IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Tuvuge oya ku biyobyabwenge, ahubwo duhitemo ubuzima


Yanditswe kuya 2-07-2012 - Saa 10:17' na Emmanuel Nshimiyimana

Tuvuge oya ku biyobyabwenge ahubwo duhitemo ubuzima. Aya ni amagambo yagarutsweho ku munsi mpuzamahanga ngaruka mwaka wizihizwa tariki ya 26 Kamena, wo kurwanya ibiyobyabwenge wizihirijwe ku rwego rw’igihugu ku kibuga cya Camp Kigali mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.

Ageza ijambo ku mbaga y’abantu batari bake biganjemo urubyiruko rw’abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye ndetse n’abatwara amamoto, n’abakozi ba Minisiteri y’Ubuzima inzego za Polisi ndetse n’iza Gisirikare, Tumukunde Hope Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza, yavuze ko ikibazo cy’ibiyobyabwenge kigenda gifata indi ntera, iyo ikaba ariyo mpanvu ikibazo cy’ibiyobyabwenge gihangayikishije Leta y’u Rwanda ndetse n’amahanga muri rusange.

Umwe mubatanze ubuhamya Hagenimana Céléstin yavuze ko agikoresha ibiyobyabwenge nta kizere cyo kubaho yari afite, kandi nta n’umwanya yari agifite mu Muryango Nyarwanda, kuko yihimbaga amazina ashingiye ku gutakaza umutwe akiyita Commando, Gatuza, n’andi, kandi akaba yarumvaga ko nta muntu woga cyangwa ufite isuku agomba kugisha inama, ahubwo abameze batyo akabafata nk’abanzi be.

Minisitiri w’Ubuzima Binagwaho Agnes mu ijambo rigufi yagejeje kubari bitabiriye uyu muhango yagarutse ku ngaruka mbi z’ibiyobyabwenge, avuga ko umubare munini wabafite indwara zo mu mutwe zikomoka ku biyobyabwenge, asaba ko inzego zose za Leta zahagurukira mu kubirwanya.

IBITEKEREZO
MWIREBA GITERA AHUBWO MUREBE IKIBIBATERA
Musubize3.07.2012 saa 02:59
FSDFAF

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!