Nyuma y’imyaka 48 batandukanye, ubu bagiye kongera kubana


Yanditswe kuya 3-08-2012 - Saa 14:48' na Umutesi Gisèle

Umugabo n’umugore babanaga bo muri New-York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, b’imyaka 85, bahisemo gusubirana nyuma y’imyaka 48 bamaze batandukanye byemewe n’amategeko.

Hari hashize hafi kimwe cya kabiri cy’ikinyejana, Lena Anderson n’uwahoze ari umugabo we Roland Davis batabonana. Aba bombi batandukanye imbere y’amategeko mu 1964, ubu bagiye kongera gusezerana kuri uyu wa Gatandatu mu birori bizahuza abantu benshi babayeho mu bihe bitandukanye.

Nk’uko tubikesha 7sur 7, Lena na Roland baziranye kuva mu bwana bwabo. Ariko nyuma y’imyaka 20 babana ndetse bakanabyarana abana bane, bari bahisemo gutandukana buri wese akabaho ubuzima bwe bwite.

Mu mezi make ashize, nibwo Roland, wari ugikunda uwahoze ari umugore we, yiyemeje kongera kumusaba urukundo bundi bushya ndetse anamusaba ko babana.

“Buri gihe nahoraga mbitekereza” ibi ni ibyo Roland yasobanuye. akomeza agira ati : “Ntushobora kwibagirwa uwagukunze akakwitaho igihe kimwe mu buzima bwawe”.

Ku ruhande rw’abana babo, kuri ubu babaye bakuru cyane, byarabashimishije cyane kongera kubona ababyeyi babo basubirana. “Ni inzozi za buri mwana ufite ababyeyi batandukanye kongera kubabona biyunze”. Ibi ni ibyatangajwe na Renita, bucura bwabo.

Johnnie, imfura yabo we yagize ati “Ndishimye cyane, ndi kwiyumva nk’umwana w’imyaka 9 kandi ubu mfite 65”.

IBITEKEREZO
uvuze ukuri sha urasobanutse
Musubize7.08.2012 saa 03:54
issa
NIBYO KOKO NANJYE NARABIBONYE .NTARWAHABONEKA DAAAAAAAAAAAAAAAA
Musubize6.08.2012 saa 02:20
######
NIBYIZA CYANE GUSUBIRANA KWABO BAKURAMBERE JYEWE NIFUZAKO BABERA ABANDI URUGERO BAGASUBIRANA MAZE ABANABABO BAKISHIMA
Musubize5.08.2012 saa 11:50
patient
kabisa ni byiza gusa africa no love why tutamenya umuntu wadukunze mu buzima tukirengagiza abavandimwe n'inshuti zacu bikosoke .
Musubize3.08.2012 saa 14:29
niyitanga abdoul-pac
N'UBUSANZWE UBUGABO BUTAGARUKA BUBYARA UBUBWA. HARI BENSHI BYARI BIKWIYE KUBERA ISOMO.
Musubize3.08.2012 saa 13:31
Samusuri
nibyiza ko basubiranye , bagiye kongera gutangira gukundana bundi bushya . iyaba abantu birindaga ikintu cyose cyabatandukanya bakibanira neza mboneraho nokugira inama n'abandi bose batandukanye bakisubiraho bagafatanya ubuzima.
Musubize3.08.2012 saa 09:37
Nyirimana Divine
YEGO DAAA !!!!! AHO YACIYE NTIHACA URWANGO
Musubize3.08.2012 saa 09:18
INAMULATO

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!