Ubushakashatsi bwakozwe mu gihugu cya Tanzania bwagaragaje ko abagabo bo muri iki gihugu bafite ikibazo cyo kuba babasha gutera inda, kuko intanga zabo nta mbaraga zifite. Ibi byagaragajwe na Dr. Henry Mwakyoma mu bushakashatsi yakoze ku iyororoka ry’abagabo muri iki gihugu.
Amakuru dukesha ikinyamakuru cyo muri Tanzaniya The Tanzania Citizen kivuga ko ibi bisobanura ko abagabo 80% badashobora gutera inda.
Dr. Henry Mwakyoma umwarimu mu ishuri ry’ubuganga rya Muhimbili University muri Tanzani, yemeza ko nyuma y’ubushakashatsi yakoze yasanze Tanzania ifite ikibazo gikomeye cyo kutagira abagabo babasha gutera inda ngo umugore abe yabyara.
Dr. Mwakyom avuga ko intanga ngabo z’abagabo bo muri Tanzania zifite imbaraga nkeya, cyane kuburyo bitoroshye ngo igihe ihuye n’intanga ngore abe yasama.
Nk’uko umushakashatsi yabigaragaje, ngo urugendo rw’intanga ngabo rurangirira mu miyoborantanga ngabo (trompes de Fallope de la femme) kubera intege nkeya ziba zazanye.
Uyu mushakashatsi avuga ko ibi bigaragazwa na none n’umubare w’Abatanzaniyakazi bambuka umupaka bajya gushaka urubyaro muri Kenya.
Ikinyamakuru The Tanzania Citizen dukesha iyi nkuru, gikomeza kivuga ko mu abantu 10 bajya kwivuza mu ivuriro rya Aga Khan ndetse na Nairobi ku ndwara z’imyororokere, 4 ku bantu 10 baba baturutse mu gihugu cya Tanzania.
Abatanzaniyakazi ngo uretse kujya kwa muganga kugirango bakemurirwe iki kibazo, ngo banifashisha uburyo bwo (Kwiteza intanga), aho bagura intanga ngabo bakazibatera.
Abahanga mu buzima bw’imyororokere bavuga ko indwara y’ubugumba imaze kuba karande ku Isi, aho umuryango 1 ku miryango 10 iba ifite iki kibazo.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Umugabo yamenweho amavuta ashyushye azira kwanga gutera akabariro
20.05.2013 |
|
Irangi ryo mu cyumba bararamo rigira uruhare mu gusinzira
17.05.2013 |
|
Byateye intugunda iby’isabukuru y’amavuko y’umugore wa Sassou-Nguesso yatwaye miliyoni 1,5$
16.05.2013 |
|
Pologne : Nyuma yo kwibaruka umwana ufite alcool nyinshi ashobora gufungwa
16.05.2013 |
|
Zimwe mu ndangagaciro zikwiye kuranga abashakanye
15.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |