Imbuga z’itumanaho zikoresha mu buzima bwa buri munsi nka Facebook, zifasha abantu ibyishimo, ibitekerezo ndetse n’amafoto. 83% y’igihe bamara kuri Facebook n’indi mirongo y’itumanaho, abantu bakunze kubeshya ku buzima bwabo ariko cyane cyane abagore. Ubushakashatsi bwakozwe bugaragaza ko1/3 cy’abagore bakunze kubeshya cyane ku rubuga rwa Facebook.
Nk’uko tubikesha Gent Side, ubushakashashatsi bwakozwe ku bagore 2000 bo mu gihugu cy’u Bwongereza, bugaragaza ko 1/3 cyabo babeshya nibura rimwe mu kwezi ku mirongo itandukanye y’itumanaho bakoresha.
Bimwe mu byo bakunze kubeshyaho harimo akazi bakora n’uburyo biteje imbere, uburyo banywa inzoga nyinshyi kandi cyane, ukuntu bagize ibihe byiza mu biruhuko ndetse ko bafite urugo rwiza cyane. Benshi muri bo bakunze kubeshya ko bari ahantu kandi mu by’ukuri bari mu rugo bonyine.
Zimwe mu mpamvu zituma bakunda kubeshya kuri Facebook, ngo harimo ko batinya kugaragara nk’abataratera imbere bagendana n’ibigezweho, bafuhira ibyo bagenzi babo bandika, batinya kutagira icyo na bo bandika kandi baba bifuza kwigaragaza mu bandi.
Dr Michael Sinclair atangaza ko kumara igihe kinini kuri Facebook cyangwa indi mirongo y’itumanaho, bituma umuntu abaho wenyine, ntagire umwanya wo kugira izindi nshuti uretse izo kuri Facebook n’ahandi, kandi ntabashe kuvugisha ukuri ku buzima bwe.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Ikigo cya Iwawa cyemerewe umurongo wa internet
6.05.2013 |
|
Nyuma y’imyaka hafi 18 utangirwa hanze, umurongo “.rw” uri gutangirwa mu Rwanda
4.05.2013 |
|
Kigalilife ikomeje kubera benshi inyoroshyo mu kurangirana ibikenerwa bya buri munsi
2.05.2013 |
|
RDB yatangije icyumweru cy’ubujyanama mu kurinda umutekano w’ibikorerwa kuri internet
29.04.2013 |
|
Hagiye guhuzwa itumanaho hagati ya Kigali n’indi mijyi mikuru ya EAC
26.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |