Bigaragambije basaba kwambara utujipo tugufi PRINT VISITS : 79542 COMMENTS: 9 

Bigaragambije basaba kwambara utujipo tugufi


Yanditswe kuya 19-02-2012 - Saa 08:47' na Fiacre Igihozo

Kuwa Gatanu tariki ya 17 Gashyantare, mu gihugu cya Afurika y’Epfo, abantu barenga amagana bigaragambirije mu Mujyi wa Johannesburg baharanira ko bareka abagore bakajya bambara imyenda migufi uko babishaka, biturutse ku kuba mu kwezi kwa cumi n’abiri kw’umwaka ushize, abagore babiri baratawe muri yombi bazira kwambara imyenda migufi.

Benshi muri abo bigaragambyaga, nk’uko tubikesha BBC, ngo nabo bari bambaye utujipo n’udukanzu tugufi, bakaba bari banitwaje ibyapa byanditseho ngo : "We love our minis", bishatse kuvuga “twikundira mini zacu”.

Abagore babiri bakorewe ihohoterwa, bikekwa ko baba bararikorewe n’abashoferi batwara amatagisi, kuko ngo byanabereye ahaparika amatagisi ya minibus mu Mujyi wa Johannesburg.

Abateguye uru rugendo rwo kwigaragambya bakaba bavuga ko bifuza kurandura imyumvire yokamye umuco w’igice kimwe cy’Abanyafurika y’Epfo.

Afurika y’Epfo iri mu bihugu bifite umubare munini w’ibyaha bijyanye no gufata ku ngufu kurusha ibindi ku isi.

Bamwe mu bagabo cyane cyane abakigendera ku muco gakondo ndetse n’abagifite imyumvire y’abanyacyaro, ngo basanga umugore adakwiye kwambara imyambaro ishobora kugaragaza igice cy’ubwambure bwe nk’uko umunyamakuru Pumza Fihlani ukorera BBC i Johannesburg abivuga.

Ihuriro ry’abagore bari mu ishyaka riri ku butegetsi rya African National Congress, ryavuze ko ryahamagaje uru rugendo kugira ngo bumvikanishe banahamye ko umugore afite uburenganzira bwo kwambara icyo bashaka cyose nta kugira ubwoba bw’uko byakwitwa ikosa.

Abategetsi benshi bo muri guverinoma ya Afurika y’Epfo ndetse na guverineri w’intara ya Gauteng, bakaba nabo bari bitabiriye uru rugendo, bifatanya n’abaharanira kwambara imyambaro migufi. Muri uru rugendo kandi minisitiri Lulu Xingwana ushinzwe abagore, akaba yavuze ko ashobora gufungisha iyi gare y’amatagisi ya Johannesburg niba ihohoterwa rya ruriya rwego rikomeje.

IBITEKEREZO
Ahubwo ndabona bambaye ibikubura hasi ! Iyo bambarira hariya umukandara utereye
22.02.2012 saa 13:32
Ying yang
sha babareke bishakire ubwiza aho babukeka kuko ahandi byaranze wangu
22.02.2012 saa 00:45
######
ABA KOBWA NDA BEMEYE KUKO BAHE MBU RAUWISHA KIRAIBINTU UMANZA IWABO NTA BASORE BABAYO NGO BABIBA RANGIRIZE GUSAUTI TONZE BAKWIFATIRA TURIKUMWENAMWE MTURABAKUNDACYANEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEWEEEEEEEEEEEEEEEE
20.02.2012 saa 06:54
twizerimanaclode
AGAHUGU UMUCO ...AKANDI UWUNDI.... Iyo za Canada, Europe n'ahandi mu bihugu byateye imbere, abagabo baho mu kubaduka ngo batere akabariro biragorana, uruviri rwabo ngo rwajemo ingese !!! Niyo mpamvu ba nyampinga baho bakora uko bashoboye ngo babafashe guhagurutsa kajugujugu ku kibuga, bityo akabariro kakabashe guterwa. Ni muri urwo rwego usanga bambara utujipo tugufi cyangwa dusatuye kugera mu maha. Bakambara za Mukondo Wazi, bakambara udushati dutunenze amabere, ku buryo agaragara yose, bakivugisha akajwi nk'ak'umuntu utuye ikivi mu gutera akabariro, bakigendesha ingendo y'abeza (kunyonga ikibuno cyangwa vundesi), kwicara batambikije (batandaraje) imbere y'abagabo, kuganira bari kwikorakora ku mabere no mu bishato, kwambara imyenda ibonerana ndetse no kwambara imbunuzi (ukuri = ubusa) ntibabitinya. Ibyo byose ni ibikabura abagabo bafite ubugabo butinda mu kwihagararaho ngo bwerekane ubugabo bwabwo. Nimwitege ibizakurikira iyi myitwarire nigera ino iwacu muri Afurika, aho izuba ryirirwa ricaniriye amaraso. Abanyafurika bazwi ku isi hose nk'imbangukiragutabara. Ntibazuyaza mu kabariro, ngo ni 4X4 wheel Drive, ba rwesamihigo, ba rukerikibaye, ba rwiyemezamirimo. Niyo mpamvu impanuka zitazatinda kuboneka (gufata ku ngufu), kuko niba umuriro urimo waka, ukongera ukawatsa bishobora gutera impanuka. Umuti ni uwuhe bashiki bacu ? Muti mufite ubwenge ntimugakoreshwe n'igitsina !! Umuhindi w'i Naïrobi niwe wigeze kumbwira ati "HII KITU IKISIMAMA ; HAKILI HUPOTEYA !!!!". Bishatse kuvuga ngo " IYO UBUGABO BUHAGURUTSE, UBWENGE BURASUHUUKA". Ngibyo nguko, ubyumva ukundi abinyumvishe !!!!!
20.02.2012 saa 04:51
bugingo
kombona aba bakobwa bafite ibibero bita byiza byo kwerekana, nibirorere kuko ntacyo byabamarira bitewe n'uko badafite amabengeza. yurebye ikibero ko akaboyo keguka, ariko bariya wapi.
20.02.2012 saa 03:36
ijeke
Ibi bigore byikundira ababifata ku ngufu, bishyuha kubi ! Utitonze byakwica neza neza. Uyu muco mubi wabo ntuzagere iwacu
20.02.2012 saa 03:13
Karaha
@Muhire uwo rubuga ntirugaragara kuko wakoze copy and paste, ubishoboye wabyandika nibwo twabibona byose aho gukora copy and paste. Thanks
19.02.2012 saa 10:24
Giggs
Mwaba mushaka kumenya urubuga ruriho abana bambaye utu minis jupe reba hano ; http://www.afroromance.com/members/...
19.02.2012 saa 09:28
muhire
aha ntibizoroha ! none se kwambara ubusa byatugeza kuki da ? ko mbona aba bakobwa b' Afurika yepho bitababereye !!!!!!!!!!!!lol
19.02.2012 saa 02:52
shishoza

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!