Inyamaswa zo muri Afurika zigezwe kure n’abahigi b’Abanyaburayi


Yanditswe kuya 20-01-2012 - Saa 13:14'

Inyamaswa zo mu gasozi (harimo n’izigenda zizimira) zikomeje kwicwa mu buryo bw’ubuhigi bwemewe mu maparike amwe y’Afurika, bukorwa cyane cyane n’abakerarugendo b’Abanyaburayi n’Abanyamerika.

Igiteye inkeke si ukwicwa kw’izo nyamaswa gusa, ikibi ni uko hakanagerekwaho kwifotoreza ku mirambo yazo nk’uko bigaragara mu ifoto, aho uyu muryango w’abantu bakomoka Ibwotamasimbi wifotoreje n’ishema ryinshi kuri aka gasumbashyamba (giraffe) wari umaze kwica ako kanya ubwo bari mu biruhuko muri Afurika.

Nk’uko The Sun cyabyanditse, ngo hari benshi nk’aba bemera kwishyura amaeuros agera ku bihumbi 12, ni ukuvuga hafi miliyoni icyenda yose mu manyarwanda kugirango babashe gusa kuza guhiga izo nyamaswa mu buryo bwemewe bazice. Izibasirwa cyane zikaba ari iz’ingabo kuko ngo arizo zikunze kuba nini.

Dr Julian Fennessey ukorera umuryango ushinzwe kurengera no kubungabunga giraffe, avuga ko abakunze gukora umuhigo wa giraffe ari abakomoka cyane cyane mu Bwongereza, ariko undi mubare munini cyane ari uva muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, u Budage, u Burusiya, hamwe n’abava mu bihugu bya Scandinavia mu Majyaruguru y’u Burayi.

Dr Fennessey akomeza agira ati : “bamwe muri aba bishimira kwifotoreza iruhande rw’imirambo y’udusumbashyamba bamaze kwica, abandi bo bagera n’aho babaga izi nyamaswa bagatwara nk’umutwe wayo mu rwego rwo kugirango bajyane urwibutso. Hari n’ababika agapande k’uruhu rwayo.”

Mu bihugu nk’Afurika y’Epfo, Namibia na Zimbabwe, guhiga izi nyamaswa biracyemewe n’amategeko nyamara kuva mu mwaka w’1988, umubare wazo waragabanutse bifatika uva ku bihumbi 140 ugera ku bihumbi 80, ndetse muri Angola, Mali na Nigeria ho zirahacika burundu.

Joe Duckworth uri mu bagize ihuriro rirwanya imikino y’ubugome we asanga kwica ziriya nyamaswa ari ukwikunda gukabije Ati “ntibyumvikana ukuntu abantu bamwe babona kwica ziriya nyamaswa kugirango babashe kwifotoreza iruhande rwayo yapfuye ari ibintu bisanzwe .”

Umwe mu bafite akanacuruza ibikorwa by’ubuhigi muri afurika yepfo utarashatse ko amazina ye yagaragazwa mu itangazamakuru yihagararaho kubw’ibi bikorwa. “ibi ni ubuhigi bwemewe n’amategeko, bukorwa n’ababigize umwuga kubutaka bwigenga.”

N’ubwo bene ubu buhigi bwemewe kubera amafaranga y’ikirenga buzanira ababugenzura, hari inyamaswa zimwe na zimwe zagiye zibuzanwa kongera guhigwa kubera ukugabanuka kwazo gukabije. Aho hakaba harimo nk’inkura (Rhinoceros).

Inkura yishwe igakurwa ihembe

Benshi mu badashimishwa n’ibi bikorwa byo guhiga no kwica inyamaswa bavuga ko atari ngombwa rwose kwica inyamaswa kugirango ubashe kuyiforezaho kuko binashoboka kuyifotoreza iruhande ari nzima.

Uwitwa Frédéric Charliers agira ati : “Ubundi byakabaye byiza cyane kubasha kwifotoreza iruhande rw’inyamaswa ari nzima, kandi bikanatwara amafaranga make n’inyamanswa ikagumya kwishimira kubaho. Abantu nabo bajya baba ibicucu iyo babishatse.”

IBITEKEREZO
They call the Third World the lazy man’s purview ; the sluggishly slothful and languorous prefecture. In this realm people are sleepy, dreamy, torpid, lethargic, and therefore indigent—totally penniless, needy, destitute, poverty-stricken, disfavored, and impoverished. In this demesne, as they call it, there are hardly any discoveries, inventions, and innovations. Africa is the trailblazer. Some still call it “the dark continent†for the light that flickers under the tunnel is not that of hope, but an approaching train. And because countless keep waiting in the way of the train, millions die and many more remain decapitated by the day.We are as stagnant as the water in the lake. They come in Africa with their large boats and fish minerals and wildlife and leave morsels. That’s our staple food,. The Bwanas (whites) take the cat fish and get what they want and we get what you deserve, amatiku n’inzangano. That’s what lazy people get, Africans, the entire Third World.â€
Musubize27.01.2012 saa 07:30
Abe
@###### Ibyo ni ibiki sha uba uzana by'inka yarembye.
Musubize20.01.2012 saa 23:34
bbb
IBYO NTIBINTANGAJE JYEWE HO N'AGATO. MU GIHE BIKOZWE N'ABAZUNGU. ABANYARWANDA BAGIRARA BATI : umwijuto w'ikinoko ugiranago imvura ntizagwa Kandi ngo ukize yibagirwa gukinga. Ntabwo byumnikan'uko muri bino bihugu bakora. Baravuga kandi ngo : Ntimurora ko amafranga akundrwa kur'ushukuri ? Ariko ikosa s'iry'muzungu wisabiye guhiga, ikosa n'uwemera gusesa hasi umutungo w'igihugu, aha ngo arifuza menshi y'inyongera. Ejo se nibazirangiza bazica ngo bafit'uburenganzira bwo guhiga, ejo abandi bazungu bazaza kurora izihe ? Twizere ko ubwo bupfayongo butazihanganirwa mu Rwanda.
Musubize20.01.2012 saa 16:39
BAKA
Hari umuntu watanze igitekerezo kizima nubwo atashyizeho amazina ye, inyamaswa sinkabantu ngo bamenye uko babana, zo ikora ibyo ibonye niyo mpamvu haba hagomba kumenyekana mubare wiziho izishaje zikicwa iziribwa zikaribwa ahubwo RDB (ORTPN) icyo kintu bazakigeho.
Musubize20.01.2012 saa 16:24
Puculi
njye ndabona iriya mikino yo kwica inyamanswa atari myiza niba koko baba bashaka kuzifotorezaho bajye bazira za nshinjye zituma zisinzira , nyuma yo kwifotoza bazireke nazo zibereho. nanhubundi buriya nubugome bubi bafite mumitima yabo ntabwoa ri umukino
Musubize20.01.2012 saa 15:02
stuation
UBU NI UBUGOME BURENZE URUGERO. KUKO BARASHAKA GUGABANYA INYAMASWA ZIZANA BA MUKERARUGENDO MURI AFRICA !!!! NTIMUKABE INJIJI NGO MUKABYE DII
Musubize20.01.2012 saa 09:45
igitangaza
Ibi nta kibazo byagombye kuba biteye kandi birakorwa mu bihugu byose bikize cg byateye imbere. Icya ngombwa ni uko bikorwa neza kandi hagendewe ku nyigo zifatika iki nicyo abo muri ibyo bihugu baturusha. Aha byumvikane ko habanza gukora ubushakashatsi bwimbitse hakamenyekana ngo hari inyamaswa zingana gutya, ingabo n'izi, ingore n'izi, izikuze n'izi.... bityo bakamenya ngo zororoka gutya twishe mo izingana gutya ntacyo byatwara ahumbwo izisigaye zabasha kubaho neza kandi zitangije ibidikikije n'ishyamba. Gusa ntiwica iyo ubonye yose, ( imbyeyi ihaka cg iyonsa kirazira !!). None se ku nka byo si ko bikorwa. None se inyamaswa y'ingabo iyo ibyaye kabiri iba ikimaze iki ahubwo ko ishobobora no kubyarana n'izayo ( uretse ko mu rwego sciences bisa n'aho bidashoboka) ikaba yateza ibibazo by'imyorokere ? Ikibazo abirabura bagira ni ukumiragura iby'abazungu bavuze kuki banga ko tubikora iwacu bo bakabikora iwabo ndetse bakaza no kubikora iwacu ???? Nge ibi bintu by'ubuhigi mbirimo kuva hafi imyaka icumi kandi mbikora mu bihigu bitandukanye, iyo ndebye ukuntu ari business yakwinjiza amadevise mu bihugu byinshi nk'iwacu hagasaguka amatoni n'amatoni y'inyama, ariko abantu bagenda babihindura umuziro kandi kenshi batanabyumva neza birambabaza. Ubu se muri park y'akagera muzi hari inyamaswa zingahe ? zororoka zite ? amoko atandukanye abanyemo ate ? ese ishyamba rirazihagije ? Nta muntu n'umwe ushobora kugusubiza ku mpamvu zishobora kuba zituma inyamaswa zisigaye zisohoka zikica abaturage, abantu bigize incabwenge bihutira kubaka uruzitiro, ese ingaruka zarwo zarizwe ? byose ni reforme ni biba ngombwa ko turusenya tuzarusenya bimaze kugaragara ko rutakemuye ikibazo nabyo birashoboka. Utarahiga cg ngo arye inyama y'ishyamba ntiyakumva ibyo mvuga. Guhiga ni umuco kandi ni umukino wiyubashye, n'abami bacu barabikoze, uwa nyuma ukomeye uherutse kubikora ni kaddafi muri France, 2007. Abo bazungu baziburanira ni nk'ababuranira aba gay n'aba lesy. Abandi ejo bazaza batubuze kunywa amata kandi bo bayanywa bakarya na fromage !
Musubize20.01.2012 saa 08:29
######
Inyangabirama gusa. Bizabamarira iki ko akari cyera bazatahurwa bagakanirwa urubakwiye !
Musubize20.01.2012 saa 06:28
cyusa

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!