Abanyarwanda bigaga muri Kaminuza ya "Notre Dame Indiana" bahawe impamyabumenyi


Yanditswe kuya 15-08-2012 - Saa 06:40' na Richard Irakoze

Abanyarwanda bo muri Diaspora ya Indiana na Michigan (muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika) bashyigikiye abanyeshuri b’Abanyarwanda barangije muri Kaminuza ya Notre Dame iri muri Leta ya Indiana, ari bo Dina Mbabazi na Masengesho Joseph bombi bigaga muri Engineering and science Entrepreneurship masters.

Ibi birori byabereye muri Michiga Niles Inn& Conference Center, kuwa 11 Kanama 2012.

Ubwo yafatanga ijambo, uhagarariye Diaspora ya Michigan na Indiana, Gatete Gaetan, yashimiye abarangije, abakangurira kuzaba urumuri aho bazajya hose, bihesha agaciro bagakoresha ubumenyi bwabo neza mu nyungu zabo bw’ite ndetse no ku z’igihugu cyababyaye.

Abanyarwanda barangije ni aba : Dina Mbabazi na Masengesho Joseph (washinze urubuga Inyarwanda.com)

Mu bandi bafashe ijambo harimo ushinzwe Urubyiruko n’Umuco muri Diaspora ya Indiana na Michigan Rutsobe Nsengiyumva, ari nawe watangije ibirori, nawe washimye abarangije.

Yibukije kandi urubyiruko rwo muri Oklahoma Christian University n’urwo muri Indiana na Michigan ko rugomba kwiyubaka mu bumenyi rugakomeza guhesha u Rwanda agaciro, no kuruteza imbere mu majyambere.

Mu munezero mwinshi n’ubwuzu abarangije bashimiye byimazeyo Diaspora ya Indiana na Michigan ku nkunga babateye kugira ngo umunsi mukuru wabo ugende neza, babasezeraniye ko nabo bazababa hafi bagakomeza gukorana.

Nyuma yaho hafashwe ifoto y’urwibutso y’urubyiruko rw’Abanyarwanda rwiga muri Kaminuza ya Oklahoma Christian University n’urwa Diaspora ya Indiana na Michigan nk’ikimenyetso cy’ubumwe no gukorana mu guteza imbere u Rwanda.

IBITEKEREZO
sha nibyiza cyane Dina wanditse amateka akomeye cyane ubutwari bwawe uzabubyaze umusaruro
Musubize28.08.2012 saa 08:29
boofet
congratulations MBABAZI
Musubize19.08.2012 saa 14:47
SIWE
Dina tu l'as fait et tu feras plus dans ta vie ma grande. Courage muri byose kandi Imana izabane nawe iguhe kugera ku byo wifuza byose mu buzima. You deserve it my little sis.
Musubize17.08.2012 saa 08:33
Nono
Uyu mutype Masengengesho sinarimuzi ariko nzi Inyarwanda.com niba ariwe wayishinze ndamukunze bakora ibintu byiza ! Go go goooooooooooo !
Musubize15.08.2012 saa 07:28
kk

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!