IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Uburyo bwo gutanga amanota y’imihigo mu bakozi bo mu nzego za Leta bujyiye gusobanuka


Yanditswe kuya 30-08-2012 - Saa 06:58' na Turikumwe Noel

Muri iki gihe mu Rwanda hari umuco wo guhiga ngo hihutishwe iterambere ry’Igihugu, abakozi basabwa guhiga ngo imirimo yabo ishyirwemo ingufu, ndetse bagire n’uruhare mu kwihutisha ibyo ababayobora baba bahigiye.

Mu gikorwa cyo gusuzuma ibyagezweho mu mihigo y’umwaka ushize cyabereye ku cyicaro cya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu tariki ya 29 Kanama 2012, hagaragajwe ko uturere tugiye kugaragaza imihigo y’uyu mwaka wa 2012-2013.

Nk’uko abakozi bari basanzwe nabo bagirana imihigo n’inzego bakoramo, Minisitiri Musoni yasabye abayobozi ba za Njyanama z’uturere bari bitabiriye iki gikorwa, gusinyana imihigo n’abakozi babo.

Yagize ati “ Iyi sinya ituruka kuri Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, twasinyiye ibyo tugomba gukora, mugende namwe muyishyikirize abakozi banyu ”.

Minisitiri yavuze ko uburyo aba bakozi bahabwaga amanota bujyiye guhinduka. Aha yavuze ko ubu buryo bugomba gushingira ku ngingo zifatika bikava mu marangamutima kandi igenzura rigakorwa buri kwezi, amanota y’umwaka akaba igiteranyo cy’amezi yose.

Yavuze ko kugira ngo bigerweho, buri mukozi agomba guhabwa inshingano zigaragara, bityo n’ibidindira bikamenyekana.

Ibi bizafasha kwihutisha intego ubuyobozi buba bwarihaye mu mihigo. Ngo ubundi abakozi bari basanzwe bahiga nyamara gukurikirana ibyo bahigiye ntikorwe neza. Wasangaga umwaka ushira bagatekereza amanota bagomba kumuha, rimwe na rimwe bikagaragara ko ntagishingiweho ngo ahabwe amanota yabonye.

IBITEKEREZO
Urujijo : Ni uburyo bwo gutanga amanota mu bakozi bo mu nzego za Leta, cyangwa ni mubirebana n'imihigo y'uturere ?
Musubize31.08.2012 saa 01:19
sano
Ibisigaye biba mu butegetsi bacu birayoberanye. umutegetsi asigaye yirotera ibyo yishakiye bwacya akaza kubishyira mu bo ashinzwe hutihuti, bigatuma byinshi byangirika. Murazi aho Ibitaro bya fayisar byari bigeze kubera imikorere mibi ya RBC ? ariko koko mwabonye he ubuyobozi bukomatanya ibigo bigera kw'icumi bidahuje imikorere na n'inshingano ? aho gukemura ibibazo , yiradindiza imikorere nubwo ntawajya ahagaragara ngo abivuge ku mugaragaro kubera gutinya abategetsi. Urazi kugezaho Faysar ibura imiti, bitewe n'itangwa ry'amasoko rya RBC ? Ukeneye amakuru azegere abakozi bamwe na bamwe mw'ibanga bamubwire umwuka uri mu bigo no mu bakozi uko umeze. Birababaje. Ubu hari abakozi bahembwe imishahara mishya , abandi bahembwa isanzwe, hari nabatarahembwe. Ibyo birakwiriye koko mu kigo kimwe ? Ahandi umukozi sous contrat ntabwo ahembwa kimwe n'umu sous/statut. Ariko hariya ahubwo aba sous/contrat nibo bahembwa nabi. Birababaje kuba ntawakwihandagaza kubera gutinya kwirukanwa. Nahubundi hanz'aha si heza. Uko zivuze ngo niko zitambirwa , none twagira dute se ?
Musubize30.08.2012 saa 14:10
MPORENDAME
Ibi bya evaluation mu bakozi mubyihorere !! Ni agahinda ! Muzagere muri Commission ya demobilisation mubaze abo bagira abambere ! Mubaze imikorere yabo ! Ni AGAHOMAMUNWA !
Musubize30.08.2012 saa 13:27
bihibindi
Iyi gahunda izaba ikemuye byinshi inakureho urwikekwe, ikibazo n'uko babihaye igihe gito iyo bashyira nibura kane mu mwaka naho buri kwezi wapi muzambwira.
Musubize30.08.2012 saa 11:01
Leo
Minaloc nibanze nayo imenye ibyo ikora,ibone kureba ibyabandi....Bagendera kumarangamutima,ntibashishoze.Bishoboka bite gutanga amanota angana,kandi uturere dutandukanye geographically.How can you compare Rubavu to Kicukiro.....Nibabanze banoze akazi ka Minaloc babone kujya ahandi.
Musubize30.08.2012 saa 09:45
titok
u raised a relevant point indeed
30.08.2012 saa 21:05
Titeuf
Rulindo yararenganye abakoze evaluation bagendeye kumarangamutima , twe abanyarulindo turabizi kotwibwe amanota , muzamanuke mubaze abaturage ibyagezweho , cyangwa mubabaze uburyo bahabwa serivisi , oya twararenganye peee . imihigo ishingiye kumarangamutima gusaa nikimenyane
Musubize30.08.2012 saa 08:21
bisanukuri
Wavuze se Rusizi, nukuntu bakoze hasi no hejuru ngo barebe ko bazamuka maze aho kujya ejuru ahubwo bakajya bagikurura !Ni abatekinitsi gusaaa
30.08.2012 saa 08:58
karaha
Mu gutekinika muri abazero ! Mumaze gutekinika iby'uturere none muje no mu bakozi, nizeye ko ari aba Minaloc uvuga naho twe utureke dis, umusaza wacu Murekezi arahari
Musubize30.08.2012 saa 08:17
mushyitsi

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!