Mu nama mpuzamahanga iherutse kubera muri Brazil yasanze ku Isi hose hari ikibazo k’ibidukikije, ni muri urwo rwego REMA na BRD bakoranye inama n’Urugaga rw’Abikorera kuwa kane tariki ya 23 Kanama kuri Sport View Hotel barebera hamwe uburyo bagera ku iterambere ryita ku bukungu n’iterambere rirambye, ariko kandi hanabungwabungwa ibidukikije.
Ushinzwe amategeko muri REMA, Ntaganda Vénuste yavuze ko kugira ngo ibidukikije bigumye kubingwabungwa neza hashyizweho amategeko, imirongo ngenderwaho n’amabwiriza.
Ntaganda yasobanuyeko abakora umucuruzo cyane cyane abanyenganda bakwiye kwita ku bidukikije, kuko babikenera mu mikorere yabo ya buri munsi. Yakomeje avuga ko REMA igitanga icyerekezo cyo kurwanya imyuka mibi ihumanya ikirere, amazi, ubutaka n’ibindi kandi usanga akenshi bituruka mu nganda.
Mu nama mpuzamahanga yabereye i Rio muri Brazil, basanze iterambere rirambye rigerwaho ari uko habungabunzwe ibidukikije, akaba ariyo mpamvu basanze abakora ubucuruzi bagomba kubahiriza amategeko, no gukoresha ikoranabuhanga rigezweho kugira ngo ubucuruzi bwabo bukure buhangane ku rwego mpuzamahanga.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Ikigega GEF mu kunganira u Rwanda mu kubungabunga ibidukikije
14.05.2013 |
|
Nyamagabe : Abangizi b’amashyamba babangamiye ibisi bya Huye
5.05.2013 |
|
Isomo rivuye mu Rwanda, Sénégal mu nzira yo guca amasashi ya Palasitike
29.04.2013 |
|
Inganda z’ibinyobwa muri Afurika ziratungwa agatoki mu gukoresha amazi menshi
26.04.2013 |
|
Guverinoma z’ibihugu hari icyo zisabwa mu ibungabunga ry’Amashyamba
22.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |