Umuhanzi King James umenyerewe mu ndirimbo z’urukundo hano mu Rwanda, ndetse benshi biyumvamo cyane urubyiruko ngo yaba yisubiyeho ku cyemezo cyo kutazongera gukora indirimbo mbere y’ukwa Nyakanga kuva aho ashyiriye ahagaragara Album “umuvandimwe”.
Ruhumuriza James uzwi nka King James, ni umusore wamenyekanye cyane mu ndirimbo ziganjemo iz’urukundo, aha twavuga nka Naratomboye, Ntamahitamo, Narashize, Kuki unsize, Ese warikiniraga, Birandenga, n’izindi, ndetse akaba amaze kwegukana ibihembo byinshi akesha umuziki n’abakunzi be, aha twavuga nka Salax Award aho yegukanye ibihembo bigera kuri bine ndetse akaba ari no mu bahatanira PGGSS II.
Umuhanzi King James nyuma yo gushyira ahagaragara Album ye ya kabiri yise “Umuvandimwe” ndetse yanegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Salax Award, kuva aho ayimuritse yahisemo gutangariza abakunzi be ko nta yindi ndirimbo ateganya gushyira ahagaragara mbere y’ukwa karindwi (Nyakanga) bitewe n’indirimbo nyinshi yari amaze gushyira ahagaragara kandi icyarimwe, ariko ubu yisubiraho, mu kiganiro na IGIHE arabanura icyabimuteye.
Ati : “Mu by’ukuri nubwo nari natangaje ko indi gahunda yo gukora igihangano gishya iri nyuma ya Nyakanga, ariko kwihangana byananiye, kuko nashyize ahagaragara indi ndirimbo nshya yitwa “Palapala” kubera urukundo nkunda abafana banjye”.
Uyu muhanzi kandi akomeza avuga ko iyi ndirimbo ituma abantu banyeganyega yayiteguriye abakunzi b’umuziki we muri gahunda ya PGGSS II, muri Road Shows zisigaye zose.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Jason Derulo yasuye abarwayi muri CHUK
29.07.2012 |
|
Umuhanzi Jason Derulo yataramiye Abanyarwanda mu gusoza irushanwa rya PGGSS II
28.07.2012 |
|
Jason Derulo yagiranye ikiganiro n’Abanyamakuru
28.07.2012 |
|
Inama Tom Close agira abahanzi 2 bageze Final
25.07.2012 |
|
Jason Derulo azagera I Kigali kuwa Gatanu nijoro
23.07.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |