Porogaramu ya Notax kugeza ubu ifasha ibigo by’amashuri bitandukanye gukora lisiti n’impapuro z’amanota y’abanyeshuri aho babasha kuyabona hifashishije internet hakoreshejwe telefone na mudasobwa.
Mu nama yahuje impuguke mu ikoranabuhanga zavuye ku isi zo mu bihugu bisaga 20 yabereye i Kigali kuya 5 kugeza kuya 7 Nzeri 2012, Umuyobozi wa Sosiyeti Artsoft ltd y’ikoranabuhanga ikorera mu Rwanda, Ntaganzwa Roger yavuze ko porogaramu ya Notax bakoresha ifasha mu guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi aho abanyeshuri babasha kubona amanota yabo bifashishije uburyo bwa Notax bikanorohereza ibigo gukora no gutangaza manota y’abanyeshuri bigize vuba.
Umuyobozi wa Notax Programm yabwiye IGIHE ko iyi porogaramu yihutisha imirimo yo gukora amanota y’abanyeshuri hakorwa indangamanota n’ibijyana na yo.
Yagize ati "Kaminuza Gatolika ya Kabgayi barayikoresheje. Notax ni uburyo bwihutisha gutangaza amanota y’abanyeshuri.”
Kuri ubu muri ULK na bo barabukoresha bikihuta kandi mbere ULK byaratwaraga amezi 2 hakorwa amanota y’abanyeshuri.
Ariko kuri ubu porogaramu ya Notax ibafasha gukora amanota mu minsi itarenga itatu ku banyeshuri basaga 12,000.
Yakomeje agira ati "Notax ifasha abanyeshuri kubona amanota yabo aho bari hose, igihe babishakiye kuko ikoreshwa no muri za terefone zifite umurongo wa internet zigendanwa. Umunyeshuri aho ari ababasha kujya ku rubuga bagashyiramo nimero ye biyandikishirizaho ku kigo ari yo imuranga bityo akabasho kureba amanota ye.”
Ngo iabi bituma n’ababyeyi babasha gukurikirana amanota y’abana babo mu gihe bazi nimero y’ibaranga bikabafasha kumenya imitsindire y’umwana.
Ku bigo by’amashuri makuru bifasha mu gukora indangamanota kuko bituma badatinda kuzikora binorohereza abarimu akazi, umwanya bari kuzateranya bareba afite amanota make n’abatsinze neza byose porogaramu ya Notax irabyerekana ikabikora mu buro bwihuse.
Iyi Porogaramu kuri ubu ikoreshwa na sosiyeti y’ikoranabuhanga mu Rwanda Artsoft ltd yabashije gufasha mu burezi aho mu bigo by’amashuri yisumbuye bya College de Kigoma, Ste Marie Reine n’ahandi bayagaragaje umusaruro mu gukora indangamanota byihuse abanyeshuri bakazifatira ku gihe.
Iyi sosiyeti ivuga ko izakomeza gufatanya n’ibindi bigo bitazi iyi porogaramu mu guteza imbere imirimo y’uburezi no mu gutangaza amanota y’abanyeshuri.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Ikigo cya Iwawa cyemerewe umurongo wa internet
6.05.2013 |
|
Nyuma y’imyaka hafi 18 utangirwa hanze, umurongo “.rw” uri gutangirwa mu Rwanda
4.05.2013 |
|
Kigalilife ikomeje kubera benshi inyoroshyo mu kurangirana ibikenerwa bya buri munsi
2.05.2013 |
|
RDB yatangije icyumweru cy’ubujyanama mu kurinda umutekano w’ibikorerwa kuri internet
29.04.2013 |
|
Hagiye guhuzwa itumanaho hagati ya Kigali n’indi mijyi mikuru ya EAC
26.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |