IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Iyakaremye aratuganirira ku bucuruzi bwahesha umuntu miliyoni zirenga 2 mu kwezi kumwe


Yanditswe kuya 11-07-2012 - Saa 17:41' na Richard Irakoze

Umuhanzi Honoray Iyakaremye usanzwe umenyerewe mu ndirimbo zihimbaza Imana aratangaza ko hari uburyo bushya bw’ubucuruzi (International Business Opportunity) butaramenyerwa cyane mu Rwanda ushobora kubona miliyoni zirenga ebyiri mu gihe kitarenze ukwezi kumwe mu gihe waba ubwitabiriye.

Ubwo buryo avuga ko ari ubujyanye no kwamamaza no kumenyekanisha ku nshuti zawe (network marketing) ibikoresho byiganjemo iby’ubuzima bikorwa mu ‘Gikakarubamba’ birimo Imitobe (Juice) ifite intungamubiri nk’izibiryo, imibavu, amasabune, amavuta, n’ibindi bikoresho by’isuku bitandukanye bikorwa n’uruganda Forever Living rwo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Mu kiganiro na IGIHE, Iyakaremye yavuze ko ubu buryo bukorwa umuntu afata ibikoresho by’amafaranga ibihumbi magana abiri na mirongo irindwi ‘270,000Rwf’ (cyangwa ibihumbi mirongo itanu 50,000Frw ku wudafite aya mbere) hanyuma akabyishyura agatangira kubikoresha.

Bimwe mu bikoresho bya Living Forever

Ibyo bikoresho birimo iby’isuku nk’imiti y’amenyo, amasabune, amavuta, ibyo kunywa bifasha umubiri kuruhuka nk’imitobe (Juice) n’ibindi.

Abihabwa bivuye ku cyicaro cy’uruganda rwa Forever Living mu Rwanda kiri Kicukiro muri Inind House (ahari ishuri rya RTUC).

Iyakaremye avuga ko iyo hari undi muntu ubwiye ubwiza bwabyo nawe akabigura, uhita uhabwa amafaranga 52, 000 Rwf y’uko wamenyekanishije ibyo bikoresho bikagurwa.

Iyakaremye avuga ko aya mafaranga 270, 000 Rwf ushobora guhita uyagaruza mu gushakisha abandi bantu bagura ibyo bikoresho ku ruganda cyangwa se n’abandi bashishikariza bagenzi babo ko mu gihe baba bakeneye ibikoresho nk’ibyo bajya bagura ibyo ku ruganda rwa Forever Living.

Iyakaremye yemeza ko mu kwezi kumwe ubashije kumenyesha inshuti zawe iby’ibyo bikoresho ukoresha nazo zikemera kuzajya zibikoresha ari nyinshi ushobora kunguka miliyoni zirenga ebyiri mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa. Avuga kandi ko n’inshuti zawe uko zikoresha ibyo bikoresho nazo zigenda zihabwa amafaranga menshi yo kuba zahisemo ibikoresho bya Forever Living.

Iyakaremye avuga ko atari maji cyangwa se amashitani ko ahubwo ari ukuri kwambaye ubudas kandi ko iby’iyi mishinga hari bamwe mu banyarwanda bamaze kubitangira kandi bamaze kungukamo amafaranga menshi cyane, aho atanga urugero rw’umwe mu bagore bacuruzaga udutaro ubu akaba yaramaze gukira.

Atanga kandi urugero rw’uwitwa Mama Chantal Umulisa umaze kubaka inzu akanagura imodoka nziza, ndetse ubu akaba ahembwa miliyoni zigera kuri eshanu buri kwezi biturutse kuri uwo mushinga.

Igikakarubamba-Igihingwa gikorwamo byinshi mu bikoresho bya LivingForever

Asaba urubyiruko rwaba ari ururi mu mashuri, mu tundi tuzi cyangwa se urwashomereye rwifuza gutangira gukora uwo mushinga kumugana rukamuhamagara kuri telefone y’akazi ya 0784979702 cyangwa kuri 0788954896 cyangwa 0786243728 cyangwa se kuri nimero ye ya tigo ya 0728047164.

IBITEKEREZO
ubu bucuruzi ni bwiza ,nibwo nkora,mugihe cy'ukwezi maze kubona abantu,bane ubu ntgereje umushahara utubutse,amafaranga yase meshi,uyabona wa koze,no muri foreve umuntu arakora nta mikinoa ibamo.
Musubize27.03.2013 saa 04:14
mbonyumugenzi lambert
uwatangije ibihumi mirongo itanu ahembwa byagenze bite ?ese iyo abo winjije nabo batagejeje kuri 270 000 bo bahembwa gute,ese utaruzuza umugabane we ntahembwa ? byagenda bite kugira ngo uwo utaruzuza umugabane ahembwe ?dukeneye ibisobanuro kuri izo cases zombi
baziguhang imishinga kabisa ndabemeye arikose ? kobanza bafite impamya gumenyi zihanitse as Phd, ect eeeehe bira komeyepe.abashaka gukira vuba ngaho ni mukore mumifuka.yeeyeee nibindi bizaza
Musubize13.07.2012 saa 14:08
moses
abashyigikiye iyo mishinga nuko bafite amafaraga sha... nubundi barabivuze ngo ifaranga rijya mu rindi. 50.000rwf bakeka ko aramafaranga buri wese yatoragura ; wayabona se, abakire bagenzi bawe wajyana ngo bagura iyo miti nibangahe, wa mugani wanyu aba nabari kwishakira abakiriya ngo bagaruze ayabo,naho abandi baramangamanga, kuba iyo business yemewe ibyo sicyo kibazo, ahubwo ikibazo ni bangahe mu banyarwanda bashoboye kugura iyo service ? uyu muhanzi niba koko akorera Imana nkuko ayiririmbira ngo nashakire ubukire nabaciye bugufi batabasha kubona icyo gishoro nahubundi ibi nubwibone nubushinyaguzi.
Musubize13.07.2012 saa 08:44
robet
hari umutype waranguye izi produits kuri 50.000frws yakoraga ku muntu akamusobanurira ubwiza bwazo kandi ko bifite ubuziranenge noneho bamubaza igiciro bagasanga kirahanitse bagahita bigendera none ubu colgate igiye gushiramo bayikoreshereza n'izindi nazo ziraho can u imagine ? . NSHUTI PRODUITS RWOSE NI NZIZA ARIKO RERO ZIRAHENZE KABISA ZIGURWA N'UWIHAYE RUBANDA RUGUFI WAPI
Musubize13.07.2012 saa 03:51
eddy
hari umutype waranguye izi produits kuri 50.000frws yakoraga ku muntu akamusobanurira ubwiza bwazo kandi ko bifite ubuziranenge noneho bamubaza igiciro bagasanga kirahanitse bagahita bigendera none ubu colgate igiye gushiramo bayikoreshereza n'izindi nazo ziraho can u imagine ? . NSHUTI PRODUITS RWOSE NI NZIZA ARIKO RERO ZIRAHENZE KABISA ZIGURWA N'UWIHAYE RUBANDA RUGUFI WAPI
Musubize13.07.2012 saa 03:51
eddy
ejo kuwa kane nari kuri sports view, uyu musore yadusobanuriraga ibintu bifatika kandi byumvikana, n uburenganzira bw umuntu guhitamo icyo ashaka gukora, iyi business s ukubeshya iremewe hano mugihugu bafite ibyangombwa byose kandi uko bakora birasobanutse. mwe mwabinaniwe mwe guca abandi intege, nanjye ntegereje kubona cash nkabitangira. ndagushyigikira cyane Mr Iyakaremye.
Musubize13.07.2012 saa 03:14
Diane Keza
Mureke mbabwire mwa bantu mwe, si ugusebanya, si ukubeshya, si no kubuza abandi kwikorera Business !! Ibikoemere natewe na Questnet bituma iyo numvise bene izi business z'amashami (ukunguka ari uko winjije undi, nawe akinjiza abandi...) narazizinutswe !!! Nagiyemo, udufaranga nari narakoreye imyaka n'imyaniko mba ndadutwitse ngo ngiye gukira vuba, nuko nkirirwa niruka nshaka abantu, inyota ikanyica, izuba rikanyica, amaguru agashya, abantu bakanga kujyamo... nyuma inshuti zanjye zose zaje kujyamo, ariko mu minsi micye biba birahagaze !!! Cash zabo baba barazihombye !! None nabuze cash, mbura n'inshuti, kuko iyo duhuye nabo nubika amaso, kuko bavuga ngo :" Dore wa mutekamutwe wadutwikiye amafaranga" Ubwo nyine abari inshuti bahindutse abanzi banjye !!!! None ngo njye muri Forever nkire vuba !!! Jyenda ukire wenyine....Rugamba yararirimbye ngo :" NTUMPEHO"....
Musubize13.07.2012 saa 00:41
Mugemanyi
Hi !!muhumure kabisa ukunukuri kwambaye ubusa !! Buri wese ukeneye inama n ;ubufasha bwatuma atangira business anshake kabisa kuri 0788674752 niteguye kumufasha !! U can,t change ur life if u don ;t change ur thinking guyz !!!COURAGE SANA !!
Musubize12.07.2012 saa 17:43
frank
SHA WAKOMEJE GUKORA UMUZIKI NKA PRODUCER KO ARI BYO WAJE UVUGA KO UGIYE GUKORA, IBI BYO UBYISHOYEMO UTE ? MENYA KO INKUNGUZI Y'INKWARE YONA IMBAGARE AGACA KAYIREBA. UBWO RERO URAGIRA NGO MU KANYA GATO POLICE NTIKUBIKA AHABUGENEWE, AMAGAMBO AGASHIRA IVUGA !
Musubize12.07.2012 saa 16:08
IMITWE
forever living product is a very known company and it has been so successful in a worldwide range which is why we accepted this company here in Rwanda. please do not discourage this young man who has a vision of being successful in his career. mind your own business dear friends of igihe.com, first come first served. bless you brother Honoray and keep moving forward.
Musubize12.07.2012 saa 16:01
smith
iyi business ni nziza ntabwo ari uguteka umutwe, ndabikora nanjye kandi produit zangiriye umumaro cyane. mureke gutesha agaciro uyu musore mu mirimo myiza yatuzaniye. komereza aho Mr iyakaremye.
Musubize12.07.2012 saa 10:33
bob
Tuzaza,by Kalisa
Musubize12.07.2012 saa 10:03
kalisa
Honoray Iyakaremye niwe munyarwanda wambere mbonye urangira bagenzi be b'abanyarwanda aho bashobora gukura amafranga ! Ibi ntibisanzwe mu muco wacu ! Izo mpuhwe ra ?!! Iyakaremye, mu byukuri koko uririmbira Imana ya Isaka na Yakobo ? Bazabona ishyano.....
Musubize12.07.2012 saa 08:09
Cobra
mukureho abatekamutwe cg babahaye akantu
Musubize12.07.2012 saa 07:18
bill
Uyu mutype narinzi ko yiyiziye music gusa naho burya azi no gucuruza ??cyakora abiwanyu mwese mwiyiziye music nicyo nzi
12.07.2012 saa 11:03
Ariko abantu bose muba mwmva ko ari inkozi zibibi nta kintu nacyimwe mwumva ko kiri positive koko ? utabishoboye wabireka ariko nabonye benshi babitangiye ubuhamya kandi baravuga ko bifite umumaro, ubuhamya mwabwiboneye so mureke ababishaka babyikorere.
13.07.2012 saa 01:59
paciss
Izi produits zabo ni nziza, umuti woza amenyo bakoresha waramvuye ariko zirahenze nta bushobozi abanyarwanda bafite bwo kuzigura, nzi benshi babicuruje babura aba clients ubundi babivamo.
Musubize12.07.2012 saa 06:45
umusomyi sarah
Sha uri umubenshyi wa hatari , waretse kwiba abanyarwanda . Questinet barayihinyuye none nawe uje kudutoneka igisebe. Jya gutekera imitwe ahandi.Abo avuga byakijije, ni ukubeshya, ni abatekamutwe nkawe, aba yapfumbatishije 5000frs umushishozi. com
Musubize12.07.2012 saa 06:39
######
sinumvise ngo uri umuhanzi ? Wahanze aho gushora urubyiruko muri escroquerie ! Ubwo rero uragira ngo baguteze imbere gusa !!!!
Musubize12.07.2012 saa 05:27
Ange Angelique
merci pour l information ndabona wowe nakwizera tugakorana kuko benci baba batazi ibyo bakora, ndatangira gukora ejo mu gitondo rwose nta kabuza. merci Honoray. courage et soit benit
Musubize12.07.2012 saa 04:48
Yvonne
ushaka amakuru arambuye y iyi business uze kuri sport view hotel buri wa kane saa kumi nebyiri baba batanga training kubuntu maze ufate icyemezo kubwawe nta wuguciye intege. kandi Imana iguhe umugisha Mr Iyakaremye
Musubize12.07.2012 saa 04:40
kizito
1 | 2 | 3

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!