Kuki bamwe bahitamo kwirihira muri za Kaminuza zo hanze y’u Rwanda ?


Yanditswe kuya 31-01-2012 - Saa 19:44'

Muri iki gihe usanga umubare w’abatari bake baba barangije amashuri yisumbuye mu Rwanda bahitamo kujya kwiyigira muri za Kaminuza zo mu karere cyangwa mu mahanga ya kure ngo kuko haba hahendutse cyane kurusha mu gihugu.

Bamwe mu baganiriye na IGIHE.com biga birihira bavuze amafaranga bakoresha mu kwiga no gucumbika mu bihugu baba bigamo ari make kurusha ayo bakoresha mu Rwanda ku kwiga gusa.

Muteze wiga muri imwe muri Kaminuza iri mu mujyi wa Kampala muri Uganda avuga ko yoroherezwa kuko uyu mujyi uhendutse haba ku kubona ifunguro ndetse no kwiga.

Yagize ati : “Mbona kwiga mu Rwanda bihenze kuko nakoresha amafaranga arenze miliyoni ebyiri z’amanyarwanda ku mwaka umwe kandi muri Uganda nkoresha atageze kuri miliyoni n’igice y’u Rwanda, nahisemo kuhiga kuko binyorohera bitewe n’uko ubuzima buhendutse.”

Bizimana wiga muri imwe muri Kaminuza iri mu mujyi wa Mumbai mu Buhinde avuga ko za Kaminuza zo muri iki gihugu zakira abanyamahanga benshi bava mu bihugu byo muri Afurika by’umwihariko kuko batanga amafaranga y’ishuri make.

Ati : “Aha kuhagera nibyo bihenze kuko wiyishyurira indege ariko amafaranga y’ishuri arahendutse kuko ubu Abanyarwanda batari bake basigaye bafata gahunda zo gukomereza amasomo yabo y’icyiciro cya kaminuza ino, by’umwihariko ku baba bishyurirwa n’imiryango yabo cyangwa abatabonye bourse”.

Ibi kandi byemezwa na Dr. Erasme Rwanamiza, umuyobozi mukuru ushinzwe uburezi muri Minisiteri y’uburezi ; ubwo yaganiraga na IGIHE.com yavuze ko ubuzima muri ibi bihugu Abanyarwanda bajya kwigamo buhendutse kurusha mu Rwanda, ibi rero ngo bijyana n’uko igiciro cy’uburezi muri ibyo bihugu nacyo kiba kiri hasi.

Dr. Rwanamiza yagize ati : “Mu by’ukuri ntabwo mbonamo itandukaniro rikabije ry’amafaranga, kuko ubuzima i Kampala buhendutse ugereranyije n’i Kigali, ibi bijyana n’uko muri Uganda igiciro cy’uburezi kimanuka kuko nabwo buri mu buzima muri rusange.”

Yongeyeho ati : “Kugeza ubu nta bushakashatsi bwimbitse bwakozwe ngo harebwe impamvu n’umubare w’Abanyarwanda bahitamo kujya kwiga mu bihugu by’amahanga biyishyuriye kuko hahendutse, ariko tuzi neza ko mu Rwanda hatarabura abana biga mu mashuri ngo ni uko hari abagiye kwiga hanze y’igihugu”.

Umuti w’iki kibazo

Dr. Rwanamiza yabwiye IGIHE.com ko mu minsi ya vuba hateganyijwe inama izahuza abayobozi ba za kaminuza za leta mu Rwanda ngo haringanizwe amafaranga y’ishuri yishyurwa.

Uwo muyobozi agira ababyeyi inama y’uko bajya bashishoza mbere yo gushakira amashuri abana babo mu mahanga kuko hariho za kaminuza zitemewe mu ruhando mpuzamahanga. Yongeyeho ko iyo hari urangije amasomo ye muri izo kaminuza azana impamyabumenyi ye akayereka inama y’igihugu y’uburezi (HEC), ikaba ariyo yemeza ko ifite agaciro.

Prof. Geoffrey Rugege, Umuyobozi w’inama y’igihugu y’uburezi, mu minsi ishize nawe yagize icyo avuga kuri iki kibazo cy’uko abanyeshuri barangije mu mashuri yisumbuye mu Rwanda bahitamo gukomereza amasomo yabo hanze ; aha yavuze ko ibyo nta kibazo biteye ahubwo ko hari henshi bajya kwiga kandi batahakura ireme ry’uburezi rirusha iryo bakura mu Rwanda.

Yagize ati : “Benshi biga iyo mu mahanga usanga iyo bageze ku isoko ry’umurimo mu Rwanda, abize ino babatwara akazi.”

Urubuga African Brains ruvuga ko ikigereranyo cy’amafaranga yishyurwa muri za kaminuza muri Uganda hakubiyemo kurya no kuryama ari amadolari y’Amerika 2,000 ku mwaka umwe.

IBITEKEREZO
Abana biga hanze ko batatubwira impamvu ziba zarabajyanyeyo(aba Kampala nibo bagerageje). Abiga mu Buhinde batubwire ibjyanye n'amashuli yaho,amashuli meza na school fees zikenewe,hamwe na accomodation fees. N'abiga muri Malaysia bazatubwire ayaho uko ameze.
Musubize5.03.2012 saa 04:19
Rangira
Abana biga hanze ko batatubwira impamvu ziba zarabajyanyeyo(aba Kampala nibo bagerageje). Abiga mu Buhinde batubwire ibjyanye n'amashuli yaho,amashuli meza na school fees zikenewe,hamwe na accomodation fees. N'abiga muri Malaysia bazatubwire ayaho uko ameze.
Musubize5.03.2012 saa 04:19
Rangira
Kuki muvuga ko nta reme ry'uburezi dukura hanze kandi bamwe mu bayobozi bakuru b'igihugu cyacu abana babo twigana hano muri Inde mu mujyi witwa Chidambaramba, muba mwarabohereje mwibeshye, mujye mwivugira icyo mushaka, GUSA N'IKIBAZO NI MUKIBONERA UMUTI MUZABA mukoze naho ibindi byo mubyihorere kuko ijoro ribara uwariraye. Aha muvuga ko abize mu rwanda badutwara akazi murabeshya cyane kuko ntimwasebya igihugu cyanyu nk'umuyobozi. Usibye no mu rwanda n'i Burayi turapiganwa kdi turakabona pe
Musubize29.02.2012 saa 12:19
Krishinan
baba batubabaza cyaaaaaaaaaaaaneee !!!!!!!! icyiza ni uko bajya bicecekera. nonese akavuga ko iyo nama izaba ryari ? hanyuma imyanzuro igatangira gukurikizwa ryari ?
Musubize11.02.2012 saa 12:35
mukosa
Byo mu Rwanda kaminuza zirahenda cyane cyane Masters, kugirango uyigondere ntibyoroshye
Musubize6.02.2012 saa 06:49
Kamuhanda Everiste
mubyihorere njye niga unr kandi ndirihira rwose ibifaranga batwaka birandya iki mbabaje wanara ngiza ukabura akazi da ngo twihangire imirimo capital yo ivuyehe
Musubize2.02.2012 saa 00:41
bigg boss
none se uwo Rwanamiza ko abana be biga muri france na USA niho hahendutse kurusha mu rwanda ra ?????
Musubize1er.02.2012 saa 15:58
xejo
education mu Rwanda nigicumba. mwari mwabona umwana wumuboss wiga inaha ? inaha bapfunyikira abana amazi kandi bakabavunira ubusa.tuve kuri kaminuza kuko umwana apfiramwiterura..na education de base. (primaire) ntakigenda rwose. usanga ababyeyi birwanaho bashakira abana abarimu mu rugo ? ntaho byabaye kandi umwana aba yiriwe kwishuri
Musubize1er.02.2012 saa 10:54
be cool
Arukwirihira no kutirihira byose ni kimwe,kwitwa ko wahawe bourse warangiza ntubone amafaranga ya bourse byo se bimaze iki ?reka birihire nuko bayafite.ntibabura byose.
Musubize1er.02.2012 saa 10:50
mucyo pascal kevin
reka bayarye sha ,nonese ko tugihumye ,ubwo niduhumuka tukabona igihombo tuzashakisha umuti w'ikibazo , Ni ko kwisi bimera iyo umuntu akiri umwana mu mibare abandi baramubarira,cyangwa bakamwonka nonese habuze Iki abarimu se ,amashuri se iki ubu se za Primaire ntizirara zifunze ubu se abantu ntibazigiramo dore ko ari natwe tuzubaka ,nonese ubona mu Rwanda Education itakiri kure ubu se abakongo mani ntibirirwa bayora amafaranga ngo baratuvura Ariko kuki Ministeri y"uburezi itareba kure ,Ari ko ndibaza ikibazo system y'Urwanda ikomeza ibintu byo KWIGA reba nk'ukuntuiniversity zabaye nk'ibigirwamana kwigamo ni ugutanga amamiriyoni ?Reka ntange igitekerezo dufite ubuhanga ,dufite n'abahanga ,Aho kwigira harahari Ministri nishireho uburyo bwo kwiga Nijoro Abantu bishyire hamwe bashyireho university Cyangwa mbere yo gushyinga universite agafaranga karavugiriza nonese biterwa niki ?
Musubize1er.02.2012 saa 09:47
kababu
urebye nkabantu biga mubihugu byateye imbere nku bushinwa ndetse nubuhinde byonyine training babona kubera uburyo abanyeshuri boroherezwa wareba abanyamahanga baba baje gushakayo ubumenyi bufite ireme nawe wakwisubiza aho usanga ibihugu hafi yabyose muri africa ndetse no muri america uzasanga abahinde,abanya islaheri,na bashinwa munzego zose wareba umunyeshuri urangije mu rwanda ugasanga rwose turacyari hasi tujye twemera imbaraga nke zacu ahubwo dutangire dukosore ibitagenda neza ubundi ayo madollar agume mugihugu murakoze
Musubize1er.02.2012 saa 07:50
paul
Ikibazo si amafaranga ahubwo ni ireme ry'uburezi ryaguye hasi hano i rwanda ! ibyiza ni ukubwiza abanyarwanda ukuri mukarekeraho gushakira ibisubizo aho bitari............ahubwo ikigiye kuzakurikiraho bagiye kuzahimbahimba itegeko rishyira amananiza kubajya kwiga hanze !! mugihe abana babo bose biga hanze !
Musubize1er.02.2012 saa 07:03
murenzi
tujye tuvugisha ukuri rwose bajyama,kuko ntabwo wafata university ifite international qualification ngo igereranywe na national qualification ahubwo jyewe igitekerezo natanga nimureke umwana ushaka kujya gukurikirana amasomo ye hanze agende yendereye amasomo ye ubundi yitegereze n'imikorere y'ibihugu byo hanze.ubundi aze namwe abamenemo ubwo bumenyi kuko simwe mubwanze.ahubwo nuko abishoboye mu rwanda ari bake ubndi ndumva umubare w'abanyeshuri biga hanze wakwiyongera.
Musubize1er.02.2012 saa 06:46
98877
none se ko ngewe nageze muri belgique ngasanga amashuri yo mu rwacu bayaha agaciro gakomeye bemeza ko mu rwanda biga pe ikimenyi menyi ministère de léquivelence yemera diplome zacu à part que ugomba kwihugura muri français kuko twari twarahindutse lea anglo............. ntimukisebye kuba biga hanze hari impanvu nyishi s'ukugaya harimo na liberté dusigaye turusha abahandi banyarwanda tugezweho kuisi hose muri byose
Musubize1er.02.2012 saa 03:36
betty
Njye mbona abarangiza ntakintu na gato baba bafite kuko umuntu asaba professional internship wareba umusaruro ugasanga nta karimo. Ibi bituma ureba nka butare UNR apres 2006, abana benshi ari abaswa mu kazi even those of sfb gusa bazi ururimi rumeze nkurabana bo mu mihanda
Musubize1er.02.2012 saa 03:19
ntwari
Dr.Rugege,nta reme ry'uburezi rihari mu Rwanda,ubu ndi umunyeshuri muri ISAE-BUSOGO byitwa ko niga muri système ya CBL(aho umuntu yiga akurikije crédit nta période y'ibizamini ibamo),ariko ubu kuwa mbere nzatangira ibizamini 15 mucyumweru 1 kandi nihagira ikintsinda nzirukanwa,baradukoresha nkabiga muri modula sysitem kandi atariyo wigamo,wabaza uti twiga muyihe sysitem VRAC ati nanjye sinyizi, kandi bagatora amategeko ko uzakora séssion azazishyura.Nta reme ahubwo ni stress.Muturenganure wenda wowe Karemangingo yakumva.
Musubize1er.02.2012 saa 02:16
Dunkey
Nibagabanye amafaranga, wambwira gute ukuntu bihanukira bagaca umwana w'umunyarwanda 1 2000 000 muri kist umwaka umwe gusa, nonese byibura baba barebye income abanyarwanda bafite , nizo nizimwe mu mpamvu
Musubize1er.02.2012 saa 01:57
vale
GUKOSOZA : NDAHAMAGARIRA ABASHINZWE URU RUBUGA GUHINDURA AMASAHA BADUSHYIRIRAHO KUKO ATAJYANYE N'AYO MU RWANDA. BYABA BYIZA MUSHYIZEHO ISAHA YO MU RWANDA. NANDITSE COMMENT UYU MUNSI NYAMARA HANO BANDITSE KO NAYITANZE EJO HASHIZE !!!
Musubize1er.02.2012 saa 00:50
Mondele
Dr Rwanamaniza uvuga ireme ry'uburezi bwo hanze yiyibagije ko abarimu baza kaminuza zo mu Rda mugihe gishize barabahinde cyane cyane muri KIST ni butare muri computer science nibarebe ikibazo gihari kuko amafranga ava mugihugu ajya hanze yohererezwa abana bu RWANDA ni menshi kandi igihugu kibihomberamo kuko iyo ni over importation
Musubize1er.02.2012 saa 00:47
kajangwe AIME
Mu rwanda amashuri yarahendutse ugereranyije nohanze kdi ibyo minisitri avuga nde meranya nawe kuvuga ko wiga hanze ni bisobanura ko degree yawe iri kuri level muzamahanga kdi biterwa ni gihugu wigamo kuko ibihugu bifite system ya education nziza birahenda kdi mujye mu menya ko akeza kigura.
Musubize1er.02.2012 saa 00:34
king
1 | 2

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!