Ubwo harahizwaga abakomiseri bagiye kuyobora Komisiyo y’amatora, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof Sam Rugege, yabasabye kuzita ku nshingano zikomeye z’amahame ya demukarasi mu matora.
Abakomiseri barindwi barahiriye kuyobora Komisiyo y’amatora y’u Rwanda kuwa Kabiri ku itariki ya 8 Ukwakira 2012, umuhango wabereye mu ngoro y’Urukiko rw’ikirenga ni Prof Kalisa Mbandanaho warahiriye umwanya wa Perezida wa Komisiyo y’amatora, Kansonga Ndahiro Marie Odette warahiye kuba Visi Perezida, n’abandi ba komiseri barimo Ntibirindwa Suedi, Ruhigana Venuste, Uwera Pelagie, Mukarubibi Fatina na Mukamana Esperence.
Prof .Rugege yavuze ko abarahiye bahawe inshingano zo kuzashyiraho umurongo ngenderwaho w’amatora, gusuzuma no kwemeza amabwiriza, imfashanyigisho, iminsi ntakuka na kandidature z’amatora, gukurikirana imigendekere y’amatora no gukurikirana abakandida b’amatota.
Ibi byose Prof Rugege yabibukije ko ari inshingano ziremereye bahawe, ko u Rwanda rubatezeho byinshi mu gushyigikira demukarasi y’u Rwanda mu matora anyuze mu mucyo.
Prof Rugege yagaye ko hari bamwe bavuga ko u Rwanda rutagendera kuri demukarasi "ati bamwe mu bavuga u Rwanda nabi barushinjya ko rutagira demukarasi mu m , birengagiza ko mu Rwanda abuturage batora mu bwisanzure kuva ku muyobozi w’Umudugudu kugera kuri Perezida wa Repubulika".
Yavuze ko hari ibihugu usanga amatora akurikirwa n’imvururu.Yagize ati"Bene ayo matora twe ntayo dukeneye".
Pfof Rugege yifuriza abarahiye bose kuzarangwa n’umurimo unoze bubahiriza indihiro ikomeye barahira bafashe ku Ibendera ry’Igihugu, ivuga ko barahiriye u Rwanda ku mugaragaro ko btazahemukira Repubulika y’u Rwanda, kuzaharanira Itegeko Nshinga n’andi mategeko, kuzaharanira uburenganzira bw’ibanze bwa muntu n’ibyagirira abanyarwanda bose akamaro, kuzaharanira ubumwe bw’Abanyarwanda, kuzakorana umurava imirimo bashinzwe no kutazakoresha ububasha bahawe mu nyungu zabo bwite.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
|
Kigali : Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye barinubira ibihano byo gukubitwa inkoni
18.05.2013 |
|
Ese koko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bikorwa nyuma y’imyaka itanu ?
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |