Kuri uyu wa 15 Kamena 2012, itsinda ry’abatsura ubuziranenge ku rwego mpuzamahanga “Bureau Veritas”, ryahembye uruganda “Inyange Industries”, igihembo cy’ubuziranenge mpuzamahanga.
Iki gihembo gitangwa n’ikigo mpuzamahanga gitsura ubuziranenge ISO, gihabwa inganda zikora ibiribwa n’ibinyobwa iyo bigenzuwe bagasanga byujuje ubuziranenge ku rwego mpuzamahanga. Ubwo kandi urwo ruganda ruba rwemerewe gucuruza ibiribwa ku isi yose.
“Bureau Veritas” nk’agashami k’iki kigo, kagiyeho mu mwaka w’i 2010, gakorera mu bihugu birenga 100, niko gashinzwe gushyiraho amahame ngenderwaho agenga ubuziranenge mpuzamahanga, ni nako kagenzuye Inyange Industries.
ISO igamije gufasha inganda bikorana nayo kugera ku rugero nyarwo rw’ubuziranenge, ireme ry’ibiribwa n’ibyo kunywa, uburyohe ndetse no kutangiza ibidukikije.
Umuyobozi w’Inyange Indusrties, Kayitana Sudadi avuga ko iki gihembo kije mu gihe gikwiriye kuko ngo bagiharaniye kuva muri 2010, ubwo bashyiragaho itsida rya bamwe mu bakozi b’uru ruganda, kugirango bagenzure imikorere banongere ireme ry’ibikorwa .
Uwayoboye itsinda ryatanze amanota ari nawe watanze igihembo, Kenneth yavuze ati :” Mwemerewe gucururiza ibiribwa byanyu mu Karere, ndetse no mu mahanga yakure, kuko muciye agahigo”. Yongeye ho ati : “Hari ibigo bikomeye ku isi bimara imyaka irenga 5 bitaragera ku rugero rw’ubuziranenge, none mwe mubashije kubigeraho mu gihe gito”.
Kenneth yavuze ati :” Ibituruka mu Nyange bikwiriye kuribwa nta mpungenge, kuko nta ndwara bishobora kutera ubiriye, ikindi kandi gishimishije ni uko byose biva mu mbuto n’amatungo by’umwimerere w’abahinzi n’aborozi b’abanyarwanda”.
Kenneth avuga ibihembo bizatangwa ubutaha atari impamyabumenyi gusa ko ahubwo haziyongeraho n’amafaranga.
Hategeka Emmanuel, umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, yashimiye Inyange Industries ku bw’ intera imaze kugera ho, yo kuzuza ubuziranenge mpuzamahanga, abasaba gushora imari hirya no hino kandi avuga ko nk’uko biri mu cyerekezo 2020, MINICOM izakomeza gushyigikira inganda nini n’iziciriritse, ariko cyane cyane bibanda kuzigaragaza ko ziri gutera imbere.
Inyange Industries ni agashami k’itsinda ry’Ubucuruzi bita “ Crystal Ventures” kayobowe na Nshuti Manasseh.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |