IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Muhanga : Ibikorwa remezo bidatunganye byatumye Akarere kataza imbere mu mihigo


Yanditswe kuya 6-09-2012 - Saa 06:19' na Deus Ntakirutimana

Imbere y’abantu barenga 1000 bagize inteko y’Akarere n’abafatanyabikorwa bako, bari buzuye inzu mberabyombi y’Akarere n’abayisagutse bari hanze bashyiriweho indangururamajwi, Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Mutakwasuku Yvonne yasobanuriye imbaga umwanya babonye n’impamvu yatumye ari wo bajeho.

Akarere ka Muhanga kabaye aka 12 n’amanota 91 mu mihigo yashyizwe ahagaragara muri uyu mwaka. Mu byasobanuwe n’Umuyobozi w’Akarere , ibikorwa remezo ni byo byagarutsweho nk’imwe mu mpamvu zo gufata umwanya Akarere kabonye.

Bimwe mu by’ingenzi byavuzwe harimo ikibazo cya sitade ya Muhanga yari yarahizwe ko izarangira mu gihe cy’amezi ane itangiye, byaje kurangira bidakunze kubera imisoro yatswe nyamara imirimo yari yaratangiye bigatuma itarangira ku gihe.

Ikindi ni imihanda y’amabuye yubatswe muri uyu mujyi, abagenzuzi b’ibikorwa by’imihigo baje kugenzura imihanda yararangiye, ariko hakiburaga ibikorwa bike nko kubaka imiferege itwara amazi yubatswe ku mpande.

Mu bindi harimo ibiraro (amateme) bigera kuri 3 bya beto byubatswe muri aka Karere, ariko nabyo igenzura ry’imihigo ryakozwe bitararangira, kuko ngo imirimo yo kubaka yahuye n’imvura, bituma amakamyo yajyanagayo ibikoresho mu gace yari byubatswemo, atabona uko agerayo kubera ubunyerere.

Nubwo aka karere kasuwe katararangiza ibi bikorwa byatumye gashyirwa ku mwanya wa 12 ngo hari bimwe muri byo byarangiye birimo amateme, kuko n’ubundi yendaga kurangira uretse beto yashyizweho yari igitezwe n’ibiti mu nsi.

Abafatanyabikorwa nabo bongeye gusabwa kwikubita agashyi, kuko nabo bari mu batumye Akarere gafata umwanya babonye. Mutakwasuku abasaba gukora ibikorwa biyemeje bigamije iterambere ry’akarere kandi bakabikora ku gihe.

Nyamara n’ubwo hari bimwe mu bikorwa Akarere katabashije kurangiza ijana ku 100, hari bimwe mu bikorwa byarenze igipimo bari bihaye, harimo gushyira amatara ku mihanda, hagombaga gushyirwa amatara ku burebure bwa kirometero enye (km 4), ariko yashyizwe kuri kirometero Km15.

Mu mihigo mishya harimo kwimura ibikorwa bitandukanye byabarizwaga muri uyu mujyi bigashyirwa mu nkengero zawo harimo nk’amabarizo, amagaraje, no kongera ibikorwa bitandukanye bigendeye ku nkingi za guverinoma.

Guverineri w’intara y’amajyepfo, Munyantwari Alphonse witabiriye ibikorrwa by’iyi nteko yavuze ko amanota Muhanga yagize atari mabi, ariko nk’uko buri wese atashimishwa no kutaba uwa mbere yasabye ubuyobozi n’abaturage batuye aka karere gushyiramo ingufu ubutaha kakaza ku mwanya wa mbere .

Akarere ka Muhanga gatuwe n’abaturage bagera ku bihumbi 319.

IBITEKEREZO
Abayobozi ba Muhanga aho ntago bahazi rwose. Bazi ko Muhanga ari Nyamabuye, Syogwe,Cyeza, Muhanga. Ntubarenze aho ! Indi mirenge niba igira ba gitifu cg Njyanama, sinamenya. Ahaa ! Bikubite agashyi kuko birakabije.
Musubize6.09.2012 saa 10:06
######
Mayor Mutakwasuku yabivuze ukuri ntako abayobozi ba Muhanga batagize ngo bese imihigo yabo ! Gusa bagiye bahura n'ibibazo byinshi mu kuyishyira mu bikorwa kuko ahenshi hari imisozi inyerera idatuma hari imodoka zahakora mu gihe cy'imvura. Nk'urugero, ntabwo imirimo yakorerwa nko mu turere ka Kamonyi cg. Ruhango mu gihe cy'imvura yashobokera Muhanga kubera ubunyereri bw'imihanda yaho inyura akenshi mu misozi. Sinzi impamvu abo bagenzuzi bene ibyo batabitekerezaho iyo bagiye gutanga amanota y'uturere.
Musubize6.09.2012 saa 09:40
Migambi
muhanga ntabwo ikora ahubwo nje nyoberwa impambu itaba iyanyuma,nje ndavuga aho bita i nyakabanda muri ndiza,basigaye inyuma ,nta muhanda ugerayo,nta mashanyarazi nayo buruge yabasigiye bananiwe kuyarambana ntacyo abampariye pe,ibiraro se bangira !BASHAKE BINO BIRARO BYO MUKIRERE BAZABISHYIREYO kubera uriya mugezi wa nyakabanda urabizana.batangira ngororero baba barashize niko bagenderaho.kuva i ngaru kugera kirwa,nta terambere,bayobozi ba muhanga koko mwakwerekeje amaso muri biriya bice.muhateze imbere tujye dusura iriya misozi yandiza ishyamba kimeza rya BUSAGA riri iyo muri rusuri,nifuza kungerayo nkunda gutembera,,byazateza imbere ubukerarugendo bwanyu.njyanama ya karere.bayobozi bimirenge nimwe bwire muvugire ahantu mutuye,umuriro uri aho hakurya muri ngororero muwukurure muwugeze i kivumo na kibangu ahasigaye musharame namwe.iterambere kuri bose.
Musubize6.09.2012 saa 09:12
tom gilbert

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!