Abanyarwanda baba murI Poland bizihije Assomption


Yanditswe kuya 18-08-2012 - Saa 02:13' na IGIHE

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wa Assomption Kiliziya Gatorika yo muri Poland ifatanyije na itatanyije n’ihuriro ry’Abanyarwanda baba m muri icyo gihugu, ku italiki ya 15 Kanama 2012,mu mujyi wa Lupca.

Ni muri gahunda bise ”Umunsi w’umwana w’umunyafurika”, ahari hatumiwe abantu batandukanye barimo n’abanyamahanga bingeri zose, biganjemo abo muri Afrika, ariko by’umwihariko u Rwanda rukaba arirwo rwatanze n’ikiganiro.

Iyo gahunda ikaba yatangijwe n’igitambo cya misa yayobowe na Padiri Jacek Dziel wari ukuriye iyo gahunda afatanyije na Padiri wari watumiwe avuye mu Rwanda, hakurikiraho ikiganiro cyatanzwe n’uwari ahagarariye abanyarwanda baba muri Poland, biganjemo abanyeshuri Dusabe Patrick, aho yavuze ku bibazo bitandukanye by’Afurika, ariko yibanda cyane no ku Rwanda mu gutanda ibisubizo n’inzira yo gusohoka mu makimbirane, aho bose barebaye ku rugero rw’u Rwanda aho rwavuye aho rugeze naho rugana, tutibagiwe n’amahano ya Jenoside yagwiriye u Rwanda mu mwaka wa 1994.

Dusabe Patrick yanavuze no kuri gahunda yo kwihesha agaciro nk’Umunyafurika byumwihariko nk’Umunyarwanda.
Iyo gahunda yaje gusozwa n’ibitaramo bitandukanye byarimo amakorali n’amatsinda aririmba mu mijyi itandukanye.

IBITEKEREZO

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!