IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Ururyiruko rwo muri INILAKSU rwemeza ko ibyo rukora rubikesha Umukuru w’Igihugu


Yanditswe kuya 14-07-2012 - Saa 12:21' na Kwizera Emmanuel

Nyuma y’aho Umuryango INILAKSU w’Abanyeshuri biga muri INILAK ufashirije Umukecuru utishoboye w’i Rwamagana, ukanagenera inkunga abana batishoboye (badasurwa) biga mu bigo by’amashuri 10 bitandukanye, INILAKSU yemeza ko ibikorwa nk’ibi bifatika ibikesha Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda uhora ubibashishikariza.

Mu rwego rwo gushyira hamwe imbaraga no kwerekana ibikorwa byabo, mu bushobozi bwabo bahereye ku mukecuru warokotse Jenoside utishoboye w’i Rwamagana, bamugenera inka, bamwubakira ikiraro cyayo, bamwubakira igikoni n’ubwiherero, banamufasha no mu bindi bikorwa bimuzamura atari kwishoboza.

Kuko babonye ko ibikorwa nk’ibi bisigira ababikorewe akanyamuneza no kwisanga mu bandi, bitewe n’uko hari bamwe mu bana batabona ababasura mu mashuri bigatuma rimwe na rimwe bahorana ibibazo, ku Cyumweru tariki ya 8 Nyakanga 2012, byatumye abanyamuryango ba INILAKSU bahitamo gufata abana bo mu bigo by’amashuri 10 bitandukanye byo mu karere ka Gasabo, buri kigo bahitamo babiri, umuhango ubera mu kigo cya APAER I Kabuga.

Ubwo babasuraga, buri mwana yagenewe impano ihwanye n’amafaranga ibihumbi 15, igizwe n’amasabune, Colgate, amakaye, amakaramu ndetse n’amafaranga ibihumbi birindwi byo kuzategesha mu gihe bazaba batashye.

Mu kiganiro na IGIHE, Umuyobozi wa INILAKSU Bizimana Jean Bosco yagize ati : “Ibikorwa byacu tubikomora ku Mukuru w’Igihugu udahwema kwereka urubyiruko ko ari kumwe na rwo kuko ahora arushishikariza gukunda igihugu n’umurimo uruteza imbere. Niyo mpamvu rero natwe tutazahwema gukora ibikorwa nk’ibi bigaragarira buri wese, kuko nk’uriya mukecuru n’aba banyeshuri, byibuze basigaranye akanyamuneza kuko bari yagenderewe n’abantu biga muri kaminuza”.

IBITEKEREZO
urubyiruko nkuru igihugu kirarukeneye harabura iki ngo tzese dukore neza kurage rubyiruko dufite uwo tureberaho urwanda turuhoze kwisonga
Musubize14.07.2012 saa 07:51
######
Congs INILAKSU.IBIKORWA MUKORA NIBYIZA MUKOMEREZAHO,MURI INTORE NZIZA
Musubize14.07.2012 saa 07:19
HAKUZIMANA Samuel
Uburyiruko ??? Mukosore.Murakoze.
Musubize14.07.2012 saa 05:49
Umulisa Rosine
buriya watanga igitekerezo cyawe ibyo bakosora cyangwa bakongeramo kugirango twubake igihu cyacu ariko gukosora ibyanditse gusa umusaruro ntuhagije
16.07.2012 saa 12:41
Urubyiruko mwarakoze rwose ! Ariko iyo mvugo y'uko mubikesha umubyeyi ntizabafasha kwisariza ! Nta muntu mukesha ibintu mwokabaho mwe !
18.07.2012 saa 10:56
Paul

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!