IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Rwanda Revenue Authority izongera 20% ku mafaranga yinjije umwaka ushize


Yanditswe kuya 14-08-2012 - Saa 09:14' na Innocent Ndahiriwe

Nyuma y’aho bimwe mu bihugu bihugu bihagarikiye inkunga yateraga u Rwanda, Ikigo cy’Imisoro n’amahoro kigiye kongera amafaranga cyakiraga ku gera kuri 20%, mu rwego rwo kugabanya gushingira ku nkunga.

Mu guhangana n’icyuho cy’inkunga zagabanyijwe cyangwa zigakererezwa, Ikigo cy’Imisoro n’amahoro n’amahoro cyiyemeje kuzamuraho 20% y’amafaranga cyakira, ahwanye na miliyoni 600,000 mu mwaka w’ingengo y’imari 2012-2013.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru Rwanda today, nubwo bikiri mu mibare Rwanda Revenue Authority yizeye kugera ku ntego zayo, bitewe n’uburyo inoza ikanoroshya uburyo bwo gusora.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi John Rwangombwa yavuze ko kuzamura umusaruro ukomoka mu misoro y’imbere mu gihugu, bigaragaza ko u Rwanda rushishikajwe no kugabanya gushingira ku nkunga z’ibihugu byateye imbere.

Rwangombwa yijeje Abanyarwanda ko imishinga y’iterambere y’u Rwanda itazigera ihungabanaM kuko inkunga yahagaritswe itagera kuri miliyari 20 z’amafaranga y’u Rwanda. Kubwe ngo ni igitonyanga mu nyanja.

Muri Raporo “Doing business” ya Banki y’Isi, u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa 45 ku bihugu 183 mu guteza imbere ubucuruzi.

Ben Kagarama Umuyobozi w’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro avuga ko uburyo bushya bw’ikoranabuhanga (single window system) bwo kumenyekanisha no kwishyura imisoro kuri internet buzatuma u Rwanda ruzigama akayabo k’amafaranga miliyari 5, 52.

Kagarama yavuze ko ku girango bagere kuri iyi ntego bisaba korohereza abasora babaha serivisi nziza.

Mbundi Fausti uyobora urugagha rw’abikorera, avuga ko nabo bazafasha Leta mu gusora neza, kuko nabo bafite uruhare mu iterambere ry’igihugu.

Nyuma y’icyegeranyo cy’Umuryango w’Abibumbye gishinje u Rwanda gutera inkunga inyeshyamba M23 zirwanya Leta Congo, ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, u Budage, u Bwongereza na Suede byahagaritse zimwe mu nkunga byageneraga u Rwanda.

Ubwongereza bwahagaritse miliyoni 25 z’Amadolari yafashyirwaga mu ngengo y’imari, Leta Zunze Ubumwe z’Amerka zihagarika ibihumbi 200,000 byafashaga igisirikari naho u Buholandi buhagarika miliyoni 6,25 z’amadolari y’Amerika yafashaga Ubutabera mu Rwanda.

Hejuru ku ifoto : Ben Kagarama Umuyobozi w’Ikigo cy’Imisoro n’amahoro

IBITEKEREZO
Ndashaka gusubiza uwiyise Mzee Kanyandekwe : Mzee, ibitekerezo byawe biravangavanze sinzi niba ari uko ushaje cyane cyangwa niba usazanye ubujiji. Ngo dry cleaner, studio photo n'ibindi ni utu business duto two kwisayidira ? Urababaje kabisa. Niba ushaka kumenya utu business duto two kwisayidira reka nkurondorere tumwe muri two : 1. Gucuruza imineke ku gataro uyivana mu cyaro uyijyana mu isoko 2. guhamagara abagenzi kuri taxi 3. gutandika inyanya ku kameza umufungo ari 50Frw n'utundi n'utundi.... Impamvu mvuze ko uri umwana rero cyangwa ukaba wigiza nkana ni uko utazi ko abacuruzi bamwe na bamwe babigira strategie bagakomeza gukorera dry cleaner mu tuzu duto, restaurant mu tuzu tubi kandi mu by'ukuri bafite chiffre d'affaire (turn over) nini cyane. None wowe ngo ni utu business two kwisayidira ? uziko usetsa !!! Njyewe mfite Moto iri mu Muhanda kandi nayiguze 1,300,000 Frw Nyuma y'amezi 8 imaze kwinjiza 2,000,000 umusoro ujyanye n'iyo nyungu ni 72,000Frw kandi yishyuwe mu bihembwe 4 (18,000 ku gihembwe) ubwo koko ikibazo kiri he ? Ariko ubwo koko urumva udatewe isoni n'uburyo utekerezamo ? Warangiza ngo uri Mzee ! Eh ! Uwo mu Tanzania uvuga azaze acuruze chapati ze na tangawizi yunguke atange umusoro. Ntabwo Rwanda Revenue yishyuza umusoro uwahombye ntibibaho. Ariko nazana ibyo kubeshya akagaragaza igicuruzo kitari cyo agamije kunyereza imisoro yo mu Rwanda amategeko azakurikizwa... Kandi nanyereza imisoro agafatwa ibye bakabiteza icyamunara (ndacyakwibutsa ko ibi ari ugukurikiza amategeko), akabura n'itike imusubiza iwabo niwe uzaba yizize. Niba Muri Uganda na Kenya bakora bakabona inyungu z'imirengera ubwo n'ubuyobozi bwaho hari uburyo buri loose ku bijyanye no gukurikirana imisoro, cyangwa se bakaba barageze kure mu guteza imbere ubucuruzi, ariyo nzira natwe turimo nk'u Rwanda. Ntabwo nzi impamvu wagiye muri Kenya ariko icyo ntekereza ni uko ushobora kuba uri mu rugendo shuri rwakugoye. Aho kwigira kuri ivyo gihugu ukaba uri kukigereranya n'u Rwanda... Kenya yubatse ubukungu bwayo kuva kera ubu imisoro yabo ibatunze kugeza kuri 95% twebwe turi kuri 48% kandi RRA imaze imyaka itagera kuri 15 itangiye. wigereranya ibitegereranywa rero ahubwo iga uburyo ibintu bikorwa niba ugishobora kwiga. Icyo dukeneye nk'abanyarwanda si ukugira Kagame Baba wa Taifa ntacyo bitumariye. Ahubwo icyo dukeneye ni uko akomeza politiki yo guteza imbere igihugu n'umusimbuye agakomeza iyo nzira gutyo gutyo. Ahasigaye rero ugire ibihe byiza kandi usome ibitabo wumve na Radio, abantu batekereza nkawe hanze aha barahangayikishije. Ibihe byiza
Musubize16.08.2012 saa 01:51
Mtoto Kwendenyaka
Ni gute ushobora kuvuga ko ubukungu butahungabana kandi ugabanije ubushobozi bw'abantu bicishijwe mu misoro ??? Ariko disi abanyarwanda turi intama kweli !! Croissance yakwiyongera ite consommation igabanutse ?? uretse yenda dufite amariba ya peteroli cyangwa amabuye y'agaciro !!!! Reka twishyure icyo dukora muri Congo ! izo nzuri se dufiteyo ? abo banyecongo bapfa ? bitumariye iki wa si weeee !!!
Musubize15.08.2012 saa 06:09
Nziza
Inka zikamwa zirahari.
Musubize15.08.2012 saa 01:19
Negro
President of france has a salary of 13,200 euros Prime minister of U.K ( ubwongereza ) his salary is 10.500 euros And our Lovely president 30. 000 Euros . They must know our agaciro first of all ! Viva rwanda and our Mzee Kijana President we love you so much
Musubize14.08.2012 saa 23:39
Gihozo mireille
Ko mwatubwiye ko ubukungu butazahungabana none nkaba mbona bitangiye kutugaruka ? jye mbona intambara zo muri Congo zizatugeza kure. Congo twayiretse mukareba ko tudakomeza iterambere twari turimo. jye ndabona twisubiza inyuma kandi twari tumaze gutera intambwe igaragarira buri wese. simvuze nabi igitekerezo cyanjye ndasaba ko gihita.
Musubize14.08.2012 saa 20:19
Paul
Ngaho ra ngo amahangqa ntacyo yari amaze.Ariko mwagiye mureka kwihagarararaho ? Ubwo se murongera 20% ku misoro kuko mwifashije ? Ubwo si ukuniga abaturage ? Isabune iragura angahe ? Isukareigure angahe ? Essence rero nayo ikoreshwa muri transport iragura angahe ?Ibyo mukora byose muba muhemukira abaturage. Imana izababaze ibikorwa byanyu.
Musubize14.08.2012 saa 19:54
Rutayisire
http://www.youtube.com/watch?v=SqNkCh5cORs
Musubize14.08.2012 saa 14:40
Kagoyire teddy
Ibintu biroroshye ni uko babica ku ruhande. Ruswa no kutamenya gucunga neza ibya rubanda cg kubyiba bitwara ayingayinga 30% bya budget y'igihugu. Ayo aramutse ateshejwe abayiba (ruswa, kunyereza), haba hasigaye 15% kuri za 45% zavaga hanze, ayo ngayo nanjye nayabateramo inkunga. Gira amahoro Rwanda
Musubize14.08.2012 saa 12:59
Auditeur
Ariko ubwenge nkubu mubuvana he basha ni mwishuri ni kwa Rucagu muntore nihehe koko ?ese batugirira ishyari r'iterambere kuko dushaka kubacaho ese ubajije RWANGOBWA iryo terambere turigeraho ataribo ?mbwira umuhanda leta yari yiyubakira idategereje inkunga ya European Union,ese ahubwo barakugirira ishyari barakuzi wowe ?? turi muri serena babajije Samuel Eto wahano hakurya ya congo muri cameroun ngo urwanda waruruz'ute ni BUTOYI wa mubazaga mugifaransa kiza (twese twari tuziko agiye kuvuga Jenocide yatubayeho) S.Eto amusubizako u Rwanda atararuzi ko arumenye ejobundi aruko ikipe ye ya Cameroun itomboye kuzakina na rwo mu majonjora !!!! none niba umukamerune nkuwo atatuzi ??????umunyaburayi we arakuzi kuburyo yakugirira ishyari ?Ararikugirira se kuko wamurushije iki ???Kuko se yavuye iwabo akaza kwiga Medecine inaha ???Kuko se yabuze bourse imuzana kwiga Muri KIST yacu ????hahahaaaaaaaaaaa uransetsa pe ese uziko batwubaha gute kandi abana babakomeye b’ino ariho babohereza kwiga ????Please update your mind… koko sha ntaburyo batatuyobora uko bashatse kuko imyumvire ya benshi muri twe iri hasi pe.....ikindi turatera inkunga abayobozi bacu gute kandi batadukunda ?niko amacyamunara avugwa kuri TVR na radio rwanda niko sha mwana wa !!!! Ibyamunara bisohoka mu Mvaho nshya hafi paje zose nuko abantu bize kwambura amabank, nuko ubunyangamugayo se bwashize mubanyarwanda ??oya Politique mbi yo gukandamiza bantu bakoresheje umusoro urazana imodoka the sem niya mugenzi wawe bakamusoresha miliyoni imwe wowe bakagusoresha imwe na 800.000.Urazana ibicuruzwa bimwe na mugenzi wawe bakamureka ibyawe bati ongera uzane ibyemezo byuko bituruka aho wabiranguye nubuziranenge bwabyo uwo bashaka guha isoko yamara kuri kora bati twamaze gusuzuma ngwino ufate fer a beton zawe,ikindi ubundi boutike, Cantine amata na fanta bikonje, Dry cleaner zo muri quartien ,twa Moto dutwara abantu ,Taxi ntoya Munibus na voiture, Studio Photo/Music natwa salle duto tw’Imipira na mafirime ya YANGA,Restaurant amazu akodeshwa n’ibindi,ahandi mubindi bihugu nka Burundi Tanzania Uganda cyane cyane Kenya ababayo turabizi,ibyo babifata nkutuntu twogusaidira family gusa hagasora busness zigaragara !!!uzabaze abatanzania impamvu banga gushyira umukono kumasezerano yaburundu ya E.A.C ejo bundi narindi Arusha Nuko SEZIBERA adashaka kuvugisha ukuri bafite reason yumvikana barakubwirako umunyarwanda azajya iwabo agakora,agacuruza akunguka kubera ko silikare ya inchi yao isayidira umwene gihugu wese. kubaho uko yishoboye nuko yifite umwana we ntiyicwe ninzara ,ariko umutanzania uzaza murwanda ntazabasha kubaho ntazajya k’umuhanda ngo yisukumire capati baza muteza police na pandagari yabo, ntazikorera ka Restaurant Gaciriritse mu biryogo ngo yihere abantu tangawize capati na pilao bazamutegeka kubanza kubakamwo amakaro na ho bogera n’ibyuma byumutsa intoki nyuma bamwake ipantanti y'umurengera bamwake ay'umutekano bamwake ay'isuku. Kandi ibyo byose biri mungengo y'imari azataha yiruka ntazabona namugeza KAHAMA koko ko abanyarwanda ari ba ndiyo bwana nkubu umuriro bawongeje aruko habayiki koko ?AMAZI ya Nyabarongo RUSIZI RUKARARA NA RUSUMO yagabanutse cyane,ibyuma se byawutangaga byiyongereye ariko umuntu wize akajya kuri radio y’igihugu ngo ibiciro byagenderwagaho nibya kera…kera ryari kera Mwarimu ;Veterinaire na muganga batarazamurirwa imishahara kera Ryari MUyobozi wa RURA we ????Kera Imisoro itaragabanwa kuburyo bugaragara kandi ibicuruzwa bimwe nabimwe bitunga rubanda nyamwishi bitarakurirwaho imisoro ?????Ehhhh Please birarambiranye imitimayabantu irababaye…… abatareba kure nimwe mutuma abayobozi bacu batadohora icyampa ingando za Mutobo zigasimbuzwa ingendo-shuri muri b’ino bihugu duturanye….. abaturage bararya baranywa business zirakorwa amasaha 24/24 naho twe ngo turarata amasuku muri Rond point nahandi ikindi kintangaza amasociete yahandi akomeye like MTN, TIG,EWASA,BRALIRWA,SULFO ,AZAM nandi ntavuze bisayidira abaturage muri byinshi bigatera inkunga amashuri amakipe n’imikino muri rusange na za HOPITAL bityo Leta nazo zibyo bihugu zikoroherwa zikoroherwa muzarebe ibyo MTN UGANDA ikora muri Uganda why not hare ?Muzabaze ibyo Tigo ikora Dar salam muzabaze, isocite yenga inzoga muri TZ inkunga iha Yanga na Simba njye nk’umunyamahanga narindi muri Lunching imwe I Nayirobi ya MTN ndeba amashiringi 2.000.000 Imwe abantu batomboye ndeba amamodoka arigutangwa ngo abantu banezeranwe na MTN kwisabukuru yayo ndeba Telephone zatanzwe kubusa bintera kwibaza icyo iwacu iri gukora nabajijie umwe mubayobozi bimwe muri izi society ntashatse kuvuga arambwirango ahandi hose muri afrika bafite branches murwanda niho basora cyane bagasoresha abakozi bagasoresha abakozi bacu Imodoka zacu ibyapa tumanika, .ndasaba KAGAME ntagakunde abanyabisingizo gusa !!!kuko yarabibonyeko ariko babi bageraho bakamwigarika…nkubu agize gutya agasubiramwo politique y'imisoro nibusumbane bukabije bw'ubutunzi mubanyarwanda,twazibanira nawe kugeza tumushajishije kabisa, akaba nka nyerere wacu BABA wa tayifa....wagiz'uti (Tanzania nigihugu cyabakire n'bakene kandi bose bagomba gusangiriramwo ibyiza bya Tanzania kuko byahinduka uwari umukire akaba umukene uwarukennye agakira) bakabana mu mahoro.Amahoro kuri mwese.......turashaka impinduka kandi zihereye kuri KAGAME wacu kuko intambwe ya mbere yarayiteye kutubanisha mumahoro akadusibamwo amatiku ya hutu tutsi,ariko natabare inzara n'ubukene birishe....mubantu be kandi abatware baza sheferi ntibashaka kubwiza umwami ukuri baramubeshya ko imisozi yose ya gasabo igitemba amata n’ubuki kandi mungo byancitse ninzara n’ubukene.
Musubize14.08.2012 saa 11:32
Mzee Kanyandekwe
Mzee Kanyandekwe Ehhhh urwanda rukeneye abantu nkamwe kabisa kandi ikindi nsigaye mbona ku gihe.com uwarekura abanyarwanda bakajya mumuhanda twabona Libya Tunisia Misiri Syria mu Rwanda kabisa.uziko inkuru zose usanga abatanejejwe n'ibintu aba ari bo benshi par rapport yabashimagiza reba comments kuri izi nkuru za tambutse ku GIHE.COM RAPP munkambi ya nkamira Leta y'urwanda iremezako igiye kugenzura Telephone na E-mail z'abantu Nyuma ya Goma ni ibukavu abanyrwanda batangiye guhohoterwa Umunyarwanda wa kubitiwe muri belgique yasuwe na Ambassaderi w'urwanda mububirigi Nizindi nizindi ziba zishyushye kandi ndahamya ko akazi igihe.com kagira mukuzinyonga kaba ari kenshi nkanjye banyongera byibura message30 buri kwezi.ngarutse kuri coments yawe rero koko abavugango:USA,UK,HOLLANDE SUEDE Ngo bifitiye urwanda ishyari ndabasetse cyane kabisa ubuse koko iterambere tugeraho ryihuse koko nanjye nemera,twarigereranye nirya biriya bihugu cyangwa twarigereranya nirya UGANDA na BURUNDI na TANZAniYA,GOMA NA BUKAVU yewe nta nubwo twarigereranya nirya KENYA NA KINSHASA kubahazi,Mzee Wavuze byinshi bigaragaza gukunda igihugu no kuvugira rubanda gusa ikimbaza nuko tuba ducurangira abahetsi mukanya ntwaye Imodoka yanjye Ministre Fazili anyuzeho yambuka ajya gusengera kuri Mosque ya Onatracom(15/08/2012 saa sita na 20)nshatse kumusuhuza ngo mutunge micro mubaze iby'umutekano mugihugu ipfu zahato hato zabakubitana udusuka,kwiyahura na batoragurwa mubiyaga no mumigezi erega abantu baradushiraho buhoro buhoro NAHO RUVENI yo ntagihe itasonze umunyarwanda kabisa mzee ubuse iyo 20% izava he kuri business se ziyongereye mugihugu,Kumusoro kubakozi se kuko habonetse akazi kenshi mugihugu,Kuberako se twongereye ibyo twohereza mumahanga ???kuko se Gaz yo mukivu yabonetse kubwinshi...biragoue nukubitega amaso merci mingi mzee kuvuga kuby'umuriro wa Electrogaz cash power kandi nabanyamakuru bigihe ndabashimiye kabisa najye ndi mugenzi wanyu muge mureka ibitekerezo nkibi bitambuke kuko haraho bikangura kubayobozi...
15.08.2012 saa 07:08
Karisa Edy
Mzee, ibitekerezo byawe biravangavanze sinzi niba ari uko ushaje cyane cyangwa niba usazanye ubujiji. Ngo dry cleaner, studio photo n'ibindi ni utu business duto two kwisayidira ? Urababaje kabisa. Niba ushaka kumenya utu business duto two kwisayidira reka nkurondorere tumwe muri two : 1. Gucuruza imineke ku gataro uyivana mu cyaro uyijyana mu isoko 2. guhamagara abagenzi kuri taxi 3. gutandika inyanya ku kameza umufungo ari 50Frw n'utundi n'utundi.... Impamvu mvuze ko uri umwana rero cyangwa ukaba wigiza nkana ni uko utazi ko abacuruzi bamwe na bamwe babigira strategie bagakomeza gukorera dry cleaner mu tuzu duto, restaurant mu tuzu tubi kandi mu by'ukuri bafite chiffre d'affaire (turn over) nini cyane. None wowe ngo ni utu business two kwisayidira ? uziko usetsa !!! Njyewe mfite Moto iri mu Muhanda kandi nayiguze 1,300,000 Frw Nyuma y'amezi 8 imaze kwinjiza 2,000,000 umusoro ujyanye n'iyo nyungu ni 72,000Frw kandi yishyuwe mu bihembwe 4 (18,000 ku gihembwe) ubwo koko ikibazo kiri he ? Ariko ubwo koko urumva udatewe isoni n'uburyo utekerezamo ? Warangiza ngo uri Mzee ! Eh ! Uwo mu Tanzania uvuga azaze acuruze chapati ze na tangawizi yunguke atange umusoro. Ntabwo Rwanda Revenue yishyuza umusoro uwahombye ntibibaho. Ariko nazana ibyo kubeshya akagaragaza igicuruzo kitari cyo agamije kunyereza imisoro yo mu Rwanda amategeko azakurikizwa... Kandi nanyereza imisoro agafatwa ibye bakabiteza icyamunara (ndacyakwibutsa ko ibi ari ugukurikiza amategeko), akabura n'itike imusubiza iwabo niwe uzaba yizize. Niba Muri Uganda na Kenya bakora bakabona inyungu z'imirengera ubwo n'ubuyobozi bwaho hari uburyo buri loose ku bijyanye no gukurikirana imisoro, cyangwa se bakaba barageze kure mu guteza imbere ubucuruzi, ariyo nzira natwe turimo nk'u Rwanda. Ntabwo nzi impamvu wagiye muri Kenya ariko icyo ntekereza ni uko ushobora kuba uri mu rugendo shuri rwakugoye. Aho kwigira kuri ivyo gihugu ukaba uri kukigereranya n'u Rwanda... Kenya yubatse ubukungu bwayo kuva kera ubu imisoro yabo ibatunze kugeza kuri 95% twebwe turi kuri 48% kandi RRA imaze imyaka itagera kuri 15 itangiye. wigereranya ibitegereranywa rero ahubwo iga uburyo ibintu bikorwa niba ugishobora kwiga. Icyo dukeneye nk'abanyarwanda si ukugira Kagame Baba wa Taifa ntacyo bitumariye. Ahubwo icyo dukeneye ni uko akomeza politiki yo guteza imbere igihugu n'umusimbuye agakomeza iyo nzira gutyo gutyo. Ahasigaye rero ugire ibihe byiza kandi usome ibitabo wumve na Radio, abantu batekereza nkawe hanze aha barahangayikishije. Ibihe byiza
16.08.2012 saa 01:35
Mtoto Kwendenyaka
noneho tuzayakurahe koko nubundi nimisoro yarisazwe byaratunaniye none ngo mugiye kongera ahahaaaa ahubwo nimungabanye imishahara ya banyacyubahiro kuko nibobayitwarira kuko iyomurugo hateye ubukene umubyeyi aharira abana
Musubize14.08.2012 saa 09:55
wakiki
Nta kindi bikirirwa bafata mu ijosi abacuruzi kuko iyo bazamuye iyo misoro ugorwa si umucuruzi ni umutarage kuko ari we uyishyura. Igikwiye gukorwa nta kindi ni ukwemera gusangira ubusa buhari, hanyuma ba nyakubahwa bakemera guhanantura imishahara yabo...kuko niba mwarimu wo muri primaire afite.40 000 akaba ari we utangira numva uwafata menshi mu gihugu atagakwiye kurena 400. 000 niba koko abantu bihesha agaciro,,,ariko ndasara ururimi se hari icyo rupfana na Nyrarwo,,,ashwiiiiiiiii
15.08.2012 saa 01:24
kiki

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!