Abagande ku isonga mu kunywa inzoga nyinshi muri Afurika


Yanditswe kuya 16-03-2013 - Saa 11:01' na Emmanuel Kanamugire

Icyegeranyo cyakozwe na CNN cyerekanye ko Uganda iri ku isonga mu bihugu bya Afurika mu kugira abaturage bakunda kunywa inzoga nyinshi kandi zikomeye.

Ubu bushakashatsi bwari bugamije kumenya ibihugu 10 bya mbere ku Isi mu kunywa, bwashyize Uganda ku mwanya wa 8 igakurikirwa n’u Budage na Australia, mu gihe Abongereza ari bo bari ku isonga muri urwo rwego.

The Daily Monitor dukesha iyi nkuru ivuga ko Abagande bakunze kunywa inzoga yitwa Waragi, yakunze kunyobwa n’abasirikare kubera ko yabateraga akanyabugabo. Kunywa nyinshi ngo bikaba bituma uyinywa agira ingaruka zo kutabasha kuyigobotora.

Iyi nkuru ivuga ko mu bihugu bya Afurika, Uganda ari yo iri ku isonga mu kugira abaturage banywa inzoga nyinshi. Iki gihugu kandi ngo kizwi mu bucuruzi butemewe bw’ibiyobyabwenge bikozwe mu bitoki.

Muri Uganda, kunywa inzoga zifatwa nk’ibiyobyabwenge n’izindi zikomeye haba mu bice by’icyaro no mu nkengero z’imijyi ngo biteje impungenge ku buzima, cyane ubw’urubyiruko no gusubiza inyuma umusaruro muri iki gihe.

Ibindi bihugu CNN yashyize ku rutonde mu banywi ni u Bushinwa, u Burusiya, u Bufaransa, Equateur, Moldova na Korea y’Epfo.

IBITEKEREZO
Ko mutavuze abarundi. Nabo gushingamo umuheha waravyumva kandi baborerwa banyweye ye !!!
Musubize18.03.2013 saa 11:49
THJ
Abanyarwanda bafite umwanya utari mu bambere ariko ni impamvu zo kubura ibiceri kuko nko mucyaro ubahaye amafaranga inzoga zabica bakarangira.
Musubize18.03.2013 saa 04:40
BABA
abagande barabinywa rwose bakabyihanangiriza
Musubize17.03.2013 saa 13:15
niyigena theogene
Iyi nkuru iri interesting, byari kuba byiza kurushaho iyo mugaragaza umwanya w'u Rwanda kuri urwo rutonde.
Musubize17.03.2013 saa 00:35
Paska

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!