Ku munsi Abayisilamu bizihiza banazirikana umunsi intumwa y’Imana Ibrahim yatanzeho igitambo, umuryango uharanira iterambere Al-Amal uharanira ko abantu barangwa n’ubufatanye wasangiye n’abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye, abatishoboye n’impunzi ziba mu nkambi ya Kiziba ku Kibuye.
Hakizimana Almas ukuriye uyu muryango mu yavuze ko uyu muryango udafasha abayisilamu gusa ahubwo ufasha abantu muri rusange. Yahamagariye buri wese gufasha bireba buri wese, ati “buri muntu wese ufite icyo arusha mugenzi we afite inshingano zo gufasha utishoboye kugira ngo agire aho agera bitandukanye n’uko yaba abayeho.”
Umuryango AL-AMAL ni umuryango wa kisilamu ugamije gufashanya no guteza imbere imibereho myiza y’abaturage. Abawugize ko mu byo bateganya harimo ko bazafasha abatishoboye mu birebana no kubaha umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza(Mutuelle de sante) bo mu karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Mageragere babarirwa mu 100, ariko ngo bifuza ko mu mwaka utaha bazaba barafashije abantu 5000 muri iyi gahunda ya mituweli.
Uyu muryango watangiye ku ya gatanu Nzeri 2012, ukaba waratangiye ufite abanyamuryango 20 biganjemo urubyiruko.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |