Tariki ya 1 Nyakanga 2012, mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 ishize u Rwanda rubonye “ubwigenge” ndetse n’imyaka 18 ishize u Rwanda rwibohoye, High Commission y’u Rwanda muri Afurika y’Epfo yateguye umunsi mukuru witabiriwe n’Abanyarwanda basaga 250 batuye muri Afurika y’Epfo, Swaziland, Mozambique na Angola.
Nk’uko twabitangarijwe n’umwe mu bakozi ba High Commission y’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, uyu munsi mukuru wizihijwe mu rwego rwo gusubiza amaso inyuma ariko hanatekerezwa kuri ejo hazaza. Yari kandi n’umwanya wo kwishimira ibyagezweho mu myaka 18 ishize u Rwanda rwibohoye.
Mu ijambo yagejeje kuri abo banyarwanda batuye mu gice cy’amajyepfo y’Afurika, High Commissioner Vincent Karega uhagarariye u Rwanda muri Afurika y’Epfo yabifurije isabukuru nziza, ababwira ko kwihizihiza umunsi w’ubwigenge bitavuze ko hari uba wiyibagije ibi byajyanye n’ubwo bwigenge.
Mu ijambo rye yibanze cyane ku mumaro wo gusubiza amaso inyuma mu rwego rwo kubaka ejo hazaza heza. Yasabye Abanyarwanda kugira uruhare rufatika mu kurushaho kubumbatira ibyagezweho.
Yagarutse ku byagezweho n’inkiko Gacaca, ubwishingizi mu by’ubuvuzi kuri bose, gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9, kuba uburezi bwarahawe umwanya ukwiye, iterambere mu by’ubukungu, itahuka ry’Abanyarwanda barenga miliyoni 3, ndetse no kuba u Rwanda rwarabashije kwihesha agaciro mu ruhando mpuzamahanga.
Ibi birori byasusurukijwe n’umuhanzi Masamba Intore wasubije ababyitabiriye mu bihe byo hambere ubwo yabaririmbiraga indirimbo nyinshi mu za herekeje urugamba rwo kwibohora.
Hari kandi umuhanzi w’umunyarwanda utuye I Johannesburgh witwa Munezero Jean Roger uzwi cyane mu ndirimbo yaririmbanye na The Ben bise “Uzaba uza” wafashe umwanya wo gusangiza abitabiriye ibi birori zimwe mu ndirimbo ze nshya.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Mu Bubiligi : Abanyarwanda baritegura kwitabira Rwanda day London 2013 bashyizeho umwete
13.05.2013 |
|
Zimbabwe : Hibutswe Jenoside yakorewe Abatutsi
11.05.2013 |
|
Urubyiruko rurenze 300 ruba hanze y’u Rwanda mu Itorero ry’Igihugu muri Kanama
10.05.2013 |
|
Abanyarwanda babiri basohoye Filimi nshya ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
10.05.2013 |
|
Charleroi : Abanyarwanda bibutse ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi
10.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |