Gasabo Minisitiri w’intebe yamaganye abacukura umucanga bitemewe n’amategeko


Yanditswe kuya 28-12-2012 - Saa 07:48' na Marie Chantal Nyirabera

Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasabye abacukura umucanga i Kinyinya guhagarika gucukura, hakazacukurwa hatanzwe amabwirizwa ngenderwaho y’ubucukuzi butabangamiye ibidukikije n’imiturire.

Minisitiri w’intebe Dr Habumuremyi asura ibikorwa bitandukanye mu Karere ka Gasabo, yasabye abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Akarere guhagurukira ikibazo cy’abacukura umucanga bitemewe.

Minisitiri Dr Habumuremyi yagize ati ”Abayobozi ni mwe bireba mugomba kubahiriza amategeko, kandi abacukura bitemewe mukababuza …”.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kinyinya, Mberabahizi Lemon Chretien Uwayezu, yavuze ko ubucukuzi bw’ umucanga bukorwa n’abikora rwihishwa, abandi bakawucukura nijoro.

Abanyamabanga nshingwabikorwa bo muri Gasabo batangaje ko umuntu umwe ariwe wari wemerewe gucukura, kuko yujuje ibyo yasabwe akanubahiriza amategeko yasabwe yo kutangiza ibidukikije, kandi agasiba ahacukuwe. Ariko hari ikibazo cy’abajemo babikora rwihishwa.

Mberabahizi Lemon Chretien yagize ati” Tugiye kwegera abacukura umucanga mu murenge wa kinyinya, turebe uburyo bikorwamo neza bitangije ibidukikije kandi bitanahagaritse ibikorwa by’ubwubatsi”.

Umuyobozi w’ Umujyi wa Kigali Fidele Ndayisaba yasabye aka Karere guhagarika abacukura n’abaza gupakira umucanga. Ubwo yasabaga ibyo hari imodoka za FUSO zari zirimo gupakira,babibona n’amaso .

Yabasabye ko haba muri Kinyinya no mu murenge wa Gisozi wagaragayemo imicanga ipakirwa, bahagarika gucukura mu kajagari, bagategereza amabwiriza bazagendereho mu gucukura.

Hamwe mu hacukuwe umucanga, hagenda haba agasi kandi abacukura ukabona basatira ahatuwe n’abantu, bibangamiye inyubako z’abantu n’ibidukikije.

IBITEKEREZO

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!