Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije REMA, kiratangaza ko ikibazo cy’imihindagurikire y’ibihe ari ikibazo kiri ku Isi yose. REMA ivuga ko u Rwanda rwagezweho n’iki kibazo gikomoka ku byuka bihumanya byoherezwa mu kirere n’ibihugu bikize cyane ku Isi. Iki kibazo ngo cyafatiwe ingamba.
Umuhoza K. Laetitia ushinzwe itangazamakuru muri REMA yabwiye IGIHE ko ibihugu bikize bifite inganda nyinshi na tekinoloji nyinshi zisohora ibyuka bihumanya. Ibi byatumye habaho imyuzure n’inkangu byateje ikibazo cy’ibiza.
Umuhoza agira iti : « Ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe zitera imvura nyinshi zidasanzwe kandi zitavira igihe. Ibi byateje imyuzure n’isuri ndetse n’inkangu ».
REMA ivuga ko ikibazo cy’imyuzure gituruka ahanini ku bintu bitatu ari byo : Kuba ubutaka bwarangijwe bugakoreshwa ibyo butagenewe nko gutura mu bishanga, gutema amashyamba ubutaka bugatwarwa n’isuri n’inkangu hamwe n’ ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.
Ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe zateye imvura nyinshi zidasanzwe zaguye mu bihe bitunguranye. Ikigo cya REMA cyafashe ingamba mu kubungabunga ibidukikije.
REMA iragira iti : « Mu ngamba twafashe harimo kubungabunga ibidukikije muri rusange, haterwa amashyamba, habungabungwa inzuzi n’imigezi nk’uko itegeko ribisaba no kwimura ibikorwa byose biri mu bishanga bikongera kubungabungwa ».
Ikigo cya REMA gitangaza ko mu kubungabunga ibidukikije hakozwe gahunda y’imyaka itanu ijyanye n’ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije.
Muri iyi gahunda ibidukikije bizakomeza gucengezwa mu zindi nzego (mainstreaming) binyujijwe mu nyigisho no gushyiraho amabwiriza.
Hazanakurikizwa gahunda y’imbaturabukungu y’igihugu ya II mu kubungabunga umutungo kamere n’imihindagurikire y’ibihe bikazitabwaho.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Ikigega GEF mu kunganira u Rwanda mu kubungabunga ibidukikije
14.05.2013 |
|
Nyamagabe : Abangizi b’amashyamba babangamiye ibisi bya Huye
5.05.2013 |
|
Isomo rivuye mu Rwanda, Sénégal mu nzira yo guca amasashi ya Palasitike
29.04.2013 |
|
Inganda z’ibinyobwa muri Afurika ziratungwa agatoki mu gukoresha amazi menshi
26.04.2013 |
|
Guverinoma z’ibihugu hari icyo zisabwa mu ibungabunga ry’Amashyamba
22.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |