Batatu bagiye k’Ukwezi bwa mbere baracyariho


Yanditswe kuya 18-07-2012 - Saa 12:31' na René Anthère Rwanyange

Hashize imyaka 42 abantu ba mbere bakandagiye ku butaka bwo k’Ukwezi. Abo bose ni Abanyamerika kandi abagezeye bwa mbere bose baracyariho, bageze mu kigero cy’imyaka 82.

Ikigo cy’Abanyamerika gikora ubushakashatsi mu bijyanye n’ikirere (NASA), cyohereje abantu bwa mbere ku kwezi ku wa 17 Nyakanga 1969, bagiye muri Apolo ya 11. Kugira ngo bagereye byabafashe iminsi itatu.

Nk’uko tubikesha Ijwi ry’Amerika, abantu ba mbere bagiye ku kwezi ni Abanyamerika batatu, Neil Alden Armstrong, Edwin Buzz E. Aldrin, Jr. na Michael Collins. Bageze k’Ukwezi, uwari uyoboye abandi baderevu ba Apolo 11, Neil A. Armstrong, yarasohotse akandagiye bwa mbere ku butaka bw’aho, yaravuze ati : “Aka ni agatambwe gato cyane ariko ni intambwe ihambaye cyane y’inyokomuntu.”

Urwo rugendo rwabo, rwakurikiranwe n’abantu ku mateleviziyo bagera kuri miliyoni eshanu, ibigo 36 by’itumanaho byohereza muri NASA abanyamakuru bagera ku 3,497 baturutse mu bihugu bya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, u Buyapani, u Butaliyani, u Bwongereza, u Bufaransa, u Budage, Aligentine, Mexique, Canada, Spain, Brazil, Romania n’ibindi.

Inshingano y’ingenzi ya Apolo 11 yari ukugeza abantu k’Ukwezi bwa mbere na mbere mu mateka kandi ikabagarura ku Isi ari bazima.

Icyo gihe abaderevu bajyaga ku kwezi, abasigaye ku Isi bo nta cyizere bari bafite ko bazagaruka kuko na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika wariho icyo gihe, Richard Nixon, yari yateguye disikuru yari kuvuga iyo baza kuzimira.

Abo baderevu bagarutse ku Isi nyuma y’iminsi umunani, bazana amabuye yo ku kwezi apima ibiro birenga 20, yaje guhabwa abashakashatsi bo mu bihugu binyuranye kugira ngo bayige, bamenye uko Ukwezi guteye.

Basize k’Ukwezi ibendera rya Leta Zunze ubumwe z’Amerika n’ibyuma bya gihanga bizabafasha gukomeza ubushakashatsi. Basize yo kandi n’icyuma cyanditseho ngo : “Aha hakandagiye abantu baturutse ku Isi, bahakandagiye bwa mbere mu kwezi kwa Nyakanga 1969. Twazanwe n’amahoro ku nyokomuntu yose aho iva ikagera.” Kuri icyo cyuma hariho imikono y’abo baderevu uko ari batatu n’uwari Perezida wa Amerika Richard Nixon.

Basizeyo kandi imidari itatu, umwe wari ukoze nk’ishami ry’umukindo, ari cyo kimenyetso cy’amahoro ; undi wariho inyandiko y’amahoro ya ba Perezida Dwight D. Eisenhower, John F. Kennedy, na Lyndon B. Johnson bigeze kuyobora Leta zunze Ubumwe z’Amarika n’uwariho icyo gihe Richard Nixon n’abandi bayobozi b’ibihugu 73 byo ku Isi.

Umudari wa gatatu wariho amashusho ya Vladimir Mikhaylovich Komarov na Yuri Alekseyevich Gagarin bo mu cyahoze ari Repubulika Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti, imfura za mbere zagendeye mu byogajuru birimo abantu.

Kuva ku rugendo rwa mbere k’Ukwezi muri Nyakanga 1969 kugeza mu 1972, abandi bantu 12 bagiye k’Ukwezi inshuro esheshatu, bose ni Abanyamerika nta wundi muntu uragerayo.

Uvuye ibumaso ujya iburyo : Armstrong, Collins na Edwin

Bariya batatu bagiyeyo bwa mbere, bose baracyahumeka umwuka w’abazima bavutse mu 1930. Armstrong azuzuza imyaka 82 ku wa 5 Kanama 2012, Edwin yayujuje ku wa 20 Mutarama 2012 na ho Collins azayuzuza ku wa 31 Ukwakira 2012.

IBITEKEREZO
esekukwezi habayo alien
Musubize26.09.2012 saa 10:06
shaffy
mumba barire munsubize
Musubize26.09.2012 saa 10:00
shaffy
ese ko mutanshubije kukibazo nababajije
Musubize26.09.2012 saa 09:56
shaffy
ese mukwezi habayo za alien
Musubize26.09.2012 saa 09:21
shafyy
nonese kuki ntabandi bo myindi migabane bari bajyanayo kugirango nabo bahamye ibyo bintu.Cyangwa ni abarozi
Musubize9.08.2012 saa 08:14
Ninziza Astere
nonese kuki ntabandi bo myindi migabane bari bajyanayo kugirango nabo bahamye ibyo bintu.Cyangwa ni abarozi
Musubize23.07.2012 saa 06:29
gakobwa
Ahaaaa ntibakababeshye nonese ko batubwira ngo kukwezi nta wuka ubayo kandi tukaba tuzik umwuka ugizwe n'umuaga kuki batwereka ibendera rihuhwa n'umuyaga ??????????????? Baratumaze batbeshya niyo baba baragiyeyo ntibaba barajyanywe n'ibyiza turabazi.
Musubize20.07.2012 saa 08:30
kajisho
kbsaaa babwire !!!!
20.08.2012 saa 14:26
sihjcsi
bravo
Musubize18.07.2012 saa 22:52
ingabire
bajya he, barabashuka
Musubize18.07.2012 saa 15:05
nnnnnnnn
Aba bagabo ni abahanga n'ibihangange rwose !!!!!!
Musubize18.07.2012 saa 09:35
bienvenue
Bibiliya iravuga ngo naho watumbagira icyari cyawe ukagishyira mukirere cg munda yisi aho naho ukuboko kwanjye kugerayo. IMANA niyo nkuru ibindi nubushakashatsi.
Musubize18.07.2012 saa 09:06
a
Ni ubushakashatsi nyine. Imana ntitubuza ubushakashatsi kuko yaduhaye isi ikavuga iti "Nimukore isi muyigire neza" Nta bwo rero tugomba kwicara ahubwo gukomeza gushakashaka icyateza imbere ubumenyi n'imibereho.
21.08.2012 saa 04:35
Nyamara hari amakuru ajya avugwa ko ngo NTAHO BAGIYE ! Kandi ngo INTEGO yari iyo kureba uburyo bari kuzashyira MISSILES ku kwezi zo KURASA MU BURUSIYA (Cold War/Guerre Froide) ....
Musubize18.07.2012 saa 08:27
K
Mba kuriye ingofero, no one can’t doubt on your determination, mwabaye intwari kuzagera kundunduro y'ubuzima bwa muntu.
Musubize18.07.2012 saa 07:07
Big fun
ko mutatweretse amafoto yabo kuri ubu ?
Musubize18.07.2012 saa 06:57
dieudonne
ese ko numva ngo nabadereva,bari batwaye iki kugirango kibagezeyo ?
26.07.2012 saa 03:12
yego

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!