Yakoze ubukwe n’imbwa


Yanditswe kuya 21-11-2012 - Saa 15:37' na Umurerwa Emma-Marie

Umugabo w’imyaka 20 witwa Joseph Guiso ukomoka muri Australia, yashyingiranwe n’imbwa ye yitwa Honey y’imyaka 5.

Nkuko dailymail dukesha iyi nkuru ikomeza ibitangaza ngo Joseph Guiso, yiga muri Kaminuza. Ubukwe bwa Joseph na Honey bwabereye ahitwa Toowoomba Australia, bukaba ngo bwaritabiriwe n’inshuti n’abavandimwe be bagera kuri 30, ndetse n’inshuti za Honey( imbwa) ngo ntizatanzwe kuza kwizihiza ibyo birori.

Abakwe ba Honey na Joseph

Joseph Guiso yabwiye imbwa (Honey) mu ruhame ati ”uri inshuti yanjye kandi utuma ubuzima bwanjye bugenda neza buri munsi”.

Ariko mu byo basezeranye, Joseph yaratangaje ko mu rukundo rwe n’iyo mbwa kuryamana nk’umugore n’umugabo bitairimo.

IBITEKEREZO
Bibaye byiza nkuko, mubanza kugenzura ubutumwa dutanga ku rubuga rwa site yanyu. Natwe ntimukatuzanire ibibonatse byose ngo ni inkuru, hari izo mugonda gucancelling, zikibageraho. Unitile de nous montrer iyi nkuru, mwakabije hano. Ibi ntibyubaka, ahubwo biteye umujinya n'iseseme. Please, muyungurure inkuru mushyira ku rubuga rwanyu.
Musubize22.11.2012 saa 00:31
Muzila
niba udakunda guseka ibuka ko utari kwisi ya wenyine. n"inkuru zutangaje cyangwe se zisekeje twe tuba tuzishaka !!
22.11.2012 saa 04:30
jj
emwe aka s akumiro ?
Musubize22.11.2012 saa 00:11
nteturuye
nikoya hisemo
22.11.2012 saa 07:59
djarudi zurima
emwe aka s akumiro ?
Musubize22.11.2012 saa 00:11
nteturuye
mukanya mukirwa mutegereje irangira ry'isi, Yesu Christo ni wowe mwami.
Musubize21.11.2012 saa 23:46
hb
hahaaa ibihe turimo bizatukoraho
Musubize21.11.2012 saa 13:07
kirenga
Ubwo nyine imbwa zibaye 2 munzu.
Musubize21.11.2012 saa 12:50
uhm
nimureke isi irangire ntakundi hahirwa ubibona akibuka ibyahanuwe bizabaho muminsi y' imperuka
Musubize21.11.2012 saa 11:29
hitimana
Yemwe ibihe turimo ntibyoroshye, ngaho abagabo ku bandi, abagore ntibatanzwe none umuntu nimbwa. Ariko nawe arigusohoza ubuhanuzi. Noneho ejo tuzumva ngo umuntu yakoranye amahano nigiti cyangwa ikindi kintu. Aya si amasezerano ahubwo ni amahano yo mu minsi y'imperuka.
Musubize21.11.2012 saa 10:08
gashwiriri
Ubusekoko ibibabaho mwokabyaramwe simbyumva mubwire.
Musubize21.11.2012 saa 09:26
enkurunziza4@gmail
umurengwe.com
Musubize21.11.2012 saa 09:26
rukara
Iherezo ry'isi ritangiye gutanga ibimenyetso Ibasenga ni mukaze umurego igihe cyo kuza ku mwana w'Imana kiri hafi.
Musubize21.11.2012 saa 08:25
MB
Yesu yaba yarakubwiye ko azaza umuntu yasezeranye n'imbwa ? Hagati ya jenoside( gufata umuhoro ukadukira ijosi rya mugenzi wawe, inshuti yawe, umubyeyi wawe cg umuvandimwe wawe) no gusezerana n'imbwa n'iki kirusha ikindi uburemere ? Ese ko ntigeze numva muvuga ngo amahano ya jenoside asobanuye ko Yesu agiye kuza ! Icyo nashakaga kukubwira wowe Gashwiriri, nuko uvanga ibintu. Aliko se ubundi ninde uzi iherezo ry'isi uretse uwayihanze ? Ikibaye cyose kidasanzwe ngo YESU araje, imperuka iraje ! Ese ahubwo ko uvuga imperuka, uzi intangiriro ? Ntimugakabye !!!!!!!!!!!!!!!!
22.11.2012 saa 00:37
Gaudence
bibiliya iti:ubisoma abyitondere !murakoze
22.11.2012 saa 04:49
umurerwa
Gaudence, buri wese agira imperuka ye, imperuka y' umuntu iba iyo apfuye kandi kuri we isi ibirangiye ,ariko nti twirengagize ibyanditswe n' abahanuzi bigaragari igihe isi izaba igeze ku mperuka yayo , gusa buri wese aba afite uko abona ibintu niba we abona igiye kurangira nuburenganzira bwe, gusa tujye twitegura kuko buri wese ntazi imperuka ye ari ryari .Imana idufashe
22.11.2012 saa 05:01
bazina
1 | 2

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!