Nyuma y’aho abatuye mu mudugudu wa Hill View Estates uherereye mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali bakomeje kwinubira uburyo bahugujwe na Sosiyete DN International ihagarariwe na Nathan Lloyd, ubu Leta ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB iravuga ko yahagurukiye kureba uburyo iki kibazo cyakemuka ariko kandi ikanagira ibyo isaba abaguze ayo mazu.
Itangazo dukesha Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB riravuga ko nyuma y’ibirego byagaragajwe n’abaguzi b’amazu ndetse na ba nyiri amazu aherereye mu mudugudu wa Hill View Estates i Masaka, Guverinoma y’u Rwanda iri kugerageza gushaka igisubizo kizafasha abantu bose barebwa n’icyo kibazo.
Iri tangazo rikomeza rivuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere kigira inama abantu bose kutagira ibikorwa bajyamo birebana no kugura cyangwa kugurisha amazu ya DN International cyangwa na Nathan Lloyd, haba mu birebana n’amazu ari mu mudugudu wa Hill View Estates cyangwa hanze yawo, keretse bibaye mu rwego rwo gukemura iki kibazo kandi bikamenyeshwa umwanditsi mukuru w’ibigo by’ubucuruzi (Registrar General) kugeza iki kibazo gikemuwe.
RDB kandi nk’Ikigo cy’Igihugu gifite mu nshingano zacyo kurengera inyungu z’abashoramari kikanakumira icyahutaza ubuzima bw’abakorana nabo bose, irasaba abantu bose kwihangana mu gihe barimo kureba uburyo cyakemurwa byihutirwa ; ariko na none igashimangira ko abantu bazarenga kuri ibi byavuzwe muri iri tangazo bazirengera ingaruka zabyo.
Hejuru ku ifoto hari amwe mu mazu yubatswe mu Mudugudu wa “Hill View Estates” i Masaka
Inkuru byerekeranye
Ku nshuro ya 2 hasubitswe cyamunara y’amazu y’i Masaka
http://igihe.com/spip.php?article18233
Masaka : N’ubwo bishyuye akayabo ku mazu agezweho, Fina Bank igiye kuyateza cyamurana
http://igihe.com/spip.php?article15185
Kubera uburiganya yakoreye abaguze amazu ye, Nathan Lloyd yatawe muri yombi
http://igihe.com/spip.php?article15268
Itangazo dukesha Ubuyobozi bwa Rwanda Development Board.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Ku ncuro ya kabiri Tumba College iratanga impamyabushobozi
30.03.2013 |
|
Ubutumwa bw’umuyobozi w’Umujyi wa Kigali kuri Yubile ya FPR Inkotanyi
20.12.2012 |
|
Ngororero : Abanyangorero baba i Kigali bazahura kuri iki cyumweru
24.10.2012 |
|
Itangazo : Ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli
6.10.2012 |
|
Ushobora kwitabira amarushanwa yo kwandika mu Gifaransa
12.01.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |