MTN Rwanda mu kurushaho kunoza serivisi z’itumanaho PRINT VISITS : 8757 COMMENTS: 2 

MTN Rwanda mu kurushaho kunoza serivisi z’itumanaho


Yanditswe kuya 22-02-2012 - Saa 08:15' na Ishimwe Samuel

Mu nama n’abanyamakuru yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gashyantare, MTN Rwanda yatangaje ko igiye kuvugurura serivisi zayo, nyuma y’uko mu minsi ishize habaye ibibazo by’itumanaho.

MTN Rwanda yatangaje ko ibibazo by’itumanaho byakuze kugaragara muri iyi minsi byaturutse ahanini ku zindi sosiyete zibagemurira itumanaho, aho urutsinga rw’umuyoboro rwacitse.

Khaled Mikkawi, Umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda, yatangaje ko mu rwego rwo gukemura ibi bibazo, bongereye umuyoboro ndetse bakongera iminara ikoresha ikoranabuhanga rya 3G kuri 30%.

Yagize ati :"Nk’isosiyete y’itumanaho iri gutera imbere, turi gukora iyo bwabaga mu kongera ibikorwa remezo ndetse no gufata neza abakiriya harimo no kongera iminara ikoresha ikoranabuhanga rya 3G".

Umuyobozi wa MTN Rwanda yogeyeho ko mu ishyira mu bikorwa no igegerageza ry’ibi ibikorwa remezo, hazabaho ingaruka ku bakiriya, ati :"ni nko kuvugurura umuhanda, utagize ibibazo by’umubyigano w’imodoka."

Khaled Mikkawi yasobanuye ko uretse gahunda yo kuvugurura ibikorwa remezo, bahuye n’ikibazo cy’umuyoboro EASSY unyura hagati ya Djibouti na Sudani wacitse ukagira ingaruka kuri sosiyete z’itumanaho.

Yijeje ko ubu bari gukemura ibi bibazo ndetse ko muri iki cyumweru itumanaho rizaba ari ryose nkuko bisanzwe. Umuyoboro wa EASSY uherutse gucika niwo ugemura itumanaho rya MTN Rwanda kuri 80%, ni ukuvuga ko nyuma y’iki kibazo, MTN yasigaye ikoresha 20% by’itumanaho ritangwa n’umuyoboro wa TEAMs.

Ubuyobozi bw MTN kandi bwatangaje ko bagiye no gukemura ikibazo cy’itumanaho rya telefoni za BlackBerry, aho bazayongera ubushobozi bwa internet.

IBITEKEREZO
ngaho mugabanye nibiciro mureke kuduhenda
22.02.2012 saa 01:19
billy
MTN niyisubireho , ntibyumvikana ukuntu wamara imyaka icumi ukorera mu gihugu , buri munsi bahora bakurega ibintu bimwe gusa , kandi ntiwisubireho. Kubyerekeranye n'ibibazo bya Internet , wasobanura ute ukuntu warangura kuli Compony imwe EASSY ibaha 80 % ya service iha aba clients bayo nta na Back up ufite ? ni ukuvuga 80 % nijya down , abaclients bawe barasigarana service ya 20 % ???? Gusobanura ibyo bintu birakomeye mu rwego rwa Technique .
22.02.2012 saa 01:08
Paul

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!