IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Umushinga wa Kalisimbi ntiwapfuye kuko ubu urakora - RDB


Yanditswe kuya 27-10-2012 - Saa 08:15' na Marie Chantal Nyirabera

Imwe mu mirimo yari iteganyijwe mu mushinga wa Kalisimbi ujyanye no kunoza itumanaho mu Rwanda, ubu yatangiye gukorwa. Ikitarashyizwemo imbaraga mu byari biteganyijwe muri uyu mushinga ni itumanaho ry’imiyoboro ya interineti, kuko hakoreshejwe uburyo bwa Fibre Optique’’.

Ibi byatangajwe n’umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga (ICT) mu kigo cy’Igihugu cy’iterambere RDB ubwo yari imbere y’inteko ibishinze mu Nteko Ishinga Amategeko.

Patric Nyirishema ukuriye ishami rya ICT yagize ati “Umunara urahari urakora, mu bugenzuzi bw’ ikirere cy’ u Rwanda kugeza ubu turacyagenzura no kugeza ku rwego rwa COMESA byaratangiye.”

Imirimo ikorerwa kuri uyu munara irimo itumanaho no kuyobora indege nk’uko Nyirishema abivuga. Yongeraho ko hanatangiye kugenzura ibijyanye n’iteganyagihe, bikazafasha u Rwanda hamwe n’ ibindi bihugu byo mu Karere.

Yanasobanuriye abadepite ko icyahindutse mu byari biteganyijwe muri uyu mushinga ari itumanaho rya interineti kubera ko ubu mu Rwanda hakoreshwa irya ‘Fibre Optique’.

Yatangaje ko uyu munara ukoreshwa mu rwego rw’itumanaho rya ‘Broadcasting’, ni ukuvuga kohereza amashusho n’amajwi kuri radiyo cyangwa kuri televiziyo.

Akamanzi Clare , umuyobozi wa RDB yavuze ko hazanatangizwa gahunda ya ‘Cable Car’, utumodoka two mu kirere tuzajya dufasha mu kugenzura ikirere.

IBITEKEREZO
Aba bayobozi rwose bashobora kuba bavuga ko uriya munara ukorera abanyamahanga gusa (mu bindi bihugu), kuko aho ntuye muri Muhanga ntashobora kureba neza RTV, mbese ni nka kera. Abanyarwanda tujye tumenya no kuvugisha ukuri, byafasha na gvt kuba yanabatera inkunga kugirango ibintu bizatungane. Ese iyo utanze raporo itarimo ukuri, ukosora yamenya akora iki ?
Musubize29.10.2012 saa 02:07
piyo
TVR hari aho nabonye igisobanuro cyayo : Tu Vois Rien !!! haaha !!!!
Musubize28.10.2012 saa 11:55
Faustin
i RUBAVU si ukubabeshya ntituzi ko RTV niba ibaho kuko ntituyireba usanga itagaragara twirebera izo murikongo gusa gusaaaaaaaaaaaaaaaa !!!!!!!!!
Musubize28.10.2012 saa 05:20
apape
Ariko jye hari ikinr-tu kimwe nibaza Iyo umuntu w'umugabo agize atya akabeshya abanyarwanda Ibintu bigaragara. cyakoze cyo ndumiwe Gsa HE Kagame Tujya tumwemera ariko abo bakorana someones aren't serious ! nk'uyu akwiye kubazwa uku kubeshya inteko, Broadcastting se yahindutseho iki ? Ubu se kuba nta yindi TV iza ni uko habuze investors ? Aahahahahahahaaaaaaaaaaa nzaba aka media yo mu Rwanda !
Musubize28.10.2012 saa 03:57
r
Gutekinika turabimenyereye ntimwirushye mucomanta byinshi. iyo uwo mushinga utitaba imana nako shitani wari gutahwa ku mugaragaro nkuko wahoraga uvugwa cyane mu ntangiriro yawo. Naho abareba TVR bo bihangane izagaragara muri 2020 ! Uwakwereka ukuntu ijya igaragara neza iyo hari umuyobozi mukuru udusura mu karere k'iwacu yamara kugenda ukangira ngo abayobozi bagendana amashusho mu mufuko wabo !!!!!!!!!!!
Musubize28.10.2012 saa 01:22
mushyitsi
Ibi uvuze nibyo 100%, abayobozi b'imishinga bararya ukagira ngo iwabo mu ngo nyibateka ! Capt. IYAKO wari ushinzwe umunara nyuma yo kwicwa n'abagizi ba nabi byahise birangira none ngo umushinga wararangiye ! Ukorera nde ? Watashywe ryari ? ngo TV, Radio murakoze rwose. Iriya mbuzakurahira tv imwe mugira niyo muciraho ibintu. Itumanaho na Media mureke mbahe 5% kuko ntacyo mumariye rubanda. Akarimi keza no kubeshya byo turabizi, aha ho ndabaha 100%. Perezida yakoze hasi abibutsa ibuye igihe yababuzaga guteknika. Mwakoreye igihugu ariko ?
28.10.2012 saa 01:52
Kanakuze
Uyu mushinga wo warapfubye rwose kandi watwaye igihugu amafaranga menshi, ngo TV ko nturiye uyu munara nkaba nkirebera mu mashaza ra ? Ntibakajye babeshya rubanda !
Musubize27.10.2012 saa 10:05
cousin

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!