi Mukuru wa ADEPR (unafatwa nk’Umuyobozi Mukuru w’itorero) atemewe n’ametegeko, kuko ngo atujuje ibiteganywa n’ingingo ya 27 y’itegeko rigenga imiryango ishingiye ku madini.

Amakuru dukesha urubuga ireme.net, avuga ko mu itangazo ryashyizweho umukono na Prof. Shyaka Anastase ukuriye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB : Rwanda Governance Board), yasabye ADEPR gushaka abandi bavugizi bujuje ibisabwa n’amategeko. Iryo tangazo ariko ntirisobanura ibyo abavugizi bari basanzweho batujuje.

Ibi bigisomwa ku maradiyo ntibyavuzweho rumwe, dore ko Radio Flash yo yasomye iri tangazo mu rubuga rw’ibitekerezo, bikaba byavugishije benshi menshi.

Nyuma y’amasaha make iryo tangazo ritangiye gucicikana, Ubuyobozi bwa ADEPR bwasohoye na bwo itangazo bwise ko rigenewe Abakirisitu ba ADEPR, bubasaba gukomeza gahunda zabo mu ituze, kandi rishimangira ko ubuyobozi bw’itorero bukiri bwa bundi. Iryo tangazo ryanyuze ku maradiyo amwe n’amwe riragira riti :

ITANGAZO RIGENEWE ABAKIRISITU BA ADEPR

Tumaze kumva itangazo ryaciye kuri Radio Flash na Radio Rwanda ritanzwe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiyoborere Myiza (RGB), rivuga ko Abavugizi ba ADEPR batemewe, turagira ngo dutangarize Abakirisitu ba ADEPR ibi bikurikira :

1. Abavugizi bombi ba ADEPR batowe n’Inteko Rusange mu buryo bukurikije amategeko yayo.

2. Aba bavugizi kandi bujuje ibisabwa n’ingingo ya 27 y’itegeko rigenga imiryango ishingiye ku idini, ibyo bisabwa ni :

 Kuba inyangamugayo

 Kuba afite imyaka y’ubukure

 Kuba atarahamwe n’icyaha cya Jenoside, ingengabitekerezo yayo no gukurura amacakubiri,

 Kuba atarakatiwe ku buryo budasubirwaho igihano cy’iremezo cy’igifungo kingana cyangwa kirenze amezi atandatu kitarahanagurwa n’imbabazi z’itegeko cyangwa ihanagurabusembwa.

3. Ubuyobozi bwa ADEPR bukomeje kuvugana n’inzego zose zirebwa n’iki kibazo cyane cyane RGB, kugira ngo tubereke ko abayobozi ba ADEPR bujuje ibisabwa byose.

4. Turasaba Abakirisitu gukomeza gusengera Itorero no gukomeza imirimo yabo mu ituze no kwegera abashumba b’amatorero yabo kugira ngo bahabwe ubutumwa bagenewe n’abayobozi bakuru ba ADEPR, Abashumba b’indembo bose n’impuguke, ni ukuvuga Inama y’Ubuyobozi ya ADEPR (CA).

Abagize Biro ya ADEPR

Rev. Pasteur USABWIMANA Samuel (Sé)

Rev. Pasteur RUTEGAMIHIGO Come Sé)

Rev. Pasteur KAMANZI Callixte (Sé)

Rev. Pasteur RUTAGANIRA Edouard (Sé)

Rev. Pasteur MUNYANKUMBURWA Jean Chrisostome (Sé)

Bwana RUZIBIZA Jean Claude (Sé)

Itorero ADEPR ni rimwe mu matorero makuru mu Rwanda kandi afite n’abayoboke benshi. Ryemewe bwa mbere mu mategeko y’u Rwanda mu myaka isaga 80 ishize, mu Iteka ry’Umwami ryo kuwa 30 Nzeri 1930. Ryagiye ryiyandikisha uko ibihe n’amategeko byahindukaga, bwa nyuma rigaragara mu Iteka rya Minisitiri No 079/08.11 ryo kuwa 7 Nyakanga 2010.

Kugeza ubu harimo haribazwa mu by’ukuri urimo kuyobora ADEPR muri iki gihe, dore ko Komite yari isanzweho ari yo ivuga ko ifite ububasha kandi yemewe n’amategeko, ndetse n’iyatowe by’agateganyo ikaba ivuga ko ije gukemura ibibazo byari byarabaye uruhuri muri iri torero.

IBITEKEREZO
Mwirinde cane imilimo mwakoze itazaba imfabusa kuri wamunsi !
Musubize7.12.2012 saa 13:00
Ishimwe
Mwirinde cane imilimo mwakoze itazaba imfabusa kuri wamunsi !
Musubize7.12.2012 saa 13:00
Ishimwe
QUI VIVRA VERRA, QUI VIVRA VERRA, QUI VIVRA VERRA, QUI VIVRA VERRA, QUI VIVRA VERRA, QUI VIVRA VERRA,QUI VIVRA VERRA
Musubize17.10.2012 saa 12:50
Amani Dan
ikingenzi ni ugusenga.
Musubize7.10.2012 saa 06:21
muhire ernest garcon
ikingenzi ni ugusenga.
Musubize7.10.2012 saa 06:21
muhire ernest garcon
Iterabwoba gusa,njye sindi umu ADEPR ariko muhora mutuzanaho iterabwoba(Abo muyandi madini),none mutangiye gukangana namwe !wowe uvuga ngo bagiye guhanwa ngo kubera bakoreshejwe na SHEHE,none se Uwo Shehe si Umunyarwanda wanga ivangura nakarengane ?si umuyobozi ?Kuki atagomba gutabara abo ayobora ?washakagako Aba pasteurs aribo babakiza ?!Muri 94 barihe ?byatumye abakristo batamarana ubwabo ?Wowe reka ayo ma Sentiments yawe nakababaro wagizew ka Samwel,kuko ibihe birahinduka.abo yari yarahagaritse ubu nabo barishimye kandi nawe uzishima,ibihe birahindagurika.Uwo Sibomana azayobora na president yagiyeho benshi batishimye ariko ubu ndahamya ko 95%yabanyarwanda bamuri inyuma(niko mbikeka).
Musubize4.10.2012 saa 12:39
BOBO
tu va voir
5.10.2012 saa 01:51
cc
Ariko reka mbabaze ko ndeba mwese mwiyorobeka uwo SAMUEL we yagiyeho ate ? muzi iturufu yakoresheje. Nimuceceke muzabaze inama za korewe i MUSONGATI batumije coral yo mu GATSATA batumije Abashumba ba KIBUYE bose harya ubwo niko gushyirwaho n IMANA muvuga ? we ko ntacyo yamutwayese ? keretse niba arimwe mukoresha IMANA. Ese mubona NYAKUBAHWA KAGAME yajya murayo majwe yanyu niba mutiyubashye ntimwubaha nabandi.gukoronga ubundi nibya bashumba.SIBOMANA niwese wazanye amavugurura ? mwari mwaranze Abapasteur bavuye hanze nubu mutagishaka ko bakora muri ADEPR nubu.Ahubwo njye mbona SIBOMANA yaragowe niwe uhora ukemura ibyananiranye. Akazi sheh yakoze biri mushingano ze nawe umunsi wabonye akazi muri RGB uzakemura ibyo uzahasanga. ITORERO nirya YESU si rya SAMUER - SIBOMANA nundi wese. MUNEZERO
Musubize1er.10.2012 saa 02:57
MUNEZERO
abashumba ba kibuye se na choral yo mugastata nibo batora bonyine ?ukwiye gutanga amakuru adateza urujijo n'aho you are confusing.gusa Uretse ayo matiku yanyu, Samuel ni umukozi w'Imana. Ababizi ni ababanye nawe n'aho abandi mwamutamitswe n'ibisambo nka Sibomana na Tom bikingirije abapasitori bahagaritswe bazira amafuiti yabo.Kubera ibikomere by'amateka y'abanyarwanda rero, iinyoma mugisamira hejuru mutayunguruye none itorero murarishenye mufatanyije na sheh.Izaza ntizaceceka
1er.10.2012 saa 10:06
fidele
Yesu araje ! Mwe kuranganzwa n'ibihe tugezemo...Torero rya Kristo rikubiyemo abashumba n'intama za Kristo ni mushake amavuta ntimumere nka za nkumi eshanu zabuze amavuta umukwe agiye kuza...Ibyo byose n'ibitero by'umwanzi Satani byo bibabuza kuba maso. Itorero riri hafi kuzamurwa...
Musubize30.09.2012 saa 17:07
Umukozi w’Imana
Ndatinya cyane ko abantu bose bagize uruhare mu kuvurunganya itorero rya ADEPR (Abapasitori baguye mu byaha bagaharikwa n'abandi bihishe mu itorero) nyuma yo kongera guhabwa imyanya mu itorero Imana itazabihanganira ikabarwa nabi kuko iyi politiki yakozwe yo guhagarika Samuel,... nyje nyibobona nk'ikimenyetso gikomeye cyo gukora kwa antikristo aho amadini na politiki bizivanga,mube maso musenge kandi murusheho kwita ku iherezo ryanyu, umunyabwenge yarinda ubugingo bwe ntibwangizwe n'ibi tubona cg tumva kuko.
Musubize27.09.2012 saa 13:41
Marcelin
Ese buriya wagira ngo Imana ntibireba kandi ntibyumva ! ADEPR turayisengera ngo itungane kandi mumenye ko abagenda mumubiri bose bazananirwa batageze yo ! Ndabwira abarwanira amafaranga nti : Yemwe mwa batunzi mwe, mwibwira ko ubugingo bw'umuntu buva mubwinshi bw'ubutunzi afite ? Ni mubanze mushake ubwami bw'Imana no gukiranuka kuko inda n'ibiryo bizashira !
Musubize25.09.2012 saa 12:20
k.i
Aba bagabo bakoreraga Imana kandi aba bashyizweho na Leta ntabwo bazakora mutuze dore Imana ije kubirangiza ikoza isoni inkozi z'ibibi ziyoberanya mu Itorero naho Samuel na bagenzi be nta kibazo bafite
Musubize24.09.2012 saa 11:25
harerimanan
ABAKRISTO TWESE DUFATANYIRIZE HAMWE GUSENGA KDI NTIMUKUKE IMITIMA KUKO IBI BYAHOZEHO NA YERUSAREMU YARASENYWE ARIKO IRONGERA IRUBAKWA. ARIKO NDABAZA RGB KUKI MWADUKURIYEHO ABAYOBOZI NKAHO NTAMATEGEKO ATUGENGA ? ABAKRISTO TWABATOYE KO TWARI DUHARI NIBA MWARI MUBANENZE KUKO MUTATUBWIYE NGO DUTORE ABANDI ? PEREZIDA WACU AHORA ADUKANGURIRA GUTANGA SERIVISI NZIZA NJYE NK'UMWE MU BAYOBOKE B'ADEPR NTABWO NANYUZWE NASERIVISI MWADUHAYE
Musubize22.09.2012 saa 15:41
yamaha
mwese murabeshya
2.10.2012 saa 06:10
komera
Mfite icyo kuvuga kuri iyi nkuru Pasteur SIBOMANA Jean niwe nyirabayazana w'ibibazo byose biri muri ADEPR kuko niwe wazanye uyu mzuka mubi wose umaze iminsi muri ADEPR, yayiyoboye imyaka cumi n'umwe, yasimbuwe ku buyobozi na USABYIMANA Samwel. Dore aho ibibazo byaturutse SIBOMANA Jean ntabwo yigeze anezezwa nuko yasimbuwe kuri uriya mwanya kuko n'amatora aheruka yapiganye na Samwel aramutsinda cyane, yahise yihisha inyuma abapastori bari barahagaritswe ku mirimo yabo kubera ibyaha bari barakoze bakaba bari baranze no kubisabira imbabazi ,bashakisha ibyaha bashinja komite yari yatowe kugira ngo arebe ko yazongera agashyikira intebe y'ubuyobozi, kugera ubwo bavuze ko abayobozi ba ADEPR bafite amacakubiri ,imivangura n'ingengabitekerezo kandi bakavuga ko byatangiye kuva ADEPR yashingwa,njye nkumva niba koko ibyo bivugwa byaratangiye icyo gihe numva uwabibazwa bwa mbere ari SIBOMANA kuko yayiyoboye imyaka cumi n'umwe kandi no mu byoyobozi bwari buriho bwahagaritwe yari umuyobozi w'ururembo rwe Byumba kuburyo yagombye kuba hari icyo yakoze cyangwa akagira inama abayobozi barihomdore ko yari duwaye abandi bapasitori bayobora indembo mu gihugu.
Musubize22.09.2012 saa 02:29
BARUNEYA
HAHIRWA UWIRINGIRA UWITEKA, UWITEKA NAWE AKAMUBERA IBYIRINGIRO. IMANA ITANDUKANYE NATWE ABANTU KUKO IMENYA ABANYAKURI KANDI IKAMENYA ABAYIKUNDA ATARI UKUBIVUGA GUSA.
Musubize21.09.2012 saa 05:04
JEFU
Reka mbabwire mwese,ni muceceke.
Musubize21.09.2012 saa 03:55
kaberabosco
IMANA NTIKIRANIRWA NGO YIBAGIRWE IMIRIMO MYIZA ABANA BAYO BAKORA KU MANYWA NA NIJORO KANDI DUFITE UMURENGEZI WACU NI YESU KIRISITO. TUGIRE UMWETE WO KUBANA N'ABANTU BOSE AMAHORO KUKO UTEJEJWE ATAZAREBA UMWAMI MANA UMUNSI AZAGARUKAHO AJE GUTWARA ITORERO RYE. IRAGIRA ITI IBYO URABIKORA NKAKWIHORERA UKIBWIRA KO MPWANYE NAWE ARIKO BYOSE IZABISHYIRA IMBERE Y'AMASO YACU HANYUMA UMUNTU YIHITIREMO AHO KUJYA.
Musubize21.09.2012 saa 02:39
HIMBAZWA
Ariko ibyo murimo ni ibiki mwasenze Imana mu Kuri no Mwuka. Abo barwanira ibyubahiro n'amafranga, Imana izabakoza isoni bidatinze, ntabwo Imana ikinishwa di. Abubaha Imana by'ukuri musenge Imana, ntimwivange mu byo mutazi, Imana itabavanamo Umwuka Wera wayo, mugakorera mu mubiri. Yesu Umwami aturinde amakimbirane mu Itorero ryacu. Nubwo ntasengera muri ADEPR nkomeje kubafasha gusenga ngo Imana Se w'Umwami wacu Yesu akure iyo myiryane mu Itorero ryayo, in Jesus name, Amen.
Musubize21.09.2012 saa 01:55
Jean Paul
Jye sindi umurokore ariko Samwel nziko ari umukizwa. Muve mummubili mujye mu mwuka.
Musubize21.09.2012 saa 00:27
Damour
BAKRISTO BA ADEPER MWESE NDABAHAMAGARIRA NGO MWIKOMEZE KU MWAMI KUKO SATANI YADUSABYE. GUSA MUSENGE KUKO ARI UMUCO MWIZA MBAZIHO.
Musubize20.09.2012 saa 15:32
VINCENT
Ikibazo si ugufungwa kuko siwe waba ubaye imfura mu gihome ahubwo wakwibaza uti ese azize ukuri ! Icyakora Imana izaza ye guceceka kandi niza izaca amateka !
Musubize20.09.2012 saa 13:40
k.i
1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 |...

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!