IGIHE.com > Amakuru

Uwashinze urubuga nkoranyambaga rwa facebook yarongoye


Yanditswe kuya 20-05-2012 - Saa 17:12'

Mark Zuckerberg yahinduye “status”, ye kuri facebook, Ubu ntikiri “In relationship”(afite uwo bakundana), ahubwo yabaye “Married”(afite uwo barwubakanye).

Abahoraga barota kuzakundwa n’umuhungu w’umuyahudi, ariko w’umunyamerika, Mark Zuckerberg wamenyekanye cyane nk’uwashinze urubuga nkoranyambaga rwa “facebok”, ruri mu zikoreshwa na benshi cyane ku isi, basubize amerwe mu isaho, kuko noneho yashyize akarushingana na Priscilla Chan.

Kuri uyu wa gatandatu nibwo imbuga nyinshi za internet zatangaje ko umuherwe w’imyaka 28, Mark zuckerberg, ufite miliyari zigera kuri 19,1 z’amadolari ya Amerika, akaba ariwe ubarwa nk’umuherwe ukiri muto wabyigejejeho ntawe ubimuraze, yaraye ashyize agasezerana n’umukobwa bari bamaze igihe bakundana, ku mugoroba w’ejo hashize tariki ya 19 Gicurasi 2012.

Nk’uko BBC yabyanditse, ubwo abantu batumirwaga mu munsi mukuru mu rugo rwa Zuckerberg i Palo Alto muri California, bacyekaga ko bagiye kwizihiza impamyabumenyi ya Priscilla Chan w’imyaka 27, cyangwa kwizihiza isabukuru y’imyaka 28 ya Zuckerberg, ariko baza gutungurwa no gusanga umunsi batumiwemo ari ubukwe bw’aba bombi.

Uyu muryango mushya wabyemeje, wambikana impeta muri iki cyumweru turangiza, ukaba ubayeho nyuma y’uko Zuckerberg na Chan bari bamaranye imyaka icyenda bakundana ubwo bhahuriye bwa mbere muri kaminuza ya Harvard, aho Zuckerberg yaje no gushinga facebook muri 2004, iyi ikaba yaratumye aba icyamamare n’umuherwe, kugeza magingo aya.

Nyuma y’uko Zuckerberg ashinze facebook byatumye ava mu ishuri, bityo we n’inshuti ye y’umukobwa, ariwe Priscilla Chan, kuri ubu wabaye umugore we, bahita bava muri Leta ya Massachusetts, iherereyemo Harvard University, bajya i Palo alto, muri Calfornia, aho Chan yahise akomereza amashuri ye muri Kaminuza ya Calfornia mu ishami ry’ubuvuzi, akaba yararangije muri iki cyumweru gishize ubwo n’umugabo we yizihizaga isabukuru y’imyaka 28, dore ko yavutse tariki 14 Gicurasi 1984.

JPEG - 82.4 ko
Mark-Zuckerberg n’umugore we Priscilla-Chan bari bamaranye igihe kirekire bakundana

Ubu bukwe ababutashye bose batangajwe n’ukuntu umuntu w’umuherwe kandi ukiri muto, nka Zuckerberg, ubukwe bwe bwakozwe mu buryo bwororheje, ndetse anatunguranye, kuko ngo impeta y’ubukwe bwe yari ikoze muri diyama (diamand), mu buryo bwashushanyijwe na nyirubwite, Zuckerberg.

JPEG - 71.8 ko
Mark Zuckerberg n’umugore we Priscilla Chan ubwo barushingaga
IBITEKEREZO
Nshimishijwe no kuba twaravukiye itariki imwe nubwo ntacyo bivuze arimo uyu muherwe w'umusore rwose nkunze ukuntu yoroheje ibintu.Abasore n'inkumi rero mwumvise ibyo mwirirwa mwizengereza ngo murashaka ubukwe buhenze mwabyiboneye.
Musubize17.07.2012 saa 00:54
Analyst
urugo rwiza rutangwa nimana,ubukwe bwose arubwa menshi, make bwose nubukwe.gusa Imana yakubakiye ntibireba ubwamenshi, make
Musubize9.06.2012 saa 00:59
Gahima anna
Bwabuze kuba bwarabayese ? ahubwo abantu iyo batabonye ibyubusa ntibanyurwa ukaka iguzanyo ugakora ubukwe bwangira ugasigara wishyura uhagayitse abandi bigaramiye mark we uzi economy peeee !!
Musubize5.06.2012 saa 02:31
######
Yanze kuguza Bank kubera ubukwe.
Musubize30.05.2012 saa 13:25
Denys
Ubundi nibyo bigezweho kubera aba baya
Musubize30.05.2012 saa 06:33
baha
Shinwakazi !!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!
Musubize24.05.2012 saa 05:36
imagine
Ariko wambwira ko umuntu nkuyi impamvu akora ubukwe butazwi kubera iki koko ?!Usibye gukunda cash gusa !!Njye ntago nemeranya nabantu bakora ibyamirenge badafite mirenge,ariko rwose ubukwe nikinru kiba gikeneye kwitabwaho uko biringombwa.Ahubwo twemeranye ko hari abantu bumva bayigwizaho akabakoresha gusa bo batayakoraho...Kuyagira menshi ni byiza ariko ntakibi nko kuyagira ntakugaragareho.Aravumye kweli.Arutwa nanjye ufite make atankoresha..
Musubize23.05.2012 saa 15:41
simbi
Muntu.usenge ibibamuri.zambia. ntibizagere muRWANDA ahoshitani irigukora kumugaragaro inganda.zikomeye zikoresha umubare.666 icyintu.uzajya ubonaho nimerozirihasi zikabokamo imibare666 naho.itaba.ishoreranye. nukugisengera mbere yokugikoresha imana.iturinde
Musubize22.05.2012 saa 17:25
Amuza
UYU NIWE WIZE AZI AGACIRO K'IFARANGA NAKO IDORARI
Musubize22.05.2012 saa 05:07
NSENGIYUMVA
mark ni uwa imbere.!!!!!!!
Musubize22.05.2012 saa 04:43
sandohhh
Kiriya gikobwa yazane ni kibi wangu nubwo bwose ari umuherwe ariko ntabwo azi guhitamo.
Musubize21.05.2012 saa 14:52
Maniragaba Franco
Marc zuck NUMUNTU USANZWE CYANE urebye ni myenda ya mbara irasanzwe:MR OBAMA aherutse kumuvugiraho mu Rwenya aho yavuze ko yatumye MARC zUCK YAMBARA ikositime kuko baribahuye so bivuga ko bizwi ko yiyoroshya cyane.
Musubize21.05.2012 saa 09:51
rc
uzi abantu birirwa biruka mubantu ito bagiye gukora ubukwe babita , bamasenge, muyomba, nyogokuru, mudogo, mubyara, nibindi nibindi ntazi bashaka ifaranga ngo ryatuma bakora ubukwe bukomeye kandi bamara no kuva gukora ubwo bukwe ntibibuke no guha mwiriwe abo birirwaga biruka inyuma bashaka intererano, puuuuu njye nzakora ubwo nzabasha ntampamvu yo kwihanika , mugihe aba boss nkaba babukora bidakabije kandi bakabana neza nabafasha babo
Musubize21.05.2012 saa 09:35
bubu
Jyewe uriya muhungu nako uriya mugabo uwamungeza imbere ngo ngire icyo mwibariza.
Musubize21.05.2012 saa 08:19
Agas
uyu ni umuntu w'umugabo rwose ! nta bikabyo afite nta no kwiyemera afite, mbega azi icyo gukora, ndakwemeye peeeeeeee ! iyaba n'abandi bahungu bameraga nkawe, bakamenya gukora , ubundi bakagira urukundo, ubundi bakamenya no gukoresha amafranga neza nta kwiyemera no kwiyerekana uko batameze. bakwigireho Zuck we !
Musubize21.05.2012 saa 07:36
Mukobwa
Ubwenge butandukanye nubwirasi. Amafaranga yakoresheje mubukwe azayakoresha afasha abakene nk'abo mu Rwanda ( Byumvikane ko atariho honyine). Ikibabaje ni uko abo bakene usanga aribo babuze urukundo ahubwo bakikunda, ugasanga bakora ubukwe by'ikirenga butari no kurugero rwabo. Umurengwe kandi ubukene bunuma. Impala nizo zaririmbaga ngo twizirike umukanda twirinde kwaya kand ubukene bunuma. Umusaza ngo turi ba bazumva ryari ?
Musubize21.05.2012 saa 06:27
Zuba
Ariko man ntana ga photo koko ?nabo bakabije kwitera icyuma kabisa uriya ni umuherwe (star) yagombye gutumira stars byibura 200 kandi ubukwe bwagombye kuvugwa bien avant !ariko aguhugu umuco akandi uwundi !(diversite culturelle) no criticisme about,njye niimbukora ni gutumira mwese mukazatu mukazinywa ntaribi kabisa si ubuzimase !
Musubize21.05.2012 saa 03:06
Gaby
baraberewe cyane,congs.Natwe twagombye kureba uburyo bworoshye bwogukora amakwe atari 5000 000 kandi nayo yinguzanyo ahahahah birarenze kabisa.
Musubize21.05.2012 saa 02:13
Kongwe
ubukwe bwiza ariko akomoka mukihe gihugu ?
Ubukwe buhenze busigaye mu Rwanda gusa ariko abakobwa bazajya babigenderamo(bahere ku ishyiga).
Musubize21.05.2012 saa 01:17
Patropy
1 | 2

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!