Bwa mbere mu mateka y’amarushanwa y’ubwiza mu gihugu cya Libani, abakobwa babiri b’impanga bahataniye ikamba rya Nyampinga, biza kurangira umwe abaye uwa mbere undi aba uwa kabiri.
Urubuga rwa interineti libnanews, rutangaza ko ibi birori byo guhitamo Nyampinga byabaye ku wa 29 Nzeri uyu mwaka byamaze amasaha agera kuri abiri muri Liban, birangira Rina Chibani ari we utorewe kuba Miss Liban 2012, impanga ye Romy itorerwa kuba igisonga cye cya mbere na ho uwitwa Christelle Loutfi aba igisonga cya kabiri.
Ugutangazwa kwa Rina Chibani nka Miss Liban 2012 kwakuyeho ibyari bimaze iminsi bihwihwiswa ko uwitwa Marianne Bechara, umwe mu bakobwa 16 bahataniraga iri kamba ari we uzaba Miss Liban 2012.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Irangi ryo mu cyumba bararamo rigira uruhare mu gusinzira
17.05.2013 |
|
Byateye intugunda iby’isabukuru y’amavuko y’umugore wa Sassou-Nguesso yatwaye miliyoni 1,5$
16.05.2013 |
|
Pologne : Nyuma yo kwibaruka umwana ufite alcool nyinshi ashobora gufungwa
16.05.2013 |
|
Zimwe mu ndangagaciro zikwiye kuranga abashakanye
15.05.2013 |
|
Agashya i Kigali : Imodoka yatereye mu muhanda itagira umushoferi
14.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |